Capitaine Bayija: Intego ni ukwisubiza igikombe
Ikipe y’ingabo z’Igihugu ya APR Volleyball y’abagore, yakatishije itike y’umukino wa nyuma ry’irushanwa ngarukamwaka ryateguwe na KAVC Kampala Amateur Volleyball Club yo muri Uganda NSSF KAVC INTERNTIONAL 2023.
Ibi APR W VBC yabigezeyo ku wa gatandatu tariki 05/06/2023 nyuma yo gutsinda ikipe ya Kaminuza ya KCB Nkumba yo muri Uganda amaseti 3-1 i Lugogo Kampala. Ni umukino utari woroshye na gato.
APR iraza gucakirana na Ndejje University ya Uganda kuri iki cyumweru saa 10 za nimugoroba.
Set 1:APR yayitsinzwe ku manota 20-25 ya KCB Nkumba, i set ya 2 APR iyitsinda ku manota 25-16 ya KCB Nkumba, i Set ya 3 APR yayitsinze ku manota 25-18 ya KCB Nkumba mu gihe i set ya 4 APR yayitsinze kuri 25-23 KCB Nkumba.
Imikino ibanze APR yatsinze Espoir VC na KAVC amaseti 3-0 kuri buri buri mukino.
Andi makipe ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa ni Ikipe ya Polisi y’igihugu y’abagabo, yageze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa mu gihe Rwandair yaje gutsindwa muri 1/4 cy’irangiza.
Ku ruhande rw’Abagabo Police Men VC Rwanda yageze ku mukino wa nyuma itsinze Cobra yo muri Sudan y’Amajyepfo amaseti 3-0.Umukino wa nyuma Police M VC iraza kwesurana na Cobra VC.
Kugirango ikipe igitsindire burundu ni uko itsinda inshuro 3 yikurikiranyije. Ni ibintu bitoroshye ariko birashoboka.
Iri rushanwa ngarukamwaka ritegurwa na NSSF KAVC International Volleyball 2023, ryatangiye ejo ku wa kane tariki 04-06/08/2023. Rigamije kwibuka abahoze ari abayobozi, abakinnyi n’abanyamuryango ba KAVC bapfuye.
Ryitabiriwe n’amakipe atandukanye, yaturutse muri Sudan y’Amajyepfo, Kenya, Tanzania, u Rwanda, Uburundi na Uganda yariteguye.
Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR Women Volleyball Club na APR Men Volleybal Club, nizo zegukanye ibikombe byombi ubu umwaka ushize wa 2022 i Kampala muri Uganda.

APR W VC
Kapiteni wa APR W VC Bayija Yvonne yijeje itsinzi abakunzi ba APR. Yagize ati: Intego iracyari yayindi igikombe twiteguye kugitwara kubera ko turumva difite imbaraga kandi dufite ubushake. Ibintu byose iyo bihari byose birashoboka, niyo mpamvu igikombe tugomba kongera kukigarukana mu Rwanda.
Umutoza w’ikipe wa APR W VC Siborurema Florien nyuma yo gutsindira itike ya ½ cy’iri rushanwa, yashimiye ubuyobozi bw’ikipe y’ingabo z’igihugu budahwema kubaba hafi. Arashimira ko babahaye umwanya wo kwitegura kare bakaba barahageze bararuhuka bitegura iri rushanwa. Nta byera ngo de, yikomye abasifuzi bayoboye umukino wabahuje na KCB Nkumba bagoye cyane ikipe habuze gato ngo hakinwe umukino wa kamarampaka.
Nawe intego ni iyo kwisubiza igikombe kigataha mu rw’imisozi 1000.
Yasabye abakunzi n’abafana kubaba hafi ku mukino wa nyuma mu kanya nimugoroba muri Lugogo mu mujyi wa Kampala
Guhera 2002 iri rushanwa ryatangira, amakipe yo muri Uganda y’abagabo n’abagore amaze kwegukana iki gikombe inshuro 12, ku mwanya wa kabiri ni u Rwanda amakipe amaze kucyegukana inshuro 10, Kenya ni inshuro 2, u Burundi ni inshuro 1.
Christopher Karenzi
