William Ruto: Uwambaye inkweto bwa mbere ku myaka 15 yatorewe kuba perezida wa Kenya

Share Now

Ubwana bwa William Ruto ni urugero rwiza rw’ubuzima bw’Abanya-Kenya benshi b’abacyene.

Yajyaga kwiga mu mashuri abanza nta kintu yambaye mu birenge, inkweto za mbere yambaye yazambaye afite imyaka 15.

Yanacuruje inkoko n’ubunyobwa ku muhanda mu duce tw’icyaro two mu karere ka Rift Valley.

Rero ntibitangaje ko yigaruriye imitima ya benshi mu gihe yivugaga nk’umuntu uvuganira abacyene, ubwo yahatanira kuba Perezida.

Ruto yiyamamaje ku itike y’ihuriro Kenya Kwanza, imvugo yo mu Giswayile ishatse kuvuga ngo Kenya mbere na mbere. Asezeranya guteza imbere ubukungu.

Ikigero cy’ubushomeri gitangazwa na leta mu Banya-Kenya bafite hagati y’imyaka 18 na 34 kigera hafi kuri 40%, kandi ubukungu ntiburi gutanga akazi gahagije ku rubyiruko 800,000 rwinjira ku isoko ry’umurimo buri mwaka.

Ku bw’ibyo rero yahimbye imvugo “igihugu cy’abashakisha imibereho”, ashaka kuvuga urubyiruko rugorwa no kubona ikirubeshaho.

Ruto yasezeranyije gushyiraho gahunda yo kuzamura ubukungu ihereye ku bo hasi b’amikoro macyeya.

Avuga ko izateza imbere abacyene barimo kugirwaho ingaruka zikomeye n’amakuba ashingiye ku kiguzi cy’imibereho yibasiye isi avuye ku cyorezo cya coronavirus n’intambara yo muri Ukraine.

Uyu mugabo w’imyaka 55 nibwo bwa mbere yari agerageje gushaka kuba Perezida. Yari yizeye kugira amahirwe nk’ayatumye atorwa, ubwo yageragezaga bwa mbere, nka depite mu nteko ishingamategeko mu 1997 ahagarariye akarere ka Eldoret North.

Yinjiye muri politiki mu 1992, nyuma yuko avuga ko yari yabanje gutozwa n’uwari Perezida wa Kenya icyo gihe Daniel arap Moi.

Ruto yari umwe mu bagize igice cy’urubyiruko mu ishyaka rya KANU ryahoze rikomeye rya Moi, ndetse yari umwe mu mpirimbanyi zari zishinzwe gukora ubukangurambaga mu batora, mu matora ya mbere mu gihugu ahuriwemo n’amashyaka menshi yabaye muri uwo mwaka.

Azwiho kuba azi kuvuga imbwirwaruhame zikwega imbaga y’abantu, no kwitwara neza mu biganiro byo mu bitangazamakuru.

Source: BBC Gahuza


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *