Samia Suluhu Hassan arahiriye kuyobora Tanzania ku mugaragaro

Share Now

Karenzi Christopher

Samia Suluhu Hassan arahiriye kuyobora Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania mu muhango wabereye i Dodoma, nyuma yo gutangazwa nk’utsinze amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira, amatora yakurikiranywe n’imvururu.

Perezida Samia yinjiye muri manda ye ya kabiri nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora ku majwi agera kuri 98%, nk’uko byatangajwe na Komisiyo yigenga y’amatora ya Tanzania (INEC).

Amatora yakurikiranywe n’amakimbirane

Ibirori byo kurahira byabereye ku kibuga cya gisirikare kiri mu mujyi wa Dodoma, ahari hashyizwe umutekano ukomeye. Yarahiriye ubwo amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yanze ibyavuye mu matora, avuga ko atagenze mu mucyo no mu kuri.

Nkuko tubikesha DW, Ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), ishyaka rya Chadema ryanditse riti:

“Chadema iramagana bikomeye ibyiswe ibyavuye mu matora byatangajwe na komisiyo y’igihugu y’amatora. Ibyo byavuye mu matora nta shingiro bifite kuko ukuri ni uko nta matora y’ukuri yabaye muri Tanzania.”

Iryo shyaka ryakomeje rivuga ku bihe igihugu kirimo, riti:

“Imyigaragambyo iri kuba mu gihugu hose ni ikimenyetso cy’uko abaturage batitabiriye ibyo byiswe amatora, bityo bakaba banze uwo ari we wese waturutse muri ayo matora y’uburiganya.”

Nyuma y’ayo magambo yatangajwe n’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, nta gisubizo cyahise gitangwa ku ruhande rwa guverinoma.


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *