Ikigega cy’Abafaransa AFD muri gahunda yo gusubukura imirimo yayo mu Rwanda.
Umuyobozi w’ Ikigega cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere mpuzamahanga, Agence Française de Developément Arthur Germond yavuze ko u Bufaransa bwateguye miliyoni 500 z’ama Euros azakoreshwa mu mishinga Abafaransa bateganya kuzatera inkunga Abanyarwanda.
Germond yabitangaje ku wa Kabiri tariki 02 Ugushyingo, 2021 mu kiganiro n’abanyamakuru mu kigo ndangamuco cy’bufaransa i Kigali.
Mu rwego rwo guteza imbere imishinga itandukanye yavuze ko iki kigega AFD kiri mu Rwanda guhera 2013 kugera 2019.
Yagarutse ku ruzinduko rw’ Umuyobozi mukuru w’iki kigega waje mu Rwanda ndetse hakurirwa n’uruzinduko rw’umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa Emmanuel Macron mu kwezi kwa 5 aho k’umufatanye na Guverinoma y’u rwanda bashimangira ko AFD igiye gusubukura imirimo yacyo mu Rwanda.

Iyo mishinga irimo iy’ikoranabuhanga, kwita ku bidukikije, siporo, guteza imbere Igifaransa, uburezi muri rusange no kuzamura imyigire y’umukobwa by’umwihariko n’iterambere ry’imibereho y’abatuye icyaro cyane cyane mu Burengerazuba n’Amajyaruguru by’u Rwanda.
Imwe mu mishinga uyu muyobozi yagaraje AFD izateramo inkunga ku’ubufatanye na Guverinoma y’u Rwanda hari ikoranabuhanga, ibidukikije, gutez’imbere ururimi rw’igifaransa, imikino harimo uw’intiki basketball, kwiruka, umupira w’amaguru , iterambere ry’icyaro by’umwihariko mu majyaruguru ndetse n’Iburengerazuba bw’u Rwanda. Ibyo bazakora byose ngo bizaba bishingiye kubizaba byatoranyijwe n’u Rwanda.
Arthur Germond yagaragaje ko iyi nkunga izava mu kigega cya Agence Française de Developément (ADF) itangwa na Leta y’u Bufaransa ikaba igamije iterambere mu bihugu 15.
Madamu Cassiopée Vienne ni Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Bufaransa wari mu kiganiro n’amanyamakuru, yavuze ko inshingano z’ikigega ayoboye ari uguteza imbere ibikorwa by’iterambere by’umwihariko bikaba bijyanye n’umuco n’ubuvanganzo bikaba biri mu nshingano za Leta y’u Bufaransa ahagarariye.

