{"id":938,"date":"2021-02-11T07:53:29","date_gmt":"2021-02-11T07:53:29","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=938"},"modified":"2021-02-11T07:53:31","modified_gmt":"2021-02-11T07:53:31","slug":"ishusho-yuburyo-covid-19-yazahaje-ubukungu-bwu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/11\/ishusho-yuburyo-covid-19-yazahaje-ubukungu-bwu-rwanda\/","title":{"rendered":"Ishusho y\u2019uburyo Covid-19 yazahaje ubukungu bw\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"\n<p>U Rwanda kimwe n\u2019ibindi bihugu byose byo ku Isi, rwagezweho n\u2019ingaruka zikomeye z\u2019icyorezo cya Covid-19. Izi ngaruka zatewe ahanini n\u2019ingamba zo kwirinda iki cyorezo, zatumye abantu basabwa kwitandukanya, ahandi ibikorwa bigahagarikwa mu rwego rwo guhashya ikwirakwira ry\u2019icyorezo kitagira umuti n\u2019urukingo.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu Rwanda, Leta yafashe ingamba zo kwirinda iki cyorezo rugikubita. Nyuma y\u2019icyumweru kimwe umuntu wa mbere agaragayeho Covid-19 mu Rwanda, ku wa 21 Werurwe, igihugu cyahise gishyiraho gahunda ya Guma mu Rugo yamaze iminsi 45, iba iya mbere yashyizweho muri Afurika yo munsi y\u2019Ubutayu bwa Sahara.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni Guma mu Rugo yari ikakaye kuko ibikorwa byose bitari iby\u2019ingenzi ndetse n\u2019imipaka yose byafunzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>N\u2019ubwo ibi bikorwa byari ngombwa mu rwego rwo kwirinda ingaruka z\u2019icyorezo cya Covid-19, byagize ingaruka zikomeye ku bukungu bw\u2019u Rwanda, ndetse hari ibyago by\u2019uko izi ngaruka zizakomeza no mu myaka myinshi iri imbere, bigakoma mu nkokora intego ngari z\u2019igihugu zirimo kuba cyagize ubukungu buciriritse bitarenze mu mwaka wa 2035.<\/p>\n\n\n\n<p>Kubera Covid-19, umusaruro mbumbe w\u2019ubukungu bw\u2019u Rwanda wagabanutseho 0.2% mu mwaka wa 2020, nyamara wari witezweho kuzamuka ku kigero cya 8% muri uwo mwaka. Iri gabanuka ryatewe n\u2019uko muri cya gihe cya Guma mu Rugo, ibikorwa byakagombye kuba byarazamuye ubukungu bw\u2019igihugu, birimo ubukerarugendo igihugu cyashoyemo akayabo mu myaka ishize, byari bifunzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Birumvikana ko iyo imirimo ifunzwe, n\u2019abantu babura akazi. Imibare ya Raporo ya Banki y\u2019Isi igaruka ku bukungu bw\u2019u Rwanda muri ibi bihe bya Covid-19, igaragaza ko ikigero cy\u2019ubushomeri cyazamutse kikagera kuri 22% kivuye kuri 13% mu mezi igihugu cyari muri Guma mu Rugo ya mbere. Ni mu gihe mu bakomeje gukora muri icyo gihe, abagera kuri 60% bagabanyirijwe umushahara.<\/p>\n\n\n\n<p>Si ibyo gusa kuko umubare w\u2019abantu bafite akazi ugereranyije n\u2019umubare w\u2019abaturage b\u2019u Rwanda, yageze kuri 43% ivuye kuri 48.3%, igabanukaho 5%. Kwiyongera kw\u2019abashomeri birushaho kongera umubare w\u2019abantu bari mu bukene, aho byitezwe ko muri uyu mwaka, umubare w\u2019abakene mu Rwanda uziyongeraho abantu 550 000 ugereranyije n\u2019uko ibintu byari kuba bihagaze iyo Covid-19 itabaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuko 90% by\u2019abakene mu Rwanda baba mu cyaro, n\u2019ubundi ni cyo kizibasirwa cyane n\u2019ingaruka za Covid-19, aho byitezwe ko imiryango mishya izinjira mu cyiciro cy\u2019abakene mu cyaro, izaba ikubye iyo mu mujyi inshuro 3.2.