BAL iri kubera mu Rwanda ifitiye akamaro abayitabira

Share Now

Yanditswe na Karenzi Christophe

Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryatangiye muri  Kigali Arena  guhera ku itariki ya 16-05.2021 rigeze ku munsi wayo wa 4.

Ikipe ya Patriots ihagarariye u Rwanda yatangiye neza  irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) i Kigali, itsinda Rivers Hoopers amaonota 80-63 mu mukino  ufungura  iryo rushanwa.

Ahimana Stratton ni Perezida  w’ishyirahame ry’abasifuzi  b’umukino wa Basket mu Rwanda akaba n’umunyamuryango wa komisiyo tekinike muri FERWABA.

Bwana Ahimana mu kiganiro kigufi na brightafrica.rw, yavuze ku mahirwe abona ku ikipe ihagarariye u Rwanda Patriots BBC ndetse n’andi makipe yitabiriye muri  irushanwa rya BAL, yavuze ko ifite  50 /100 kimwe n’ayandi makipe yabonye muri BAL .

Ahimana Stratton Perezida  w’ishyirahame ry’abasifuzi  ba Basket ballmu Rwanda

Inyungu 3 abona u Rwanda rufitemo muri BAL  yagize ati: ” Abanyamahanga badusigira amafaranga,  abakinnyi barahembwa neza, icya gatatu ni  Devise zinjira mu gihugu’’.

Kubijyanye n’iri rushanwa rya BAL ni uko ibikoresho biri ku bibuga haba muri Convention Centre, birashoboka ko  babisigira Igihugu kuburyo yaba ari inyungu ku bakinnyi, abatoza n’igihugu muri rusange.

ku bakinnyi ba Patriots  bizabasigira ubumenyi  ni imyiteguro myiza ku itarikiya 04 mu kwezi gutaha, bazahita batangira  shampiyona yigihugu dore ko  hazaba bafite ishyaka  mugihe abatarakinnye  BAL  hazaba ari uguharanira kudatsindwa na Patriots.

Ahimana Straton akaba asanga amakipe azahura na Patriots azaba aharanira gutsinda Patriots ivuye muri BAL, ati ibyo bizatuma habamo ishyaka cyane cyane ku makipe azaba  yahuye n’iyi kipe.

Abakinnyi bazitwara neza barimo nka Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, Kaje, Sagamba Cédar n’abandi bazitwara neza, bashobora kubengukwa n’amakipe  muri Amerika, ku mugabane w’Uburayi n’ahandi..

Byumwihariko abakinnyi bo mu mu Rwanda n’abo mu bindi bihugu bakaba bazagira ishyaka ko umwaka utaha BAL aho izabera hose urwego rw’abakinnyi ruzaba rwarazamutse.

Umutoza Cliff hagati atoza APR BBC yarikaze mu bihe byo hambere

Umutoza w’ikipe y’ingabo z’igihugu APR BBC umukenya Cliff Owuor, yavuze ko iri rushanwa  rya BAL rizagira akamaro ku bakinnyi  ndetse n’abatoza kandi ko bazunguka byinshi.

Ashimira leta y’u Rwanda yakoze akazi gakomeye kuba ifite ibikorwa remezo, atanga urugero rwa Kigali Arena, ngo si ubwambere u Rwanda ruteguye irushanwa rikomeye  mu rwego rw’ amajonjoro y’imikino ya FIBA kandi byagenze neza.  Yizeye ko Patriots ishobora gukomeza  kwigaragaza ku rwego  rwo hejuru.

Umutoza wa REG BBC Henry Mwinuka, akaba n’umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu, ku bijyanye n’iyi mikino ya BAL ikomeje kubera mu rwa Gasabo, yavuze ko uretse abakinnyi n’abayobozi, abaterankunga  ba basketball, iyo bageze muri iki cyiciro cya nyuma cya BAL ngo  barahembwa.

Yagize ati: ‘’Aka ni akazi kuberako bashoye amafaranga  yabo muri Afrika bakaba bazi ko azagaruka’’.

Yatanze urugero rwa Patriots BBC, agaragaza ko abanyamuryango bishyize hamwe bashinga ikipe  hanyuma bashoramo amafaranga ariko ubu  baratuje ntayo barimo gutanga. Urwo ni urugero, iyo washoye mu mikino ni akazi ni ubunyamwuga.

Yashoje avuga ati: ‘’Twese tuzakina ariko bake muri twe bashobora kugira icyo bageraho hagati aho niba ntacyo urageraho hari umusanzu ukomeye wakoze mu mikino’’ .

Umutoza Mwinuka, ni umutanzania watoje ikipe ya Patriots BBC akaba yarayihesheje igikombe cya shampiyona hanyuma ayigeza no  mu majonjora ya mbere ya BAL.Nyuma yaje kwerekeza mu ikipe ya REG BBC, ikaba yaramwongereye umushahara atarayabonaga kuri mukeba we Patriots BBC.

Umutoza Henry Mwinuka wa REG n’umwungiriza w’Ikipe y’igihugu

Iri rushanwa ririmo kubera mu Rwanda  ku bufatanye  bwa BAL, NBA na FIBA Afrique.


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *