Thomas Lubanga:  umuntu wa mbere waburanishijwe na ICC ubu washinze undi mutwe urwanya Kinshasa

Share Now

Mu 2021, Thomas Lubanga ari mu biro bya perezida wa DR Congo aho yagizwe umukuru w’itsinda ryashyizweho na Perezida Tshisekedi ryo gushaka amahoro muri Ituri

Benshi bamumenye mu makuru igihe yacirwaga urubanza mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha i La Haye mu Buholandi, mu 2012 rwamuhamije ibyaha yaregwaga runamukatira gufungwa imyaka 14.

MuriWerurwe (3) 2020 ubwo yasohokaga muri gereza ya Makala i Kinshasa – aho kuva mu 2015 yaje gukomereza igifungo cye avuye muri gereza ya La Haye mu Buholandi – yabwiye BBC ati: “Ntahanye imbabazi kugira ngo mfashe kongera kubaka sosiyete.” Mu bya mbere yakoze agisohoka muri gereza yahise ajya mu rusengero ari kumwe n’abo mu muryango we n’abamushyigikiye.

Thomas Lubanga w’imyaka 64 bivugwa ko ari muri Uganda, ubu yongeye kugaruka mu makuru, nyuma y’imyaka ine afunguwe yashinze umutwe witwaje intwaro witwa Convention pour la Révolution Populaire (CRP).

Mu kwezi gushize, Charles Kakani wungirije Thomas Lubanga, yabwiye ibinyamakuru byo muri DR Congo ko umutwe wabo ugamije “guhindura ubutegetsi bwa DR Congo no kugarura demokarasi”.

Uwa mbere wafunzwe akanaburanishwa na ICC

Mu mwirondoro we wavuzwe mu rukiko aburanishwa, Lubanga yavukiye mu ntara ya Ituri mu 1960, yinjira muri politike mu ishyaka rya MPR ryari ku butegetsi bw’icyari Zaïre akiri umunyeshuri muri kaminuza i Kisangani aho yize amasomo y’ibijyanye n’imitekerereze n’imyitwarire (psychology). Nyuma yakomereje mu ishyaka rya UDPS rya Etienne Tshisekedi aho yabaye mu bakuriye urubyiruko rwaryo igihe kinini.

Thomas Lubanga

Thomas Dyilo Lubanga – wo mu bwoko bw’aba-Hema – yaje kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa Rassemblement Congolais pour la Démocratie (RCD) ishami rya Kisangani – Mouvement de Libération rizwi nka RCD-KML, wari mu ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba yafashwaga na Uganda n’u Rwanda hagati ya 1998 na 2006mu gihe cy’intambara ya kabiri ya Congo.

Nyuma, Lubanga yagiye mu mutwe wa MLC wa Jean-Pierre Bemba,wafashwaga na Uganda, mbere yo kugaruka muri RCD akanagirwa ushinzwe ingabo, ariko mu 2001 yahise ashinga umutwe we yise Union des Patriotes du Congo.

Tariki 1 Ukuboza(12) 2014 Thomas Lubanga ari imbere y’abacamanza i La Haye

Uyu mutwe wa Thomas Lubanga, wari ufatanyije na Bosco Ntaganda, n’abandi nka Gen Jacques Ychaligonza, washinjwe ubwicanyi bukomeye mu makimbirane hagati y’aba-Hema n’aba Lendu mu ntara ya Ituri.

Thomas Lubanga yaje gufatwa n’ingabo za MONUSCO mu 2005, yoherezwa i Kinshasa aho yabanje kurindirwa muri hoteli zikomeye, ariko nyuma y’amezi macye ajyanwa muri gereza ya Kinshasa.Mu 2006 Thomas Lubanga yagaragaye arira ubwo yari agiye kurizwa indege y’ingabo z’Ubufaransa imujyana i La Haye mu Buholandi ku rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, aho yabaye umuntu wa mbere ufunzwe akanaburanishwa na rwo.

Mu mpera za 2021, Perezida Félix Tshisekedi yashyizeho itsinda ryiswe ‘Task Force y’amahoro, ubwiyunge no kubaka Ituri’ yari igamije ahanini gufasha imitwe yitwaje intwaro muri Ituri kuzishyira hasi, Tshisekedi yagize Thomas Lubanga umukuru w’iryo tsinda.

Mu kwezi kwa kabiri 2022, mu buryo butavugwaho rumwe, Thomas Lubanga na bagenzi be batandatu bari muri iyo ‘Task Force’ bashimuswe n’umutwe wa CODECO bari muri Ituri, uyu mutwe wabarekuye nyuma y’amezi abiri.

Mu matora yo mu 2023, Thomas Lubanga yatsindiye umwanya wo kuba umudepite w’intara ya Ituri, ariko komisiyo y’amatora iramusimbuza ivuga ko umuntu wahamijwe ibyaha atagomba gutorwa, ibyo we yamaganye. Nyuma yo kunanirwa gusubira muri politike muri Ituri, mu 2024 Thomas Lubanga yagiye muri Uganda avuga ko ahunze.

Source: BBC


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *