BAL 2025: APR BBC yabonye itike y’imikino ya nyuma
APR BBC yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma ya Basketball Africa League, nyuma yo gutsinda Nairobi City Thunder yo muri Kenya, igakomeza ari iya kabiri mu Itsinda rya Nile Conference. Ni umukino witabiriwe na Perezida Kagame.
Ni mu mukino w’Umunsi wa Gatandatu wo mu Itsinda rya Nile Conference rya Basketball Africa League, wabereye muri BK Arena mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Gicurasi 2025.
Uyu mukino watangiye ushyushye amakipe yombi atsindana, agace ka mbere karangira Nairobi City Thunder iyoboye umukino n’amanota 19 kuri 17 ya APR BBC.
Iyi kipe yo muri Kenya, yakomeje gukina neza no mu ntangiriro z’agace ka kabiri ndetse izamura ikinyuranyo kigera mu manota 10 (29-19).
Uyu mukino wakomeje kugora Ikipe y’Ingabo cyane cyane mu bwugarizi bwari bwananiwe guhagarika Albert Odero.
Ku rundi ruhande, abakinnyi b’Ikipe y’Ingabo bakoraga amakosa menshi kuko nka Chasson Randle, Obadiah Noel, na Miller Dime Jr bari bafite abiri.
Nairobi City Thunder yazamuye ikinyuranyo, igice cya mbere cyarangiye iyoboye umukino n’amanota 45 kuri 35 ya APR BBC.

Ikipe y’Ingabo yagiye mu gace ka gatatu igabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Aliou Diarra na Youssoupha Ndoye.
Ntibyarambye kuko mu minota ya nyuma y’aka gace, iyi kipe yo muri Kenya yongeye gutsinda cyane, igasoza iyoboye n’amanota 61 kuri 55 ya APR BBC.
Ikipe y’Ingabo yasubiranye imbaraga zikomeye mu gace ka nyuma, Axel Mpoyo utari wagaragaye atsinda amanota menshi yiganjemo atatu, mu gihe n’umurindi w’abafana wari hejuru cya.
Ubwo haburaga iminota ine ngo umukino urangire, Mpoyo yatsinze amanota abiri yatumye amakipe yombi anganya amanota 68-68.
Amanota atatu yo ku isegendo rya nyuma ya Obadiah Noel, yafashije APR BBC gutsinda Nairobi City Thunder amanota 77-74 ibona itike y’Imikino ya Nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo.
Ikipe y’Ingabo yatsinze imikino itatu muri iri rushanwa, yazamutse ari iya kabiri inyuma ya Al Ahli Tripoli.
Byari ibyishimo ku bafana ba APR BBC bari muri BK Arena.

Ubwanditsi
