Mugisha Moise yegukanye agace ka nyuma, Tesfazion yegukana Tour du Rwanda

Share Now

Umunyarwanda Mugisha Moïse ukinira ProTouch yo muri Afurika y’Epfo, yegukanye Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2022, katangirijwe na Perezida Kagame kuri Canal Olympia ku i Rebero.

Umunya-Erythrée Natnael Tesfazion ni we wegukanye iri rushanwa ry’amagare ryari rimaze iminsi umunani rizenguruka igihugu.

Iri rushanwa rizenguruka igihugu ku magare ryasojwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 27 Gashyantare 2022, aho abakinnyi basiganwe ku ntera y’ibilometero 75,3.

Tour du Rwanda iri ku rwego rwa 2.1 guhera mu 2019 mu gihe hagati ya 2009 na 2018 yari kuri 2.2.

Agace ka nyuma k’iri rushanwa katangirijwe kuri Canal Olympia ku i Rebero na Perezida Paul Kagame saa 10:30, abasiganwa banyura mu bice birimo i Gikondo, Rwandex, Kanogo, Tapis Rouge, kwa Mutwe na Yamaha aho bazengurutse inshuro eshatu bagasoreza n’ubundi ku i Rebero.

Kegukanywe n’Umunyarwanda Mugisha Moïse ukinira ProTouch yo muri Afurika y’Epfo akoresheje amasaha abiri, iminota umunani n’amasegonda 16 ku ntera y’ibilometero 75,3. Yakurikiwe na Sandy Dujardin na Alexandre Geniez bakinira TotalEnergies yo mu Bufaransa, bose banganya ibihe.

Mugisha wabaye uwa kabiri ku rutonde rusange mu 2020, yabaye Umunyarwanda wa mbere wegukanye Agace ka Tour du Rwanda kuva igeze ku rwego rwa 2,1 mu 2019.

Umunyarwanda waherukaga kwegukana Agace k’iri siganwa ni Mugisha Samuel ubwo yatwaraga aka Kigali- Huye muri Tour du Rwanda yegukanye mu 2018.

Umunya-Erythrée Natnael Tesfatsion ni we wasoje isiganwa ryose ari imbere aho mu bilometero 913,3 yakoresheje amasaha 23, iminota 25 n’amasegonda 34, asiga Umunya-Ukraine Anatolii Budiak [Terengganu Polygon Cycling] ho amasegonda 26 mu gihe ku mwanya wa gatatu hasoje Umunya-Australia Jesse Ewart ukinira Bike Aid wakoresheje 23h26’22’’.

Tesfazion w’imyaka 22, yabonye izuba ku wa 23 Gicurasi 1999. Uyu musore usanzwe ukinira Drone Hopper yaherukaga gutwara Tour du Rwanda mu 2020.

Yambaye umwambaro w’umuhondo nyuma y’Agace ka Gatandatu kegukanywe na Anatolii Budiak ku wa 25 Gashyantare.

Tesfazion yabaye ni uwa kabiri ukomoka muri Erythrée wegukanye Tour du Rwanda nyuma yo kuzamurwa ku rwego rwa 2.1 mu 2019, kuko iy’uwo mwaka na yo yatwawe na Merhawi Kudus Ghebremedhin.

Umunyarwanda wasoreje hafi ku rutonde rusange ni Manizabayo Eric Karadiyo [Benediction Ignite] wabaye uwa cyenda arushwa iminota ibiri n’amasegonda 49.

Mugisha Moïse yabaye kandi umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi, aho yaje imbere ya Nsengimana Jean Bosco wa Benediction Ignite.

Irushanwa ry’uyu mwaka ryasojwe n’abakinnyi 65 muri 94 baritangiye. Mugisha Samuel wa ProTouch na Uhiriwe Byiza Renus wa Team Rwanda ni bo Banyarwanda batarisoje kubera uburwayi no gutobokesha.

Mugisha Moise yegukana agace ka 8
Indirimbo y’igihugu ya Eritrea iririmbwa

Ubwanditsi Brightafrica


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *