Ikipe y’u Rwanda yari igizwe n’abakinnyi 14 mu byiciro bitandukanye; yitwaye neza yegukana imidali 14 yose hamwe

Share Now

Kuva taliki 02 kugeza 06 Werurwe 2021 mu Misiri haberaga  shampiyona mu mukino wo gusiganwa ku magare  “The African Continental Road Championships 2021”, ikipe y’u Rwanda  yari igizwe n’abakinnyi 14 mu byiciro bitandukanye  yitwaye neza yegukana imidali 14 yose hamwe.

Ubwo shampiyona y’Afurika yasozwaga kuri uyu wa Gatandatu taliki 06 Werurwe 2021, hakinwe icyiciro cyo gusiganwa mu muhanda “Road Race” mu  bakobwa bakuru n’abatarengeje imyaka 23 “Women Elite & U-23” ndetse no mu bahungu “Men Elite & U-23”.

Mu bakobwa batarengeje imyaka 23, u Rwanda rwegukanye imidali 2 aho Ingabire Diane mu ntera ya kilometero 98  yabaye uwa kabiri akegukana umudali wa Feza  akoresheje amasaha 3,iminota 07 n’amasegonda 33 naho mugenzi we Nzayisenga Valentine yegukana umudali wa Bronze nyuma yo kuza ku mwanya wa 3 akoresheje amasaha 3, iminota 07 n’amasegonda 39. Ku mwanya wa mbere haje Janse Van Rensburg Frances wo muri Afurika y’Epfo wegukanye umudali wa Zahabu akoresheje amasaha 3, iminota 03 n’amasegonda 10.

Muri rusange mu cyiciro cy’abakobwa, Oberholzer Carla ukomoka muri Afurika y’Epfo ni we wegukanye shampiyona  y’Afurika ya 2021 aho mu ntera ya kilometero 98 yakoresheje amasaha 2, iminota 59 n’amasegonda 49. Ku mwanya wa kabiri haje mugenzi we nawe ukomoka muri Afurika y’Epfo, Preen Hayley (03h02’19’) naho ku mwanya wa 3 haza Adrian Vera ukomoka muri Namibia (03h02’29”).

Abandi bakinnyi b’u Rwanda, Mukashema Josiane yasoreje ku mwanya wa 9 naho Tuyishime Jacqueline asoreza ku mwanya wa 15.

 Muri rusange hasiganwe abakinnyi 29 baturuka mu bihugu 11 (Burkina Faso, Ethiopia, Maroc, Namibia, Nigeria, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Misiri, Cote d’Ivoire, Guinea na Kenya). Muri aba bakinnyi 29, 16 ni bo basoje isiganwa, 8 basoza igihe cyagenwe cyarenze naho 5 bo bavamo isiganwa ritarangiye.

Habimana yegukanye umudali wa Bronze

Mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 23 “Men U-23”, Habimana Jean Eric yegukanye umudali wa Bronze nyuma yo kuza ku mwanya wa 3 aho mu ntera ya kilometero 140 yakoresheje amasaha 3, iminota 52 n’amasegonda 23 yaje inyuma ya  Barrett Travis (Afurika y’Epfo) wabaye uwa mbere akegukana umudali wa Zahabu naho ku mwanya wa  gatatu haza Sahiri Ayoub (Algeria) bombi bakoresheje amasaha 3, iminota 48 n’amasegonda 13.

Muri rusange, Gibbons Ryan ni we wegukanye shampiyona y’Afurika  aho yegukanye umwanya wa mbere akoresheje   amasaha 3, iminota 40 n’amasegonda 29. Ku mwanya wa kabiri haje Saidi Nassim wo muri Algeria wakoresheje amasaha 3, iminota 40 n’amasegonda 47 naho ku mwanya wa 3 haza Reguigui Youcef  nawe ukomoka muri Algeria  wakoresheje amasaha 3, iminota 41 n’amasegonda 17”.

Uretse Habimana Jean Eric wasoreje ku mwanya wa 15 muri rusange n’uwa 3 mu batarengeje imyaka 23 na Areruya Joseph wasoreje ku mwanya wa 7, Nzafashwanayo Jean Claude na Nsengimana Jean Bosco basoje igihe cyagenwe cyarenze, Mugisha Moise avamo adasoje naho Mugisha Samuel we ntabwo yigeze akina kubera uburwayi.

Muri iki cyiciro, hasiganwe abakinnyi  81 baturuka mu bihugu 15 ari byo  Algeria, Ethiopia, Afurika y’Epfo, u Rwanda, Maroc, Misiri, Burkina Faso, Uganda, Benin, u Burundi, Kenya, Guinea, Sudani, RDC na Tanzania. Abakinnyi 23 ni bo babashije gusoza, 13 basoza igihe cyarenze naho 45 bavamo isiganwa ritarangiye.

Muri iyi shampiyona y’Afurika ya 2021, ikipe y’u Rwanda itahanye imidali 14 harimo umudali wa Zahabu (1), Feza (8) na Bronze (4).

Shampiyona y’Afurika  yaherukaga kuba muri 2019 kuko umwaka ushize wa 2020 yagombaga kubera muri Mauritius ariko ntiyaba kubera COVID-19. Ubwo  yaherukaga  yabereye muri Ethiopia aho ikipe y’u Rwanda yegukanye imidali 9.

Debesay Mekseb mu bagabo na mushiki we, Mossana Debesai mu bagore bakomoka muri Eritrea ni bo begukanye shampiyona y’Afurika. Uyu mwaka wa 2021, Eritrea nta bwo yitabiriye.

Abanyarwanda bitwaye neza

Ubwanditsi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *