{"id":941,"date":"2021-02-11T07:59:51","date_gmt":"2021-02-11T07:59:51","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=941"},"modified":"2021-02-11T07:59:53","modified_gmt":"2021-02-11T07:59:53","slug":"us-china-amakuru-ku-kiganiro-cya-mbere-cya-biden-na-xi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/11\/us-china-amakuru-ku-kiganiro-cya-mbere-cya-biden-na-xi\/","title":{"rendered":"US-China: Amakuru ku kiganiro cya mbere cya Biden na Xi"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Perezida Joe Biden yamubwiye ku burenganzira bwa muntu muri Xinjiang mu kiganiro cya mbere kuri telephone yagiranye na mugenzi we w&#8217;Ubushinwa Xi Jinping, nk&#8217;uko ibiro bya White House bibivuga.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Biden kandi yaganiriye na Xi ku bucuruzi, guhiga abatavuga rumwe na leta muri Hong Kong n&#8217;ubushyamirane bafitanye ubu na Taiwan.<\/p>\n\n\n\n<p>Televiziyo ya leta y&#8217;Ubushinwa yavuze ko Xi Jinping yaburiye Biden ko imibanire mibi n&#8217;Ubushinwa yaba akaga ku bihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushyamirane bw&#8217;ibihugu byombi bwariyongereye mu bihe bya vuba, mu bucuruzi, ubutasi n&#8217;iki cyorezo.<\/p>\n\n\n\n<p>Imibanire myiza y&#8217;Ubushinwa na Amerika ni ingenzi kuri byombi no ku isi yose, Beijing ihamagarira ubutegetsi bushya buri i Washington kuvugurura iyo mibanire yangiritse cyane ku butegetsi bwa Donald Trump.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikiganiro cyabo cyabaye mbere gato y&#8217;uko mu Bushinwa ejo kuwa gatanu bizihiza umwaka mushya, ibi byafashwe nk&#8217;igikorwa cyiza.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y&#8217;iki kiganiro,&nbsp;<a href=\"https:\/\/twitter.com\/POTUS\/status\/1359692096693817347\">Biden yanditse kuri Twitter<\/a>&nbsp;ati: &#8220;Namubwiye ko nzakorana n&#8217;Ubushinwa mu gihe byungura abaturage ba Amerika.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mu itangazo, ibiro bya White House byavuze ko perezida &#8220;yashimangiye impungenge ze z&#8217;ibanze ku bikorwa bidakwiriye bya Beijing mu bucuruzi , kubangamira abantu muri Hong Kong, guhonyanga uburenganzira bwa muntu i Xinjiang, n&#8217;ibikorwa by&#8217;ubushotoranyi mu karere, nko kuri Taiwan&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Imiryango iharanira uburenganzira ishinja Ubushinwa gufungira abarenga miliyoni b&#8217;aba Uighurs mucyo leta yita &#8220;inkambi zo kugorora&#8221; mu ntara ya Xinjiang. Hari ibihamya ko aba-Uighurs &#8211; biganjemo abayisilamu &#8211; bari gukoreshwa imirimo y&#8217;agahato n&#8217;abagore bakagirwa ingumba ku ngufu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinwa buhakana ibyo byose bivugwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Aba bategetsi bombi banaganiriye ku kurwanya icyorezo cya Covid-19, imihindagurikire y&#8217;ikirere no kurwanya intwaro z&#8217;ubumara.<\/p>\n\n\n\n<p>Televiziyo ya leta y&#8217;Ubushinwa CCTV yavuze ko aba bombi &#8220;baganiriye byimbitse ku mibanire y&#8217;ibihugu byombi n&#8217;ibindi bikomeye bireba akarere n&#8217;amahanga.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Source: BBC Gahuza <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Joe Biden yamubwiye ku burenganzira bwa muntu muri Xinjiang mu kiganiro cya mbere kuri telephone yagiranye na mugenzi we<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":942,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-941","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/941","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=941"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/941\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":943,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/941\/revisions\/943"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/942"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=941"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=941"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=941"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}