{"id":969,"date":"2021-02-13T10:27:38","date_gmt":"2021-02-13T10:27:38","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=969"},"modified":"2021-02-13T10:27:40","modified_gmt":"2021-02-13T10:27:40","slug":"kuzamura-ireme-ryuburezi-no-gukoresha-neza-umutungo-imigabo-nimigambi-prof-lyambabaje-yinjiranye-muri-ur","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/13\/kuzamura-ireme-ryuburezi-no-gukoresha-neza-umutungo-imigabo-nimigambi-prof-lyambabaje-yinjiranye-muri-ur\/","title":{"rendered":"Kuzamura ireme ry\u2019uburezi no gukoresha neza umutungo: Imigabo n\u2019imigambi Prof Lyambabaje yinjiranye muri UR"},"content":{"rendered":"\n<p>Prof Alexandre Lyambabaje uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Kaminuza y\u2019u Rwanda yavuze ko mu byo azibandaho harimo gukomeza guteza imbere ireme ry\u2019uburezi no kwimakaza imikoreshereze myiza y\u2019umutungo w\u2019iyi kaminuza.<\/p>\n\n\n\n<p>Inama y\u2019Abaminisitiri yateranye ku wa 02 Gashyantare 2021 niyo yemeje Prof Lyambabaje nk\u2019Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y\u2019u Rwanda. Ni nyuma y\u2019uko hari hashize amezi ane Phillip Cotton wayiyoboraga asoje amasezerano ye kuri uyu mwanya agasimburwa by\u2019agateganyo na Dr Musafiri Papias Malimba wigeze kuba Minisitiri w\u2019Uburezi.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa 12 Gashyantare nibwo habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Dr Musafiri Papias Malimba na Prof Lyambabaje. Ni umuhango wanitabiriwe na Minisitiri w\u2019Uburezi Dr Uwamariya Valentine.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri uyu muhango Dr Musafiri Papias Malimba yagaragarije Prof Lyambabaje byinshi Kaminuza y\u2019u Rwanda imaze kugeraho kuva yashingwa mu 2013 biturutse mu guhuza Kaminuza za Leta zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse ibyagezweho Dr Musafiri yanagaragarije uyu muyobozi mushya wa UR ko afashe inshingano muri kaminuza irimo imbogamizi zitandukanye zirimo izatewe n\u2019icyorezo cya COVID-19 ndetse n\u2019izijyanye n\u2019imicungire mibi y\u2019umutungo nk\u2019uko byagiye bigaragazwa n\u2019Umugenzuzi Mukuru w\u2019Imiari ya Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Prof Lyambabaje yavuze ko ashimira Leta y\u2019u Rwanda kuba yaramugiriye icyizere ikamuha kuyobora Kaminuza y\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cTwishimiye kuba Nyakubahwa Perezida wa Repubulika na Guverinoma y\u2019u Rwanda barasanze kaminuza ishobora kuyoborwa n\u2019Umunyarwanda kandi muri abo Banyarwanda nkagira amahirwe bakaba ari njye bahitamo kuba nabikora.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ku kibazo cy\u2019ireme ry\u2019uburezi riri hasi rikunzwe kugarukwaho mu Rwanda, avuga ko hamwe n\u2019abandi bazakora uko bashoboye bagakomeza kuryubakiraho muri Kaminuza y\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIyo uganiriye n\u2019umuntu aha hanze abantu barakubwira bati ese ko tubona abanyeshuri barimo kurangiza muri Kaminuza basa naho batari ku rwego rw\u2019abarangizaga kera, sinzi niba ari amakabyankuru ariko icyo tugomba kuvuga ni uko uko ibihe bisimburana, uko ikoranabuhanga rihinduka tugomba kubikoresha mu buryo bushoboka bwose kugira ngo umuntu arangize azi gukoresha iryo koranabuhanga mu kurangiza inshingano mu kazi ari naho usanga abakoresha bavuga bati umuntu arangiza atazi kwandika ibaruwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cGukomeza kubaka ireme ry\u2019uburezi ni kimwe mu bintu bikomeye dukwiye kubakiraho ariko tukanabyubaka dushaka ko ubushakashatsi bugira uruhare mu gufasha abigisha n\u2019abigishwa kugira ubumenyi bugezweho kuko nicyo burya ubushakashatsi bumaze.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bindi yavuze azitaho harimo imikoreshereze myiza y\u2019umutungo wa Kaminuza. Ati \u201cIkindi ni ibijyanye n\u2019umutungo ni ngombwa ko dukorana n\u2019Umugenzuzi mukuru wa Leta, dugakorana n\u2019abakozi hano muri Kaminuza tugakorana n\u2019izindi nzego zibishinzwe kugira ngo ibishoboka byose bigomba kujya mu buryo bikorwe.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje ati &#8220;Kuko nk\u2019uko nababwiraga iyo ukoresha amafaranga avuye mu misoro yatanzwe, ukumva ko ya mafaranga wampaye ngo nigishe abana nayakoresheje ibindi bitandukanye, ni uburenganzira bwawe ubinyujije ku Mugenzuzi mukuru w\u2019Imari ya Leta kuza kumbaza uti bite ko ibyo twasezeranye atari byo ukora.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kurushaho gukoresha neza umutungo wa Kaminuza y\u2019u Rwanda, Prof Lyambabaje yavuze ko bazongerera ubumenyi itsinda rishinzwe ubugenzuzi bw\u2019imari imbere muri kaminuza kandi bakagerageza kumvisha abagenzura n\u2019abagenzurwa uburyo akazi gakorwa neza.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bindi Prof Lyambabaje yavuze azitaho cyane harimo gukorana na Kaminuza zigenga aho abarimo bo muri Kaminuza y\u2019u Rwanda bashobora kuzajya bahugura abo muri iri zigenga, aho kugira ngo bajye kwigishayo, gukorana n\u2019ibigo by\u2019ubushakashatsi haba mu Rwanda no mu karere, kuzamura imikino n\u2019ibikorwa biteza imbere umuco muri kaminuza.