RwandAir yahagaritse ingendo zerekeza mu Buhinde kubera COVID-19

Share Now

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bw’ibintu n’abantu mu kirere RwandAir, yatangaje ko bitewe n’ubwiyongere budasanzwe bw’ubwandu bw’ibyo cyorezo mu Buhinde, ihagaritse by’agateganyo ingendo zerekeza i Mumbai guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Gicurasi 2021.

Ubuyobozi bwa RwandAir bwamenyesheje abakiriya n’abandi bafatanyabikorwa ko ingendo zihagaritswe kugeza igihe hazongera gutangirwa itangazo ko zifunguwe, buboneraho kwisegura ku bantu bose bagizweho ingaruka n’icyo cyemezo.

Abo uwo mwanzuro watangajwe baramaze kugura amatike yerekeza muri icyo gihugu basabwe kuba bakongera guhinduza ikindi gihe bafatiraho urugendo, ubwo ingendo zizaba zisubukuwe, cyangwa bagasaba gusubizwa amafaranga ya tike bishyuye.

Mu minsi ibarirwa mu 10 ishize ni bwo hatangiye kugaragara ubwiyongere budasanzwe bw’abantu banduye icyorezo cya COVID-19, aho buri munsi batajyaga munsi y’ibihumbi 300.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo imibare yiyongereye bidasanzwe igera ku 401,993 ndetse hatangazwa n’abarwayi 3,523 bishwe n’icyo cyorezo, bituma abamaze guhitanwa na cyo bagera ku 211,853 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima y’icyo Gihugu.

Ubwiyongere bw’abarwayi no gushyingura abahitanywe n’icyo cyorezo byarenze ubushobozi bw’ibitaro, aho n’abaturage bakomeje kwinubira ubuke bw’imashini zongera umwuka wo guhumeka.

Nubwo u Buhinde buri mu bihugu bya mbere ku Isi mu gukora inkingo za COVID-19, haracyagaragara Intara zimwe na zimwe zitaragerwamo n’inkingo zihagije abantu bose bageze igihe cyo gukingirwa.

Leta ya Bengal yo mu Burengerazuba bw’icyo Gihugu ivuga ko itabashije gutangiza igikorwa cy’ikingira ku bantu bari hagati y’imyaka 18 na 45 bitewe n’ingano y’inkingo yabaye nke, ikaba isaba Guverinoma kuyongerera izindi nkingo.

Ubwiyongere bw’abicwa na COVID-19 buratuma igikorwa cyo gutwika imirambo kiba ingorabahizi

Arvind Kejriwal, Umuyobozi wa Leta ya Delhi yazahajwe n’icyo cyorezo kurusha izindi Leta, yatangaje ko abaturage badakwiye gutonda imirongo mu gihe bategereje guterwa inkingo abizeza ko guhera kuri iki Cyumweru bazabona izindi nkingo kugira ngo bakingirwe ari benshi kandi bikorwe mu nzira nziza.

Leta ya Odisha yamaze kwakira inkingo 150,000 ku wa Gatanu, ariko ngo hazajya hemererwa abantu bake kujya gukingirwa kuko n’ubundi iyo Ntara iri muri gahunda ya Guma Mu Rugo.

Mu Mujyi w’Ubucuruzi wa Ahmedabad uherereye muri Leta ya Gujarat aho Minisitiri w’Intebe Narendra Modi akomoka, abaturage benshi baracyategereje guhabwa inkingo, nubwo igikorwa cy’ikingira kirimbanyije.

Umwe mu banyeshuri biga muri uwo mujyi yagize ati: “Namaze guhabwa doze ya mbere kandi ndasaba abanyeshuri bagenzi banjye kwihutira kwikingiza kugira ngo bagume ari bazima muri ibi bihe bitoroshye.”

Mu gihe u Buhinde bukora inkingo z’Astra Zeneca, muri iki cyumweru bwakiriye inkingo za Sputnik-V ziturutse mu Burusiya, ndetse bikaba byitezwe ko buzakomeza kwakira n’andi mamiliyoni y’izo nkingo nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buhinde, Arindam Bagchi.

Ubwiyongere bw’abicwa na COVID-19 buratuma igikorwa cyo gutwika imirambo kiba ingorabahizi

Ubwanditsi

Brightafrica.rw


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *