FERWAFA yasohoye ingengabihe ya shampiyona ya 2021-2022

Share Now

Taliki 30-10-2021

Kiyovu-Gorilla FC (Regional-12h30)

Marines FC-Gasogi United (Rubavu-15h00)

Rayon Sports-Mukura (Regional-15h00)

Espoir FC-AS Kigali (Rusizi-15h00)

Taliki 31-10-2021

Etincelles FC-Rutsiro FC (Rubavu-15h00)

Etoile de l’Est FC-Police FC (Ngoma-15h00)

Musanze FC- Bugesera FC (Musanze-15h00)

APR FC-Gicumbi FC (Regional-15h00)

Kuwa Gatatu taliki 20 Ukwakira 2021 Ishyirahamwe ry’umupira  w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryasohoye ingengabihe ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo “Primus  National League 2021-2022” izatangira  taliki 30 Ukwakira 2021.

Umukino uzabimburira iyindi ni uzahuza ikipe ya Kiyovu na Gorilla FC, ukazabera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo (12h30) taliki 30 Ukwakira 2021.

Indi mikino iteganyijwe, ikipe ya Marines FC izakira Gasogi United, Rayon Sports yakire Mukura naho Espoir FC yakire AS Kigali i Rusizi.

Taliki 31 Ukwakira 2021, ikipe ya Etincelles FC izakira Rutsiro FC, Etoile de l’Est FC  yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka yakire Police FC i Ngoma. Ikipe ya Musanze FC izakira Bugesera FC i Musanze naho APR FC ifite igikombe giheruka yakire Gicumbi FC yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka.

Muri iyi ngengabihe ya shampiyona ya 2021-2022, umwe mu mikino iba itegerejwe cyane ni uhuza ikipe ya APR FC na Rayon Sports. Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba taliki 23 Ugushyingo 2021 ubere kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo (15h00).

Mu yindi mikino ikomeye iteganyijwe, taliki 02 Ugushyingo 2021, AS Kigali izakira Kiyovu uzaba ari umukino w’umunsi wa 2.

Ku munsi wa 3 wa shampiyona, taliki 19 Ugushyingo 2021, Kiyovu izakira Police FC,  ku munsi wa 7, taliki 05 Ukuboza 2021, Kiyovu ikine na  Rayon Sports.

Taliki 18 Ukuboza 2021, ikipe ya AS Kigali izakira Rayon Sports, uzaba ari umukino w’umunsi wa 9. Ku munsi wa 10, taliki 22 Ukuboza 2021, Rayon Sports izakira Police FC.

Ku munsi wa 12, taliki 04 Mutarama 2022, ikipe ya Kiyovu izakira APR FC. Ku munsi wa 14, taliki 11 Mutarama 2021, AS Kigali izakira APR FC   naho ku munsi wa 15 ari na wo usoza imikino ibanza, taliki 15 Mutarama 2021, ikipe ya APR FC izakira Police FC.

Shampiyona ya 2021-2022 , abanyamahanga bemewe ku mukino ubu ni 5 aho kuba 3 nk’uko byari bisanzwe. Iyi shampiyona izagaragaramo ikipe nshya zazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka ari zo Gicumbi FC yari yamanutse mu mwaka w’imikino wa 2019-2020 ndetse n’ikipe ya Etoile de l’Est FC y’i Ngoma igiye gukina icyiciro cya mbere bwa mbere nyuma y’imyaka 24 imaze ishinzwe.

Izi kipe zasimbuye, AS Muhanga na Sunrise FC zasubiye mu cyiciro cya kabiri ubwo hasozwaga umwaka w’imikino wa 2020-2021. Ikipe ya APR FC ni yo ifite igikombe giheruka cya shampiyona ya 2020-2021.

Ikipe ya APR FC ifite igikombe

Ubwanditsi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *