Daniel Gathof na Bart Classens begukanye Agace ka Mbere ka Rwandan Epic 2023

Share Now

Abadage Daniel Gathof na Bart Classens bakinira Ikipe ya Shift Up for Rwanda 1, begukanye Agace ka Mbere k’Isiganwa ry’Amagare yo mu misozi “Rwandan Epic 2023” nyuma yo gukoresha iminota 27 n’amasegonda 11 ku ntera y’ibilometero icyenda.

Rwandan Epic iri kuba ku nshuro ya kane, yatangiye ku wa Kabiri, tariki 31 Ukwakira 2023, aho yitabiriwe n’abakinnyi 123 baturutse mu bihugu 16 bitandukanye.

Iri rushanwa rikinirwa ahanini mu mihanda y’ibitaka, rikinwa mu byiciro bitatu mu makipe agizwe n’abantu babiri haba mu bagabo, mu bagore n’abakina bavanze. Hari kandi n’abakina ku giti cyabo.

Mu cyiciro cy’abagabo, abegukanye umunsi wa mbere ni Daniel Gathof na Bart Classens bakinira Sift Up For Rwanda 1 nyuma yo gukoresha iminota 27 n’amasegonda 11, bakurikirwa na Team 48 y’Abanya-Kenya igizwe na Joseph Bobby na Ndung’u Wa Keiya, yo yakoresheje iminota 29 n’amasegonda abiri.

Manizabayo Jean De Dieu na Iradukunda Valens bakinira Twin Lakes Cycling Academy 2 babaye aba kane basizwe iminota itandatu n’amasegonda atanu, bakurikirwa na Munyaneza Didier ukinana na Florian Magdalenc muri Shift Up For Rwanda 2 mu gihe Kwizera Elie na Mugisha Moïse babaye aba gatandatu.

Umubiligi Jens Schuermans wegukanye iri rushanwa mu 2022, yabaye uwa karindwi aho kuri iyi nshuro ari gukinana na Se, Danny Schuermans, bakaba basizwe iminota irindwi n’amasegonda 24.

Mu bagore, isiganwa ryegukanywe n’Abanyarwandakazi Ingabire Diane ukinana na Nzayisenga Valentine aho bakoresheje iminota 51 n’amasegonda 55.

Mu bakina bavanze, Abadage Melanie Bourgeoui na William Rauw begukanye umwanya wa mbere bakoresheje iminota 41 n’amasegonda 19 mu gihe Kansirida Nyirabahashyi na Ishimwe Claude babaye aba kane bakoresheje isaha, iminota 11 n’amasegonda 18.

Mu cyiciro cy’abakina ku giti cyabo, mu bagabo hatsinze Umubiligi Olivier Mathieu naho mu bagore hatsinda Neza Violette.

Simon De Schutter uri mu bateguye iri rushanwa yavuze ko yishimiye “uko Agace ka Mbere kagenze ndetse ni ko bimeze ku bitabiriye.”

Yakomeje ati “Ni irushanwa ryari rinejeje muri Nyamirambo na Mont Kigali, icyiza kandi ni uko nta mpanuka zikomeye zabaye, buri wese yasoje. Twizeye ihangana rikomeye hagati y’abakinnyi b’Abanyarwanda n’abanyamahanga.”

Rwandan Epic 2023 izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 1 Ugushyingo, hakinwa Agace ka Kabiri, Kigali [Rusiga]- Mt. Kabuye, gafite intera y’ibilometero 85.

Brightafrica.rw


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *