APR BBC yatsinze REG BBC amanota 65-60, Patriots BBC itsinda Kepler BBC amanota 107-68, zombi zitera intambwe igana ku mukino wa nyuma wa kamarampaka (betPawa Playoffs 2024) muri Shampiyona ya Basketball.

Share Now

Iyi mikino ya kabiri ya 1/2 yabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 1 Nzeri 2024, muri Petit Stade i Remera.

REG yasabwaga gutsinda kugira ngo yizere gukomeza guhangana, cyane ko yari yatsinzwe umukino wa mbere, mu gihe APR na yo yifuzaga gukomeza gushimangira intsinzi.

Uyu mukino watangiye ugenda gake cyane kuko agace ka mbere karangiye REG iyoboye umukino n’amanota 11 ku 10.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yakomeje gukina neza no mu gace ka kabiri n’ishyaka ryinshi ubona ishaka intsinzi koko. Abarimo Kendall Gray na Antino Jackson bayifashaga gutsinda.

Icyakora Ikipe y’Ingabo ntabwo yari kure kuko ikinyuranyo cyari gito, cyane ko Isaiah Miller na William Robeyns banyuzagamo bagatsinda.

Igice cya Mbere cyarangiye iyi kipe iyoboye umukino n’amanota 31 kuri 27 ya APR BBC.

Ikipe y’Ingabo yavuye mu karuhuko yiminjiriyemo agafu, Miller na Williams bakorerwa mu ngata na Nshobozwabyosenumukiza Jean Wilson.

Aka gace yagatsinze ku manota 15 kuri 14 ya REG, gusa iyi kipe ikomeza kuyobora umukino n’amanota 45 kuri 42.

Mu gace ka nyuma, REG BBC yirangayeho umukino uyica mu myanya y’intoki cyane ko Cleveland Thomas ukunze kuyifasha muri iyi minota, umukino wari wamunaniye kuko yawutsinzemo amanota umunani gusa.

Umukino warangiye, APR BBC yigaranzuye REG BBC iyitsinda umukino wa kabiri amanota 65-60 , itera intambwe igana ku mukino wa nyuma.

Antino Jackson yatsinze amanota 21 muri uyu mukino, mu gihe Isaiah Miller yatsinze 19 ku ruhande rwa APR BBC.

Umukino wabanjiriye uyu, Patriots BBC yihanangijrije Kepler BBC iyitsinda amanota 107-68 nayo igira intsinzi ebyiri.

Ikipe y’Ingabo na Patriots BBC zirasabwa gutsinda umukino utaha uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki 4 Nzeri 2024 muri BK Arena zikagera ku mukino wa nyuma wa betPawa Playoffs.

Inkuru ya Igihe


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *