BAL2021: Nyuma y’imikino mu matsinda, hatangajwe ingengabihe ya shampiyona
Kuwa mbere, Taliki 24 Gicurasi 2021, Nyuma yo kurangiza imikino yo mu matsinda aho yari yitabiriwe n’amakipe 12, Basketball Africa League (BAL), Hatangajwe ingengabihe izagenga imikino ya kimwe cya kane cy’irangiza na gahunda y’imikino ya kimwe cya kabiri, umukino wo gushaka ikipe ya gatatu ndetse na BAL Final ya mbere.
Iyi mikino yose izabera muri Kigali Arena, mu Rwanda ndetse abafana mu bihugu n’intara 215 bazayikurikirana mu ndimi 15.
Amakipe umunani azahurira muri ¼ ni: Atlético Petróleos de Luanda (Angola); A.S. Douanes (Senegali); A.S. Salé (Maroc); F.A.P (Kameruni); Ferroviário de Maputo (Mozambique); Patriots B.B.C. (Rwanda); US Monastir (Tuniziya) na Zamalek (Misiri)
Amakipe ane yasezerewe ni: GS Petroliers yo muri Algeria , As Police yo muri Mali , Rivers Hoopers yo muri Nigeria na GNBC yo muri Madagascar.
Patriots BBC yo mu Rwanda izahura na Ferroviário de Maputo yo muri Mozambique mu mukino wa ¼ uzaba ku wa Kane tariki ya 27 Gicurasi guhera saa tatu z’ijoro.
Iyi kipe iharagariye u Rwanda yageze muri iki cyiciro nyuma yo gutsinda imikino ibiri yo mu itsinda A yahuyemo na Rivers Hoopers yo muri Nigeria na GNBC yo muri Madagascar, gusa ikaba yaratsinzwe na US Monastir yabaye iya mbere.
Impinduka zabaye mu mikino isigaje kuba ni uko mu gihe iya ¼ yari iteganyijwe ku wa Kabiri no ku wa Gatatu, yashyizwe ku wa Gatatu no ku wa Kane naho iya ½ yari iteganyijwe ku wa Gatanu, ishyirwa ku wa Gatandatu. Umukino wa nyuma wagumye ku Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi.
Uko amakipe azahura muri ¼ cya BAL 2021
Ku wa Gatatu tariki ya 26 Gicurasi 2021
FAP (Cameroun) vs Zamalek (Misiri), saa 17:30
AS Salé (Maroc) vs Atlético Petróleos de Luanda (Angola), saa 21:00 Ku wa Kane tariki ya 27 Gicurasi 2021
AS Douanes (Sénégal) vs US Monastir (Tunisia), saa 17:30
Ferroviário de Maputo vs Patriots BBC (Rwanda), saa 21:00
• Kuwa gatandatu, Taliki 29 Gicurasi
Umukino wa mbere uzatangira saa munani naho uwa kabiri utangire saa kumi n’imwe n’igice.
Ku cyumweru, kuwa 30 Gicurasi
Saa sita n’igice hazakinwa umukino wo gutoranya ikipe ya gatatu naho umukino wa nyuma utangire saa kumi z’umugoroba.
Ibyerekeye BAL
BAL, yashinzwe ku bufatanye hagati y’ishyirahamwe mpuzamahanga rya Basketball (FIBA) na NBA, ni shampiyona nshya y’ababigize umwuga irimo amakipe 12, yaturutse mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
BAL ifite icyicaro gikuru I Dakar, muri Senegali, yubakiye ku musingi w’amarushanwa y’amakipe FIBA Regional Office Africa yateguye muri Afurika kandi iragaragaza ubufatanye bwa mbere na NBA bwo gukora shampiyona hanze ya Amerika y’Amajyaruguru.
Ubwanditsi Brightafrica
