Abanya-Centrafrique baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ingabo z’u Rwanda zihanzwe amaso mu kuyacungira umutekano

Share Now

Abaturage ba Centrafrique baramukiye mu matora yo kwihitiramo Umukuru w’Igihugu ubabereye kuri uyu wa 27 Ukuboza 2020, nyuma y’ibihe by’umutekano muke bamazemo iminsi.

Aya matora abaye nyuma y’iminsi hari imvururu aho ndetse Perezida uriho ubu Faustin Archange Touadéra w’imyaka 63 yashinje François Bozizé yasimbuye gushaka guhirika ubutegetsi. Bozizé yafatiwe ibihano na Loni, bituma atemererwa kuba mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri aya matora.

Bari mu gikorwa cy’amatora

Mu rwego rwo gucunga umutekano w’abaturage no kugira ngo amatora abe mu mahoro, iki gihugu cyitabaje u Rwanda n’u Burusiya ngo ingabo zabyo zifatanye n’iz’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA, zisanzwe zibungabunga amahoro muri icyo gihugu.

Nubwo imitwe yitwaje intwaro iherutse gutangaza ko ibaye itanze amasaha 72 y’agahenge, mu gihugu haracyari ubwoba ko bamwe mu baturage bashobora gutinyishwa n’abarwanyi b’iyo mitwe bigatuma batitabira amatora.

Umukandida uvugwaho kugira amahirwe menshi yo gutsinda aya matora nyuma ya Touadéra ni Anicet Georges Dologuele ushyigikiwe na Bozizé.

Ubwanditsi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *