Tombora: APR izacakirana na  Pyramids FC, Rayon Sports yisanga iri kumwe na Singida Black Stars.

Share Now

Tombola y’uburyo amakipe azahura muri iri rushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe imbere mu gihugu muri Afurika yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025.

Ikipe ya APR FC yo mu Rwanda yatomboye Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, mu gihe Rayon Sports yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Pyramids niyo ifite igikombe giheruka, ni ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aya makipe agiye guhura ariko kuri iyi nshuro ni mu ijonjora rya mbere.

Aya makipe azahagararira u Rwanda mu Mikino Nyafurika yose azahera mu ijonjora ry’ibanze, aho APR FC izakina CAF Champions League izahura na Pyramids yo mu Misiri mu mikino iteganyijwe hagati ya tariki 19-21 Nzeri 2025, mu gihe uwo kwishyura uzaba nyuma y’icyumweru kimwe.

Ikipe izasezerera indi, izahura n’izava hagati ya Rema Stars yo muri Nigeria na US Zilimadjou yo mu Birwa bya Comoros.

Ikipe y’Ingabo yateguye umukino nwa gicuti na Power Dynamos yo muri Zambia, tariki ya 17 Kanama 2025.

Rayon Sports FC ihagarariye u Rwanda yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere ry’imikino ya CAF Confederation Cup 2025/26.

Rayon Sports yabaye iya kabiri muri Shampiyona y’umwaka ushize wa 2024/25 yatomboye Singida Blac Stars yabaye iya kane muri Tanzania.

Rayon Sports ni yo izatangira yakira Singida Black Stars mu mukino uteganyijwe hagati ya 19-21 Nzeri 2025 mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe hagati y’itariki 26 na 28 Nzeri 2025 i Dar es Salaam.

Ikipe izakomeza izahura n’izava hagati ya Flambeau du Centre yo mu Burundi n’indi yo muri Libya itaramenyekana. Mu mwaka wa Shampiyona ya 2024/25 Singida Black Stars yabaye iya kane n’amanota 57.Ikipe ya Berkane yo muri Morocco ni yo ifite igikombe giheruka cya CAF Confederation CUp, yegukanye itsinze Simba SC yo muri Tanzania ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Rayon Sports yisanze muri Tanzania

Singida Black Stars ni yo izahura na Rayon Sports mu Ijonjora rya mbere muri CAF Confederations Cup

Indi kipe ihanzwe amaso n’Abanyarwanda ni Rayon Sports yongeye guhagararira igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup nyuma y’imyaka ibiri.Mu ijonjora ry’ibanze, Gikundiro izahura na Singida Black Stars yabaye iya gatatu muri Shampiyona ya Tanzania mu mikino iteganyijwe hagati ya tariki 19 na 21 Nzeri 2025 n’uwo kwishyura uri hagati ya tariki ya 26 na 28 Nzeri 2025.

Ikipe izasezerera indi, izahura n’izaba yakomeje hagati ya Flambeau de Centre y’i Burundi n’ikipe yo muri Libya itaramenyekana kuko Shampiyona itararangira. Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino, Murera yariyubatse aho yaguze abakinnyi benshi nka Bigirimana Abedi, Chadrack Bingi Bello, Emery Bayisenge, Musore Prince n’abandi. Iyi kipe kandi ikomeje gukina imikino ya gicuti muri gahunda ya ‘Rayon Week.’

Tariki ya 15 Kanama 2025, Rayon Sports izahura na Yanga SC yo muri Tanzania mu mukino uzaherekeza Umunsi w’Igikundiro uzabera kuri Stade Amahoro.

Ubwanditsi


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *