Amatariki ya BAL 2022 izabera mu bihugu bitatu birimo n’u Rwanda yamenyekanye

Share Now

Irushanwa rya Basketball Africa League rigiye kuba ku nshuro yaryo ya kabiri, rizatangira tariki ya 5 Werurwe, risozwe muri Gicurasi 2022 ndetse rizabera mu bihugu bitatu birimo Sénégal, Misiri n’u Rwanda ruzakira imikino ya nyuma.

BAL 2022 izitabirwa n’amakipe 12 yo mu bihugu 12, izaba igizwe n’imikino 38 izakinirwa mu mijyi itatu mu gihe cy’amezi atatu ya 2022.

Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kabiri, rizaba rifite imikino 15 ibanza izakinirwa i Dakar muri Sénégal hagati ya tariki ya 5 n’iya 15 Werurwe.

Indi mikino 15 izabera i Cairo mu Misiri hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata mu gihe umunani ya nyuma (play-offs n’imikino ya nyuma) izabera muri Kigali Arena hagati ya tariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi.

Perezida wa Basketball Africa League, Amadou Gallo Fall, yavuze ko irushanwa ry’umwaka utaha rizitabirwa n’abafana mu bihugu bitandukanye ndetse amatike azatangira kugurishwa mu ntangiriro za 2022.

Ati “Binyuze muri iri rushanwa ryaguwe, tuzajyana imikino myinshi mu bice bitandukanye by’umugabane kandi abafana bazaba bemerewe kwitabira bakareba iri rushanwa riri ku rundi rwego.”

Amakipe 12 azakina BAL 2022, azaba agabanyije mu bice bibiri (conference), kimwe gifite amakipe atandatu.

Buri gice kizakina imikino 15 mu matsinda, buri kipe ikine n’iyindi. Amakipe umunani ya mbere ni yo azakina play-offs zizaba zigizwe n’ibice bitatu.

REG BBC yo mu Rwanda iri mu makipe atandatu azakina BAL 2022 ataranyuze mu majonjora ari kuba muri aya mezi asoza umwaka wa 2021. Ibindi bihugu bitanu bifite itike yo kwitabira iri rushanwa ni Angola, Misiri, Nigeria, Sénégal na Tunisia.

Zamalek yo mu Misiri ni yo ifite igikombe giheruka, aho yatsinze US Monastir yo muri Tunisia amanota 76-63 ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya mbere rya BAL ryabereye i Kigali muri Gicurasi 2021.

Zamalek yo mu Misiri niyo ifite igikombe cya BAL
Ikipe ya REG niyo izahagararira u Rwanda muri BAL 2022

Ubwanditsi Brightafrica


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *