Perezida Paul Kagame yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya w’iki gihugu, Bola Tinubu wa Nigeria
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru ni bwo Umukuru w’Igihugu yageze muri Nigeria.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Gicurasi ni bwo Tinubu azarahirira kuyobora Nigeria.
Ni nyuma yo kwegukana intsinzi itavugwaho rumwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu matora yabaye mu mpera za Gashantare uyu mwaka.
Tinubu w’imyaka 71 y’amavuko yari ahagarariye Ishyaka risanzwe ku butegetsi All Progressives Congress. Amajwi yatangajwe na Komisiyo y’Amatora agaragaza ko yatsinze atowe n’abantu miliyoni 8,8 bingana na 36,6% by’abatoye bose.
Yahigitse Atiku Abubakar w’Ishyaka ritavuga rumwe n’Ubutegetsi People’s Democratic Party na Peter Obi wahabwaga amahirwe menshi yo gutorwa kubera uburyo yari ashyigikiwe n’urubyiruko
Intsinzi ya Tinubu yamaganwe mu rukiko n’abo bari bahanganye babiri bavuga ko ibyayavuyemo bitanyuze mu mucyo, icyakora Buhari utarigeze yongera kwiyamamaza nyuma y’imyaka umunani yamaze ku butegetsi, yavuze ko amatora yanyuze mu mucyo no mu bwisanzure.
Perezida Tinubu yabwiye Abanya-Nigeria ko uyu muhango wo kurahira ari uw’agaciro gakomeye.


Perezida mushya Tinubu yatangiye inshingano z’umukuru w’igihugu cya Nigeria
Ubwanditsi
