Ikipe y’u Rwanda igiye kwitegura CHAN 2021 izabera muri Cameroun

Share Now

Kuva taliki 16 Mutarama kugeza 07 Gashyantare 2021 muri Cameroun hazabera  imikino y’Afurika y’ibihugu ariko mu bakinnyi bakina imbere mu gihugu “CHAN 2021”. Iri rushanwa rikaba ryaragombaga kuba muri uyu mwaka wa 2020 ariko rirasubikwa kubera COVID-19.

Mu rwego rwo kwitegura iri rushanwa, umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi”, Mashami Vincent  yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 31 bagomba gutangira imyitozo  hakazavamo abazitarabira CHAN 2021.

Abakinnyi nyuma yo gupimwa COVID-19, kuri uyu wa Kane taliki 24 Ukuboza 2020 bakaba bagomba guhita batangira imyitozo izajya ibera kuri Sitade Amahoro  inshuro 2 ku  munsi.

Amavubi stars

Ikipe y’u Rwanda iri mu itsinda  C hamwe na Uganda, Togo na Maroc ifite iki gikombe giheruka muri 2018. Andi matsinda uko ateye, itsinda A ririmo Cameroon izakira irushanwa , Mali, Zimbabwe na Burkina Faso. Itsinda B ririmo Libya, Niger, RDC na Congo Brazzaville naho itsinda D rikabamo Zambia, Guinea, Namibia na Tanzania.

Abakinnyi b’Amavubi bahamagawe kwitegura CHAN 2021

Abanyezamu: Kwizera Olivier (Rayon Sports), Kimenyi Yves (Kiyovu), Ndayishimiye Eric “Bakame” (AS Kigali), na Rwabugiri Umar (APR FC).

Myugariro: Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Fitina Omborenga, Imanishimwe Emmanuel (APR FC),  Rugwiro Hervé (Rayon Sports), Nsabimana Aimable, Rutanga Eric, Usengimana Faustin (Police FC),  Bayisenge Emery, Rusheshangoga Michel (AS Kigali) na Serumogo Ally (Kiyovu).

Hagati: Niyonzima Olivier, Manishimwe Djabel (APR FC), Ngendahimana Eric (Kiyovu), Twizeyimana Martin Fabrice, Nshuti Dominique Savio (Police FC), Nsabimana Eric na Kalisa Rachid (AS Kigali).

Rutahizamu: Byiringiro Lague, Tuyisenge Jacques, Usengimana Danny (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Iradukunda Bertrand (Gasogi United), Iyabivuze Osée, Mico Justin (Police FC), Hakizimana Muhadjiri (AS Kigali) na Twizerimana Onesme (Musanze FC).

Hari kandi abakinnyi 3 bashobora kwitabazwa  mu gihe hari uwahamagawe ugize ikibazo. Aba ni Ruboneka Jean Bosco, Niyomugabo Claude (APR FC) na Sibomana Patrick (Police FC).

Iri rushanwa  ryashyizweho mu rwego rwo gufasha abakinnyi bakina imbere mu gihugu kwigaragaza ryatangiye muri 2009 ribera muri Cote d’Ivoire ryegukanwa na RDC yongeye kuryegukana muri 2016 ubwo ryaberaga mu Rwanda. Muri 2011 ryabereye muri Sudani, Tunizia yegukana igikombe, muri 2014 ribera muri Afurika y’Epfo maze Libiya iraryegukana naho muri 2018, Maroc iraryakira inatwara igikombe.

Ikipe y’u Rwanda imaze kwitabira inshuro 3 (2011, 2016 na 2018). Muri 2011 na 2018 yaviriyemo mu majonjora naho  muri 2016 iviramo muri ¼ .


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *