Gicumbi na Heroes ziyambaje RGB ngo ibakiranure na Ferwafa

Share Now

Amakipe ya Gicumbi na Heroes aheruka gusubizwa mu cyiciro cya kabiri, yandikiye RGB ngo ibarenganure, igaragaza ibyo FERWAFA yaba ikora bitubahirije amategeko

Ikipe ya Gicumbi ndetse na Heroes zimaze iminsi zarishyize hamwe mu kugaragaza ikibazo bita akarengane cyo kuba baramanuwe mu cyiciro cya kabiri mu buryo budakurikije amategeko nk’uko bagiye babigaragaza mu bihe bitandukanye, biyambaje RGB ngo ibarenganure.

Aya makipe avuga ko umwanzuro wafashwe wo kubamura udakurikije amategeko, aho mu ibaruwa y’amapaji atanu bandikiye RGB, bavuga ko ingingo ya 33 y’amategeko shingiro Komite Nyobozi ya Ferwafa bagendeyeho idajurikije amategeko kuko bari munsi y’Inteko Rusange.

Gicumbi na Heroes kandi zivuga ko inama yahuje amakipe yo mu cyiciro cya mbere (hifashishijwe ikoranabuhanga), itahawe agaciro kandi abanyamuryango bari bemeje ko aya makipe atazamanuka.

Inkuru ya Kigali Today


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *