Ikoranabuhanga mu Rwanda muri iki gihe cya covid-19
Icyorezo cya corona virusi cyugarije isi benshi mu bikorera bafunze imiryango, businesi zirahomba ku rwego rwo hejuru mu Rwanda ndetse no ku isi yose.
Ibikorwa by’ ubucuruzi butandutanye bukenera igishoro runaka kugira ngo butangire, hari abifashisha amabanki, cyangwa se ubwizigame mugihe muri iyi minsi hari benshi bagiye bagura ibikorwa byabo hifashishijwe ikoranabuhanga, hifashijwe imbuga nkoranyambaga zitandukanye mu buryo bwo gucuruza serivisi zitandukanye nk’ uburyo benshi batajyaga bakoresha mbere .
Ubuzima tuganamo buratuganisha kubaho dukoresheje ikoranabuhanga by’umwihariko nka kimwe mu bisubizo byo kwirinda ikwirakwira ry’ icyorezo cya coronavirusi.
Nubwo ikoranabuhanga ariryo rikoreshwa cyane mu bihe nk’ibi haracyari imbogamizi ko hari benshi mu baturwanda badafite ubumenyi buhagije mu kurikoresha.
Mu Rwanda itangazo ry’Inama y’Abaminisitiri ryo ku wa 26 Kanama 2020, risaba abacuruzi bose kwemera kwishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga nka bumwe mu buryo bwo kwirinda COVID-19.
Queen Rosine Karenzi
