Ubuhinzi bunogeye bubungabunga Ibidukikije- Vuningoma
Vuningoma Faustin ni Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Ihuriro ry’Umuryango nyarwanda ushinze kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere RCCDN (Rwanda Climate Change and Development Network),
Kubijyanye n’ubuhinzi bunogeye bubungabunga Ibidukikije, harimo kwica udukoko twangiza imyaka cyangwa se imyuka izamuka kubera ifumbire mvaruganda. Uyu muhuzabikorwa yavuze ko iyo utayikoresheje, uba ugabanyije bya byuka byagombaga kuzamuka, ikaba arimwe mu nzira zo kubigabanya
Ibi yabitangarije i Kigali ku itariki 17 Ukuboza 2021 mu kiganiro n’abanyamakuru mu gikorwa cyo guhemba abahinzi bagize uruhare mu kurengera ibidukikije ndetse no kwerekana ambasaderi (Brand) wa RCCDN muri gahunda zo kurengera ibidukikije.
Bwana Vuningoma yatangarije brightafrica ko ari abafatanyabikorwa ba Minagri, Yagize ati ‘’Tuganira nabo, tukabereka ibyo dutekereza ndetse tukabereka igikwiye kuba cyahinduka muri politike kuko turi Umuryango ukora ubuvugizi, ibyo turimo gukora bikaba bifitiye akamaro igihugu n’abanyarwanda muri rusange’’.
Kubijyanye n’ubuhinzi bunogeye bubungabunga Ibidukikije, harimo kwica udukoko twangiza imyaka cyangwa se imyuka izamuka kubera ifumbire mvaruganda. Uyu muhuzabikorwa yavuze ko iyo utayikoresheje, uba ugabanyije bya byuka byagombaga kuzamuka, ikaba arimwe mu nzira zo kubigabanya .
Muri uwo muhango hari abanyamuryango bahawe ibihembo. Muri abo hari Matabaro David umuhinzi wo mu Karere ka Ruhango, mu murenge wa Ruhango mu ntara y’Amajyepfo, wagaragaye muri video ikubiyemo ubuhinzi ndumburabutaka.
Mu rwego rwo kubungabunga Ibidukikije, Matabaro wahembwe 400,000 Frs, yatangarije Brightafrica ubunararibonye bwe.
Yavuze ko akoresha inkwi nke za rondereza akaba yaratangiye n’umushinga wo gutunganya Imboga neza akazikoramo ifu, iyo nzira kandi ngo arimo kuyitoza urubyiruko kugirango barebe aho ibintu biva n’aho bijya.
Bwana Vuningoma, yavuze ko kugira ngo ubutumwa bwo kubungabunga ibidukije burusheho kumvikana, bahisemo Uwineza Nicole uzwi ku ku izina rya Mama Beni muri filimi ya City Maid mu rwego rwo kubabera Ambasaderi (Brand manager).
Nicole akaba yarashyikirijwe Sheki y’Amafaranga miliyoni 30 z’u Rwanda. Azamara igihe cy’umwaka atanga ubutumwa bwo kurengera ibidukikije kandi akazagira n’uruhare mu gutuma ubwo butumwa bugera ku bantu benshi.

M ijambo Nicole yagejeje kubari aho, yavuze bimwe mubyo azakora harimo ukwereka abanyarwanda ibikorwa by’Umuryango RCCDN ndetse n’ ibyo Umunyarwanda ashoboye mu kurengera ibidukikije. Yavuze ko mu mwaka wa 2022, binyuze mu ikinamico (Theatre) azakundisha abanyarwanda ibidukikije.
RCCDN ikaba ikorana n’imiryango 66 muri gahunda yo kurengera ibidukikije.

Karenzi Christopher
i
