Volleyball: Amakipe ya APR yasoje neza imikino ibanza ya shampiyona 2024
Mu bagabo, APR VC yatsinze Police VC amaseti 3-2, naho iy’abagore itsinda Rwanda Revenue Authority amaseti 3-0 mu mikino isoza ibanza muri Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda.
Iyi mikino yabaye ku Cyumweru, tariki 24 Werurwe 2024 muri Lycée Notre Dames de Anges i Remera mu mujyi wa Kigali.
Mu bagabo, uyu mukino watangiye wihuta cyane ku mpande zombi, amakipe yombi yegeranye mu manota ariko Police VC itsinda amanota menshi.
Ntagengwa Olivier yatsinze amanota yafashije Police VC gutsinda iseti ya mbere ku manota 25 kuri 23 ya APR VC.
Ikipe y’Ingabo yasubiranye imbaraga mu iseti ya kabiri, Niyonkuru Samuel, Gatsinzi Venuste bayifasha kongera ikinyuranyo kigera mu manota umunani (18-10).
Iyi kipe yatsinze iseti ya kabiri ku manota 25 kuri 22 ya Police VC.

Mu iseti ya gatatu ikipe ya Polisi y’igihugu yatangiranye imbaraga nyinshi ibifashijwemo na Nsabimana Placide ‘Maddison’.
Ikipe ya APR yatsinze iseti ya kane ku manota 25 kuri 19, hitabazwa iya kamarampaka (Seoul).
Muri iyi seti, APR VC yayitsinze ku manota 15 ku icyenda. Muri rusange, umukino warangiye Ikipe ya APR yatsinze iya Polisi y’Igihugu amaseti 3-2 (23-25,25-22,17-25,25-19,15-9).

Rwanyonga Mathiew Umutoza wungirije wa APR VC akaba yaranakiye iyi ikipe igihe kirekire
Nyuma y’uyu mukino Umutoza wungirije w’ikipe y’abagabo APR VC Mathiew Rwanyonga yavuze ibanga ryo gutsinda uyu mukino ngo ni uko bize neza ikipe ya Police VC.
Yagize ati ‘’ Nta rindi banga uretse ko twize umukino wabo, batsindaga natwe tugatsinda. Iyo amakipe ari ku rwego rumwe, iyo umwe akoze ikosa uramukosora.
Ku I seti ya kane umukino waratworoheye, Police yagiye isimbura cyane abakinnyi ibasubizamo byatumye abasubiyemo batinda gufatisha umukino, Police na APR ni amakipe acungana, umwe iyo akoze ikosa undi ahita akuzamukana. Ni muri urwo rwego dusabwa kuba maso’’
Ikipe ya Police VC niyo ifite igikombe cy’akarere ka 5 ka Afrika.
APR VC ni imwe mu makipe 3 harimo Gisagara ndetse na Police azahagararira u Rwanda mu makipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB CLUB CHAMPIONSHIP 2024).
Iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe y’abagabo n’abagore, rikazabera mu gihugu cya Misiri mu kwezi wa Mata no mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi 2024.
Mu bagore, APR WVC yasoje imikino ibanza iyoboye

APR WVC yatangiye uyu mukino neza itsinda. Rwanda Revenue Authority yo yatinze kwinjira mu mukino bituma iseti ya mbere irangira APR yatsinze RRA amanota 25-19.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro yakinnye nabi iseti ya kabiri kuko APR WVC yagize amanota 13 ifite arindwi gusa.
Iseti ya kabiri yarangiye Ikipe ya APR iyitsinze ku manota 25 kuri 15 ya Rwanda Revenue Authority.
Rwanda Revenue Authority mu iseti ya gatatu yakosoye amakosa muri iyi seti irayiyobora ariko APR nayo ntiyajyaga kure kuko ikinyuranyo nticyarengaga amanota abiri.

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yakinnye amanota ya nyuma neza itsinda iseti ya gatatu ku manota 25 kuri 22.
Umukino warangiye APR WVC yatsinze Rwanda Revenue Authority amaseti 3-0 (25-19,25-15 na 25-22).Undi mukino wabaye , Police WVC yatsinze Ruhango WVC amaseti 3-0 (25-20, 25-13, 25-12). Biteganyijwe ko imikino yo kwishyura izatangira ku wa Gatanu, tariki 29 Werurwe 2024.Nyuma yo gutsinda ikipe ya RRA, APR VC y’abagore yahise ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 13 ikaba ikurikiwe na Police VC n’amanota 12. Ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda ryatangaje ko imikino yo kwishyura irahita ikomeza dore ko igomba gutangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29, aho mu cyiciro kibanza amakipe ya Kepler VC izesurana na Police VC, naho APR VC igacakirana na REG VC.Nkuko tubikesha Kigali Today Mu cyiciro cy’abagore, imikino yo kwishyura izatangira ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe 2024, aho mu mikino yitezwe harimo uzahuza ikipe ya APR VC na Police VC.

Umutoza wungirije wa APR VC Rwanyonga na Sam Mulinge Umutoza mukuru wa APR VC

Gisagara Volleyball Club

APR VC
Christophe Karenzi
