Covid-19: Macron asaba ko hagati ya 4 na 5% by’inkingo zoherezwa mu bihugu bicyennye

Share Now

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yasabye Uburayi n’Amerika kohereza mu buryo bwihutirwa 5% by’inkingo zabyo za Covid-19 mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Bwana Macron yabwiye ikinyamakuru Financial Times cyo mu Bwongereza ko kunanirwa gusaranganya inkingo mu buryo burimo gushyira mu gaciro byarushaho kongera ubusumbane ku isi.

Kugeza ubu byinshi mu bikorwa byo gukingira abaturage bimaze gukorwa n’ibihugu bikize.

Bwana Macron yatanze igitekerezo cy’uburyo ubwo busumbane bwavaho, abivuga mbere y’inama yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iyakure ihuje ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi bizwi nka G7 iba kuri uyu wa gatanu.

Ibiro White House bya Perezida w’Amerika byatangaje ko Perezida Joe Biden agiye gutangaza inkunga ya miliyari 4 z’amadolari yo gufasha muri gahunda yo gusaranganya inkingo ku isi izwi nka Covax.

Macron yavuze iki nyirizina?

Bwana Macron yabwiye ikinyamakuru Financial Times ati: “Ntabwo turimo kuvuga ngo doze [z’inkingo] zibarirwa muri za miliyari zitangwe aka kanya, cyangwa [ngo hatangwe] za miliyari z’amafaranga y’ama-euro”.

“Bijyanye no gutanga byihuse kurushaho hagati ya 4 na 5% bya doze dufite”.

“Nta cyo bizahindura ku bikorwa byacu by’ikingira, ariko buri gihugu gikwiye gushyira ku ruhande umubare muto w’inkingo kigomba gutanga zibarirwa muri za miliyoni mirongo, ariko vuba cyane, kugira ngo abantu bariyo [mu bihugu bicyennye] babone ko zirimo kubageraho”.

Bwana Macron yavuze ko umukuru w’Ubudage Angela Merkel ashyigikiye gahunda y’Uburayi yo gusaranganya inkingo, avuga ko yizeye ko Amerika nayo izashyigikira iyo gahunda.

Bwana Macron yavuze ko mu gihe iyo gahunda itashoboka, Ubushinwa n’Uburusiya ari byo bizabikora, “bicire inzira intambara yo kugira ijambo ishingiye ku nkingo”.

Source: BBC Gahuza


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *