APR VB yegukanye igikombe cy’ Isabukuru y’imyaka 47 AMICAL ishinzwe

Share Now

APR VB yegukanye irushanwa ryo kwizihiza Isabukuru y’imyaka 47 ishize Ikipe ya Amical des Sportifs de Bujumbura imaze ivutse itsinze Rukinzo VC Amaseti 3-2 (25-23,25-22,19-25,17-25, 8-15).

Iri rushanwa ryabereye i Bujumbura ku itariki ya 15-16.07.2023. Ku mukino wa nyuma APR ikaba yaratsinze amaseiti 3-2

 Umutoza wungirije wa APR VC Rwanyonga Mathayo mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko ku iseti ya kane, ikipe ya Rukinzo yavunikishije umukinnyi wabo ukomeye noneho haboneka icyuho, APR ikizamukiraho.

Icyo  APR yungukiye muri iri rushanwa Rwanyonga yabivuze muri aya magambo ‘’Iri rushwanwa ryahuje abakinnyi batandukanye baturutse hirya no hino n’ubwo hari Abarundi n’Abanyarwanda, ryari rivanzemo  ndetse n’abakinnyi  b abagande, harimo n’Abanyakenya.

Hari byinshi twungukiyemo nizereko n’abarundi hari ibyo bahungukiye.

Umuyobozi  w’Ikipe ya Amical des Sportifs de Bujumbura Dr Innocent Ndayikunda, yavuze ko ryari riteguye neza.

Byumwihariko yagaragaje ko  iri rushanwa ryagenze neza cyane ku rwego batari bamenyereye mu Burundi.

Mu rwego rwo kuzamura urwego rw’umupira w’amaboko mu Burundi nkuko bimeze mu Rwanda, Dr Ndayikunda yavuze ko ibikenerwa kugirango ikipe y’umupira w’amaboko cyangwa indi imikino itere imbere, icya mbere ni uburyo bw’amikoro bashyiramo, gutegura amarushanwa ku rwego mpuzamahanga ndetse no kugira amakipe y’abana mu bigo by’amashuri, bagakura bakunda imikino hakabaho ndetse no gutoranyamo abakinnyi beza.

Abakanyujijeho nabo barigaragaje mu mikino ya gicuti

Iri rushanwa ngo rizaba ngarukamwaka mu kwezi kwa karindwi.

Ni irushanwa ry’itabiriwe n’amakipe 13 y’abagabo harimo amakipe 5 yo mu Rwanda, imwe yo mu Bugande ndetse n’amakipe 7 yo mu Burundi.

Amakipe yaragabanyije mu byiciro 2; ikiciro cya mbere(division 1) n’ikiciro cy’abakanyujijeho (amateurs).

 Ikipe ya APR niyo yegukanye igikombe cyo kwizihiza Isabukuru y’imyaka 47 ishize Ikipe ya Amical des Sportifs de Bujumbura imaze ishinzwe

Mu kiciro cya mbere harimo amakipe nka Rukinzo VC (Burundi), Amical des Sportifs de Bujumbura (Burundi) ari nayo yateguye irushanwa, Gacosmos (Burundi), BVC (Burundi), BUN (Burundi), Muzinga VC (Burundi), APR VC (Rwanda), KVC (Rwanda), Police VC (Rwanda) na KAVC (Uganda) naho mu bakanyujijeho harimo amakipe 3 ariyo ASEVIF (Rwanda), Tout Âge (Rwanda) na Les Aigles (Burundi).

Abafana bari babukereye

Abayobozi b’inzego zitandukanye bitabiriye irushanwa

Christophe Karenzi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *