Polisi y’u Rwanda yegukanye ibikombe 9 muri EAPCCO Games 2023
Imikino ihuza Abapolisi bo mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, EAPPCO 2023, yasojwe ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, u Rwanda rwegukana imidari myinshi ya zahabu.
Iyi mikino yari yatangiye tariki 21 Werurwe 2023, yitabirwa n’abakinnyi 1250 baturutse mu bihugu umunaniri birimo u Rwanda rwakiriye irushanwa, u Burundi, Éthiopie, Uganda, Kenya, Sudan, Sudan y’Epfo na Tanzania.
Igipolisi cy’u Rwanda cyari mu rugo, cyegukanye imidari icyenda ya zahabu muri 13 yakiniwe. Byanatumye ruza imbere rukurikirwa na Kenya na Uganda.
Imikino yakinwe harimo Karate, Judo, Kumasha, Kurasa, Gusiganwa ku Maguru, Taekwondo, Basketball, Umupira w’amaguru, Iteramakofi, Netball, Handball, Volleyball na Beach-Volleyball.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Namuhoranye Felix
Uyu muryango ubusanzwe ugizwe n’ibihugu 14 ari byo u Burundi, Uganda, Tanzania, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo, Ethiopia, u Rwanda, Comoros, Seychelles, RDC, Somalia, Djibouti na Eritrea.
Mu muhango wo gusoza iyi mikino ya “EAPCCO Games 2023”, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda “IGP”, DCG Namuhoranye Felix yatangaje ko muri rusange imikino yagenze neza kandi abayitabiriye bungutse byinshi kuko bagaragaje umuhate ndetse no guhangana n’inzitizi kugira ngo bagere ku ntego bihaye.
DCG Namuhoranye yashimiye abatabiriye iyi mikino kuko bagaraje imyitwarire myiza ndetse n’urugwiro bikaba biri mu ntego y’iyi mikino yo guteza imbere ubufatanye bwa Polisi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu mikino n’imyidagaduro.
Umuyobozi wa EAPCCO, akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Ethiopia, CG Demelash Gebremicheal Weldeyes yagaragaje ko iyi mikino yatekerejwe hagamijwe kurushaho kongera ubufatanye mu rwego rwo guhangana n’ibyaha ndengamipaka bihangayikishije Isi yose muri iki gihe.
Imikino ya “EAPCCO Games 2023” ibaye ku nshuro ya 4 yari yitabiriwe n’ibihugu 8 birimo u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo na Ethiopia.⏭

Abakinnyi basaga 1250 mu bagabo n’abagore bitabiriye iyi mikino bahatanye mu mikino 13 irimo umupira w’amaguru “Football”, Basketball, Volleyball, Volleyball yo mucanga “Beach Volleyball”, Handball, Boxing, Taekwondo, Karate, Judo, Netball, Darts, Imikino ngororamubiri “Athletics” no Kumasha “Shooting”.
Taliki 21 Werurwe 2023 ni bwo habaye ibirori byo gufungura ku mugaragaro iyi mikino bibera kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo. Kuri uyu munsi umukino wabiburiye iyindi ni uwahuje ikipe ya Polisi y’u Rwanda na Polisi y’u Burundi mu mupira w’amaguru birangira Polisi y’u Rwanda itsinze ibitego 3-1.
Taliki 24 Werurwe 2023 habaye umukino wa kabiri, ikipe ya Police y’u Burundi itsinda Polisi y’u Rwanda ibitego 2-0 biba ibitego 3-3 mu mikino yombi hitabazwa penaliti maze Polisi y’u Rwanda yinjiza 5 kuri 4 ihita yegukana igikombe.
Mu mukino wa Volleyball naho ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu bagabo yegukanye igikombe aho yatsinze u Burundi amaseti 3-0 (25-18, 25-20 na 25-22), itsinda Kenya amaseti 3-0 (25-22, 25-20 na 25-12). Ku mukino wa nyuma ikipe ya Polisi y’u Rwanda yongera gutsinda Kenya amaseti 3-1 (25-20, 30-28, 21-25 na 25-19) yegukana igikombe.
Muri rusange, Polisi y’u Rwanda ni yo yaje ku isonga ikurikirwa na Kenya naho ku mwanya wa 3 haza Uganda.
Ubwo imikino ya “EAPCCO Games 2023” yasozwaga kuri uyu wa Mbere taliki 27 Werurwe 2023 muri BK Arena, ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino wa Handball yitwaye neza yegukana igikombe itsinze Uganda ibitego 41 kuri 27. Iyi kipe yari yitwaye neza itsinda umukino wa mbere wa Kenya ku bitego 36 kuri 25. Mu wundi mukino ikipe ya Kenya yari yatsinze Uganda ibitego 34 kuri 29.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye kandi igikombe mu mukino w’iteramakofe “Boxing”, Taekwondo, Karate, Volleyball yo mucanga “Beach Volleyball” ndetse no Kumasha “Shooting”.
Ikipe ya Polisi ya Uganda yegukanye igikombe mu mukino wa Netball mu cyiciro cy’abagore.
Ikipe ya Tanzania yegukanye igikombe mu mukino wa Darts.
Muri rusange, Polisi y’u Rwanda ni yo yaje ku isonga ikurikirwa na Kenya naho ku mwanya wa 3 haza Uganda.




Ubwanditsi brightafrica.rw
