Play Offs- APR W BBC rwatsinze REG W BBC mu mukino wari ishiraniro
APR W BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Bagore itsinze REG W BBC amanota 62-61 mu mukino wa gatanu wa nyuma wa kamarampaka “betPawa Playoffs”. Ni umukino wabereye muri BK Arena ku wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023.
Byari bizwi neza ko APR iramutse itsinze uyu mukino wa 5 iri bwegukane Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu 2019, mu gihe REG WBBC yifuzaga ko yawutsinda birtyo igakomeza gushakisha indi mikino kugirango irebe ko yatesha amahirwe APR kuba yakwegukana igikombe
Nyuma y’iyi ntsinzi umutoza wa APR Nkurikiyinka Deo, yatangarije ikinymakuru brightafrica,rw ko umwaka ugitangira bihaye intego yo gutwara igikombe. Yagize ati ‘’ Gutwara igikombe birasaba iki? Dushaka inzira nzose zatuma tugera ku gikombe, abakinnyi turabazana abo twifuzaga hanyuma turabakoresha’’.

Kapiteni Umugwaneza Charlotte (hagati)
Kapiteni w’ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR BBC Umugwaneza Charlotte yavuze ko bari banyotewe igikombe bashyiramo imbaraga kugirango bacyegukane, akaba ashimira ubuyobozi bw’ikipe, abatoza by’umwihariko Minisiteri y’Ingabo MINADEF ibafasha kuri cyose.
Yagize ati’’ Buri mukinnyi yakoze uko ashoboye kugira umusanzu yatanga ku ikipe. Icyaturanze ni ugukora cyane no guhora twifuza kandi tunyotewe intsinzi. Kuri we intsinzi ayituye ababyeyi be nubwo batakiriho.
Umutoza Nkurikiyinka yatanze ubutumwa agaragaza ko urugamba rukomeje, ngo ubu bagiye kwitegura imikino y’Akarere ka (5 Zone V) izabera mu Rwanda. Intego ntayindi ni ukureba uko bakwegukana igikombe cy’Akarere ka 5. igikombe yagituye ikipe muri rusange, harimo ubuyobozi bwababaye hafi kuri buri kintu cyari gikenewe, abakinnyi, abatoza ndetse n’umuryango we.
Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yaherukaga Igikombe cya Shampiyona mu 2019.

Umutoza Nkurikiyinka Deo ubanza (ibumuso)
APR WBBC yegukanye igikombe yahawe miliyoni 13 Frw zirimo 10 za Ferwaba n’izindi eshatu za betPawa.
REG W BBC yabaye iya kabiri yacyuye miliyoni umunani Frw muri rusange.
Tetero Odile ukinira APR WBBC yatowe nk’Umukinnyi Mwiza w’Imikino ya Kamarampaka (MVP), Micomyiza Rosine ’Cisse’ wa REG WBBC yabaye umukinnyi watsinze amanota atatu menshi.

Tetero Odile ukinira APR WBBC yatowe nk’umukinnyi mwiza
Uwitonze Nandy Linda wa IPRC Huye yabaye Umukinnyi Mwiza wa shampiyona isanzwe (regular season), Dusabe Jane wa The Hoops yabaye umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi.



Christopher Karenzi