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko kandi bazareba uburyo Kaminuza y\u2019u Rwanda yakongera gukorana n\u2019abahoze ari abarimu bayo ariko nyuma bakajya gukora muri Guverinoma cyangwa ibindi bigo bitandukanye ku Isi yose, kugira ngo bagaruke nibura bajye batanga umusanzu wabo mu kwigisha abanyeshuri barangiza mu byiciro bihanitse bya kaminuza no gukora ubushakashatsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019Uburezi Dr Uwamariya Valentine yavuze ko nka Guverinoma y\u2019u Rwanda bifuza ko Prof Lyambabaje yazakomeza kuzamura iremere ry\u2019uburezi muri Kaminuza y\u2019u Rwanda kandi ikagira uruhare mu gukora ubushakashatsi buzana impinduka mu kubaka ubukungu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati &#8220;Kaminuza y\u2019u Rwanda ifite icyerekezo n\u2019intego bihari bisobanutse bigaragara, aje kubikomeza ariko cyane cyane nk\u2019uko twabivuze, ni kenshi mwagiye mwumva kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ubumenyi rero butangwa n\u2019uburezi kandi Kaminuza y\u2019u Rwanda ni nini [\u2026] bivuze ko initezweho gutanga umusaruro ariko cyane cyane turifuza ko habaho no kuzamura ireme ry\u2019Uburezi ariko igakora n\u2019inshingano zo gukora ubushakashatsi, turifuza ko iba kaminuza ikora ubushakashatsi bugira impinduka buzana mu kubaka bwa bukungu.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Prof Lyambabaje yavutse mu 1960. Yize muri kaminuza Nkuru y\u2019u Rwanda, asoje ajya kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master\u2019s Degree) muri Canada.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni umwe mu bahanga u Rwanda rufite mu bijyanye n\u2019Imibare kuko afite impamyabumenyi y\u2019Ikirenga mu Mibare, yakuye muri Kaminuza ya Rennes mu Bufaransa.<\/p>\n\n\n\n<p>Yabaye muri Guverinoma y\u2019u Rwanda ku myanya itandukanye, aho nko mu 1999 yagizwe Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y\u2019Uburezi. Nyuma y\u2019umwaka umwe, mu 2000 yagizwe Minisitiri w\u2019Ubucuruzi, ubukerarugendo n\u2019inganda hamwe no guteza imbere ishoramari n\u2019amakoperative, umwanya yamazeho imyaka itatu kugera mu 2003.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni umwe mu bagize uruhare mu ishyirwaho rya politiki ijyanye n\u2019ubucuruzi ndetse by\u2019umwihariko n\u2019iy\u2019ubukerarugendo bw\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize kandi uruhare mu bikorwa bigamije kwihuza kw\u2019akarere binyuze mu nama zo ku rwego rwa ba minisitiri yagiye yitabira zirimo iz\u2019Umuryango wa Afurika y\u2019Uburasirazuba na Comesa.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuva mu 2014 kugera mu 2015, yari Umushakashatsi muri Kaminuza y\u2019u Rwanda mu ishami ry\u2019Ubuvuzi n\u2019ubuzima rusange. Prof Lyambabaje yabaye n\u2019Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y\u2019ihuriro rya za Kaminuza zo muri Afurika y\u2019Iburasirazuba.<\/p>\n\n\n\n<p>Usibye kuba ari umuhanga mu mibare, Lyambabaje ni umwe mu bantu bazwiho gukunda imikino by\u2019umwihariko Volleyball yakinnye akanaba umutoza. Magingo aya, yari aracyagaragara akina umukino w\u2019intoki wa Volleyball.<\/p>\n\n\n\n<p>Yakinnye mu Ikipe y\u2019Igihugu ya Volleyball yasohokeye u Rwanda ahantu henshi hatandukanye ku Isi. Uyu mukino w\u2019intoki niwo wamuhesheje bourse yo kujya kwiga mu Bufaransa aho yakuye impamyabumenyi y\u2019ikirenga ya Doctorat anakina Volleyball nk\u2019uwabigize umwuga. Abo muri siporo bifatanyije na APR FC mu kababaro k\u2019urupfu rwa Lt Gen<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"666\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/dr-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-971\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/dr-2.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/dr-2-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/dr-2-768x511.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Prof Alexandre Lyambabaje yavuze ko azibanda mu gukomeza kuzamura ireme ry&#8217;uburezi n&#8217;imikoreshereze y&#8217;umutungo iboneye muri Kaminuza y&#8217;u Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"666\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/Dr-Ryambabaje-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-972\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/Dr-Ryambabaje-1.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/Dr-Ryambabaje-1-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/Dr-Ryambabaje-1-768x511.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Dr Musafiri Papias Malimba wari umaze igihe ayobora Kaminuza y&#8217;u Rwanda by&#8217;agateganyo na Prof Alexandre Lyambabaje witabiriwe na Minisitiri w&#8217;Uburezi Dr Uwamariya Valentine<br><br><\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Prof Alexandre Lyambabaje uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Kaminuza y\u2019u Rwanda yavuze ko mu byo azibandaho harimo gukomeza guteza imbere<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":970,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-969","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/969","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=969"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/969\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":973,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/969\/revisions\/973"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/970"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=969"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=969"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=969"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}