Emmy Rucari: Darts ni umukino mwiza ukwiriye gushyigikirwa

Share Now

Mu rwego rw’umukino  wa Darts wabereye i Kigali  witabiriwe n’ibihugu, 4 hari u Rwanda, Kenya, Tanzania na Uganda. Igihugu cya Tanzania nicyo cyegukanye igikombe mu iri rushanwa.

John Njoroge ni umukinnyi  wa Darts akaba  yari ayoboye ikipe ya Police ya Kenya, yavuze ko hari abantu  bagereranya uyu mukino ko ari uw’abanywi b’inzoga, uw’abasinzi ariko ibyo yabyamaganiye kure.

Ikipe ya Darts Kenya

Njoroge yagarutse ku mukino nyirizina uko wavutse, ati ‘’Uyu mukino w’Abashinzwe umutekano watangiriye mu nkambi ya gisirikare mu Bwongereza kugirango  babigishe kumasha (Ulengaji shabaha) mu giswayiri.

Akomeza agira ati ‘’ Abapolisi twabifashe nk’ikintu gikomeye kandi cy’ingenzi, ni muri urwo rwego twaje gukangurira abantu uyu mukino uhuza abantu bakagira  ubumwe ndetse n’ubufatanye’’.

Emmy Rucari yambikwa umudari na Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera

Madame Emmy Rucari ni umukinnyi wakurikiranye irushanwa ryose, yatangarije brightafica.rw ko umukino witabiriwe ku buryo bushimishije. Uyu mukino kugirango uterimbere  Rucari  asanga hakenewe ubushake.

Yasabye  inzego zitandukanye yaba Minisiteri ifite mu nshingano zayo siporo, abakirora  ndetse n’abantu bakunda umukino wa  Darts kuwushyigikira.

Yagize ati ‘’Uyu mukino ntabwo ari polisi gusa ikwiriye kuwukina n’abasiviri basanzwe bajya bawukina.  Gutezimbere  uyu mukino  mbere ya byose ni  ukuba ufite ubushake. Iyo ubwo bushake buhari n’ibindi birashoboka na Leta iragushyigikira’’.

Muri uwo mukino wa Darts, Rucari yakomeje avuga ko harimo amategeko agenga  uyu mukino wa Darts ufite amategeko awugenga, bawukina  mu buryo bwa  singles 1 doubles 2,  ikipe ikaba igizwe n’abakinnyi 12  barimo abagabo 8 n’abagore 4.

Abitabiriye Darts

Umuyobozi wa EAPCCO, akaba n’Umuyobozi  Mukuru wa Polisi ya Ethiopia,  CG Demelash Gebremicheal Weldeyes yagaragaje ko iyi mikino yatekerejwe hagamijwe kurushaho kongera ubufatanye mu rwego rwo guhangana n’ibyaha ndengamipaka bihangayikishije Isi yose muri iki gihe

CG Demelash yavuze ko muri iyi  mikino  nubwo gutsinda no gutsindwa byose  bibaho bitabuza ko intego y’irushanwa igerwaho yo guharanira gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ibyaha ndengamipaka bishobora kugira ingaruka mu bihugu  bigize EAPCCO.

Mukuru wa Polisi ya Ethiopia,  CG Demelash Gebremicheal Weldeyes

Iyi mikino ya “EAPCCO Games 2023” yari ibaye ku nshuro ya 4 yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Guteza imbere ubufatanye bwa Polisi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu mikino n’imyidagaduro”.

Iyi mikino yatangiye gukinwa muri 2017 aho yabereye muri Uganda, muri 2018 ibera muri Tanzania naho muri 2019 yaherukaga kubera muri Kenya. Muri 2019, Polisi y’u Rwanda yari yasoreje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Kenya aho yegukanye imidali 46 muri rusange harimo 27  ya Zahabu, 6 ya Feza na 13 y’Umulinga.

Ikipe ya RNP ishyikirizwa igikombe

Umukino wa Darts ni uko ukinwa

Christopher Karenzi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *