Pakistan iza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abarwayi benshi ba diabète.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Kurwanya indwara ya diabète (IDF), washyize ahagaragara imibare igaragaza imitere y’iyi ndwara mu bihugu bitandukanye.
Uru rutonde rugaragaza ko Pakistan ari yo iza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abarwayi benshi ba diabète aho muri rusange abagera kuri 31% muri icyo gihugu bibasiwe n’iyi ndwara.
Pakistan ikurikirwa n’Ibirwa bya French Polynesia byo nyanja ya Pacifique bifite abagera kuri 25,2% bibasiwe mu gihe ku mwanya wa gatatu hariho Kuwait aho abaturage bayo bangana na 24,9% barwaye diabète.
Kuri uru rutonde, igihugu cyo muri Afurika kiri ku mwanya wa mbere ni Mauritius aho ku rwego rw’isi kiri ku wa munani n’abarwayi ba diabète bangana na 23% by’abaturage bose, igakurikirwa na Misiri iza ku mwanya wa 10 n’abaturage 21% bibasiwe.
Icyatunguranye kuri uru rutonde ni ugusanga ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza bitari mu myanya ya hafi kuko kimwe cyaje ku wa 59 ikindi kikaza ku wa 136 mu gihe ubusanzwe abaturage babyo bazwiho kurya no kunywa ibyiganjemo isukari.
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika barwaye diabète bangana na 11% mu gihe ab’u Bwongereza ari 6%.
Mu 2021 ku isi muri rusange habarurwaga abagera kuri miliyoni 537 barwaye diabète, iyi mibare ikaba yarazamutse ku rugero rwa 16% aho biyongereyeho miliyoni 74 ugereranyije n’uko byari bimeze mu 2019.
Hagaragazwa ko 90% by’abayirwaye baba bibasiwe n’iyo mu bwoko bwa kabiri ituruka ku mubyibuho ukabije, imirire mibi, kumara umwanya munini umuntu yicaye ahantu hamwe ndetse no kuba yahererekanwa mu mu muryango.
IDF igaragaza ko nibura umuntu umwe mu bantu 10 ku isi aba agendana uburwayi bwa diabète, bikaba byitezwe ko umubare rusange uzagera kuri miliyoni 643 bangana na 11% bitarenze mu 2030 mu gihe uzagera kuri miliyoni 783 bangana na 12,2% bitarenze mu 2045.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mu 2019, ryatangaje ko diabète ari yo yahitanye abantu benshi ku isi aho abagera kuri miliyoni 1,5 bishwe na yo.
IDF igaragaza ko mu Rwanda abagera kuri 4,5% ari bo barwaye diabète, bakaba bagera ku bihumbi 297 mu gihugu.
Ubwanditsi
