Isuku ibe umuco: Nkundwanabake Umuyobozi wa Eco-stewardship Generation (ESGEN)  

Share Now

Karenzi Christophe

Nkundwanabake Cedrick  akorana n’urubyiruko rwo mu  Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge, mu mujyi wa Kigali, yatangije umushinga ukora  ku bijyanye n’isuku ku migezi.

Mu kiganiro na Brightafrica.rw  yagaragaje ko hari aho usanga imigezi yarangiritse  bitewe n’ibyondo biva ku misozi, haragiyemo ibiti cyangwa  amabuye.

Imwe mu mirimo bakora ni  ugukura imyanda ya pulasitiki mu ruzi rwa Nyabarongo bakayikorera isuku.

  Nkundwanabake Cedrick

Yagize ati ‘’ Uretse iyo mirimo  dushyiraho  gahunda  ku bigo by;Amashuri mu gutunganya imyanda no kuyegeranya ntibe iri ahantu hatandukanye mu kigo  kandi bakayivangura bityo abanyeshuri bakabigiramo uruhare bazi uburyo bwo gufata imyanda’’

Ku bijyanye n’imikoraniro yIkigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurengera Ibidukikije mu rwanda REMA, Uyu muyobozi yavuze ko bataratangira gukorana ariko bigeze kubasura. Yagize ati ‘’Uretse nk’abantu badukuriye hari imfashanyagisho  tuba twabanye ziri ahandi tukaba twazifashisha kuri gahunda ya Leta.

Yongeyeho ko Ikigo  gishinzwe kwita ku bidukikije mu Rwanda   yigeze kubasura aho bakoreraga i Rurindo

Mu mwaka wa 2021 ari bwo batangiye icyo gikorwa kigamije ahanini gusukura imigezi n’inzuzi zo mu Rwanda haherewe kuzegereye aho bakorera.

Avuga ko bigamije ahanini isuku yaba ikorerwa mu mazi n’ahandi harimo no mu gutuma mu bigo by’amashuri abanyeshuri n’abandi bahakora bamenya gutandukanya imyanda ibora n’itabora.

Mu mwaka wa 2021 nibwo batangiranye n’urubyiruko rwo muri Rulindo mu gusukura imigezi binyuze mu kuhatora pulasitiki zari mu migezi izindi bazitaye mu masoko hirya no hino muri aka gace.

Muri icyo gihe bakoreraga mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo ahegeranye na Shyorongi hakaba n’ahandi babikoreraga hitwa Kijabagwe muri Rulindo.

Nkundwanabake Cedrick  yavuze ko hari  Ikigo River Cleanup cy’Ababiligi  bakorana  mpuzamahanga  akaba agihagarariyr mu Rwanda Let’s do it mu Rwanda mu Kinyarwanda ngo reka tubikore.

Arasaba  inzego zitandukanye zirebana n’ibidukikije ubufatanye haba ndetse no kubashyigikira  ku bikoresho badafite.


Share Now

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *