Amatora muri US 2020: Ibyo ukwiye kumenya ku biva muri aya matora uyu munsi

Share Now

Ku munsi nk’uyu, benshi ku isi baba bategereje kurara bamenye uwatsinze amatora ya perezida wa Amerika, igihugu gikomeye ku isi.

Iyi nshuro ariko ntibisanzwe kuko abakandida Donald Trump na Joe Biden nta witeguye kwemera ko yatsinzwe, Abanyamerika bafite ubwoba bw’urugomo.

Kongera kubarura amajwi, ibirego mu nkiko byanga ibyayavuyemo, imidugararo mu gihugu, ibi ni ibintu bamwe babona ko byitezwe muri Amerika.

Gusa ibi bishobora kwirindwa mu gihe Abanyamerika bemeye gutegereza ibyavuye mu matora. Ariko gutegereza igihe kingana gute? Iki ni cyo kibazo nyamukuru

Bakora ari babiri bo mu mashyaka abiri atandukanye, aha ni muri leta ya Maryland yabaye iya mbere muri Amerika gutangira kubarura amajwi y’abatoye bakoresheje iposita

Gutora n’iposita.

Mu matora yo mu 2016, Abanyamerika miliyoni 33 batoye bakoresheje iposita.

Uyu mwaka, kubera coronavirus, abagera kuri miliyoni 82 basabye gutora batyo. Ariko umunsi w’itora wageze leta nyinshi zikirwana no gukuraho amategeko ashaje agena igihe amajwi yo ku iposita afungurirwa akabarwa.

Urugero muri Michigan, imwe muri leta z’ingenzi zitagira uruhande ruhoraho zitora, abantu bagera kuri miliyoni eshatu biteganyijwe ko batora n’iposita. Ariko, kuko badashobora gutangira kubara amajwi mbere y’umunsi w’itora, bishobora gufata iminsi kugira ngo Michigan ivuge ibyavuye mu matora. Aho kandi bikaba nta kongera kubara amajwi kwabaye.

Uburyo bwo kugeza ubutumwa bw’iposita aho bugenewe ubu birimo ibibazo kubera iki cyorezo n’amatora, Perezida Trump nawe yahagaritse amafaranga y’ibikorwa byihutirwa yari agenewe Serivisi y’Iposita ya Amerika kuko avuga ko gutora muri ubwo buryo bibangamiye uruhande rwe.

Imibare yerekana ko Abademokarate ari bo bari gutora muri ubu buryo ari benshi kurusha Abarepubulikani bo bashaka kwigira ku biro by’itora uyu munsi.

Ikibazo cya kabiri ni ibirego mu nkiko.

Iyo ibyavuye mu matora byegeranye cyane ku buryo hatahita havugwa uwatsinze, abantu benshi batinya ko bigera mu nkiko barega ko hari amajwi atabazwe, ibi bitinza itangazwa ry’ibyavuye mu matora.

Impamvu ikunze kubaho cyane ni amajwi yanga kubarwa kuko yoherejwe akagera aho abarurirwa yatinze cyane. Izindi mpamvu zibamo imikono itari ukuri cyangwa kubura kw’urupapuro rw’itora rw’ibanga.

Kugira ngo Biden cyangwa Trump hagire utsinda biramusaba kurenza amajwi atora 270.

Ibi ni ukubera ko perezida wa Amerika adatorwa mu buryo butaziguye n’abaturaga batoye, ahubwo n’amajwi atora agenewe buri leta mu zigize Amerika.

Muri Amerika yose habarwa amajwi atora (electoral votes) yose hamwe 538.

Ayo majwi atora atangwa hashingiwe ku mubare w’abatuye buri leta zose zigize Amerika.

California ni yo igira umubare munini w’ayo majwi – 55 – mu gihe izindi leta zifite abaturage bacye nka Wyoming, Alaska na North Dakota usanga zibarirwa atatu.

Muri buri leta, umukandida wagize amajwi menshi ahita ahabwa uwo mubare wose w’amajwi (electoral votes) y’iyo leta.

Urugero: Uyu munsi umukandida uri bubone amajwi 50,1% y’abaturage batoye muri leta ya Texas arahita ahabwa amajwi yose atora 38 agenewe leta ya Texas.

Source:BBC Gahuza


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *