Amb. Karabaranga yasuye REG BBC mbere y’uko itangira gukina BAL 2022
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Jean Pierre Karabaranga, yasuye Ikipe ya REG BBC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League ryatangiye kubera i Dakar ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Werurwe 2022.
REG BBC iri mu Itsinda rya mbere “Sahara Conference” riri gukinira muri Dakar Arena yo muri Sénégal, iratangirira kuri AS Salé yo muri Maroc kuri iki Cyumweru, tariki ya 6 Werurwe, saa kumi.
Imyitozo yayo ya nyuma yabereye muri NBA Academy y’i Dakar ku wa Gatandatu, yitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Jean Pierre Karabaranga, ari kumwe na Mugwiza Désiré uyobora Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Basketball (FERWABA).
REG igiye gukina BAL ku nshuro ya mbere, ifite abakinnyi umunani bashya muri 13 izakoresha muri iri rushanwa. Muri abo harimo Abanyamerika Cleveland Thomas na Anthony Rashad Walker, Umunya-Nigeria Joy Ighovodja, Habimana Ntore usanzwe ukina muri Canada, Axel Mpoyo ukina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Pierre Thierry Vandriesshe ukina mu Bufaransa.
Aba biyongereye ku bandi basanzwe bakina mu Rwanda barimo Ndizeye Ndayisaba Dieudonné wa Patriots BBC n’Umunye-Congo Pitchou Manga ukinira APR BBC mu gihe abasanzwe muri REG BBC ari Adonis Jovon Filer, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, Shyaka Olivier, Kaje Elie na Kami Kabange.
Iyi kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe ingufu izatozwa n’Umunyamerika Robert John Pack Jr yungirijwe na Henry Mwinuka wayihesheje igikombe cya Shampiyona yari imaze imyaka itatu idatwara.
Undi mukino uteganyijwe kuri iki Cyumweru ni uhuza US Monastir yo muri Tunisia na Ferroviário da Beira yo muri Mozambique guhera saa Moya n’igice.
Umukino ufungura irushanwa wabaye ku wa Gatandatu, warangiye Dakar Universite Club (Sénégal) itsinzwe na Seydou Legacy Athletique Club (Guinée) amanota 85-70.
Amakipe 12 yo mu bihugu bitandukanye bya Afurika ni yo yitabiriye iri rushanwa rya Africa Basketball League (BAL) rigiye kuba ku nshuro ya kabiri.
Yagabanyijwe mu matsinda abiri: Itsinda rya “Sahara Conference” riri gukinira i Dakar hagati ya tariki ya 5 n’iya 15 Werurwe ndetse n’irya “Nile Conference” rizakinira i Cairo mu Misiri hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata 2022.
Amakipe ane ya mbere muri buri tsinda ni yo azakomeza mu mikino ya nyuma izabera muri Kigali Arena hagati ya tariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi 2022.

Ubwanditsi Brightafrica