<\/p>\n\n\n\n<p>Kwiyongera k\u2019ubukene ni imbogamizi ikomeye ku bukungu bwa buri gihugu, kuko bituma Leta ari bwo itakaza byinshi yita ku baturage bakabaye bayitunze binyuze mu misoro ituruka mu bikorwa byabo bibyara inyungu. Ku bw\u2019izo mpamvu, Leta y\u2019u Rwanda irateganya kuzakoresha miliyoni 900$ (arenga miliyari 892 Frw), angana na 4.4% by\u2019umusaruro mbumbe w\u2019igihugu, mu rwego rwo kubungabunga ubukungu binyuze mu gufasha abakene ndetse no gukomeza gushyigikira ibigo bito n\u2019ibiciriritse kugira ngo byigobotore ingaruka z\u2019iki cyorezo. Aya mafaranga azakoreshwa muri uyu mwaka w\u2019ingengo y\u2019imari turimo ndetse n\u2019umwaka utaha.<\/p>\n\n\n\n<p>Kimwe mu bikorwa by\u2019ingenzi bizashorwamo aya mafaranga ni Ikigega cyatangijwe na Leta y\u2019u Rwanda cyiswe \u2019Economic Recovery Fund (ERF) kizashyirwamo miliyoni 200$ azafasha ibigo bito n\u2019ibiciriritse. Bitewe n\u2019imbaraga u Rwanda rwari rumaze iminsi rushyira mu bikorwa by\u2019ubukerarugendo no kwakira abantu, igihugu cyari kimaze gukurura ishoramari ryagutse mu rwego rw\u2019amahoteli, ariko amenshi muri yo akiri mashya, ndetse amwe agifite inguzanyo nini za banki zo mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi biteye impungenge kuko izi hoteli zishobora kunanirwa kwishyura umwenda zifite, bityo banki zikagira ibibazo bikomeye bishobora no kwangiza ubukungu bwose muri rusange, kuko izi hoteli ari umwe mu bakiliya b\u2019imena b\u2019izi banki. Nko kugeza muri Gashyantare umwaka ushize, inguzanyo zari zifitwe na hoteli mu Rwanda zingana na miliyari 134 Frw, zari zatswe n\u2019ibigo 571.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni mu gihe urwego rw\u2019ubukerarugendo n\u2019amahoteli ari rumwe mu zazahajwe bikomeye na Covid-19 kandi bikazafata igihe kinini kugira ngo uru rwego rusubire ku murongo, nk\u2019uko raporo ya Banki y\u2019Isi ibivuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Baragira bati &#8220;izanzamuka ryihuse ry\u2019urwego rw\u2019ingenzi cyane ku Rwanda (kwakira inama mpuzamahanga, MICE) ntiryitezwe vuba kuko icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukwirakwira mu bihugu bikize, ndetse n\u2019ubwoba [bwo gutembera] buzakomeza kugaragara na nyuma y\u2019iki cyorezo&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Birumvikana ko nta handi izi hoteli zari bukure ubushobozi buzatuma zihangana n\u2019ingaruka z\u2019iki cyorezo uretse ubufasha nk\u2019ubu bwa Leta. Ibi kandi binagaragazwa n\u2019uko mu mafaranga arenga miliyoni 100$ yari yagenewe urwego rw\u2019amahoteli mu Kigega cya ERF, agera kuri 80% yari yamaze gukoreshwa kugera muri Nzeri umwaka ushize.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bindi aya mafaranga azakoreshwamo harimo gukomeza gufasha imiryango yazahajwe cyane na Covid-19. Hagati ya Werurwe na Nzeri umwaka ushize, Leta yazamuye cyane umubare w\u2019abantu yari isanzwe ifasha mu buryo bw\u2019amikoro, ibintu byagize umumaro ukomeye kuko byagabanyije ubukene ku kigero cya 1.43% mu mwaka wa 2020. Mu gihe Leta yakomeza gufasha icyo cyiciro cy\u2019abantu ndetse ikanagera ku ntego z\u2019Ikigega cya ERF, byitezwe ko abandi bantu 1.75% bazava mu bukene muri uyu mwaka wa 2021.<\/p>\n\n\n\n<p>Hagati aho, mu gihe Leta irimo gukora ibishoboka byose mu kurengera ubukungu bwazahajwe na Covid-19, amadevize igihugu cyari gisanzwe cyinjiza avuye mu bucuruzi mpuzamahanga ndetse n\u2019imisoro ikomoka imbere mu gihugu byaragabanutse, nyamara ibyo Leta itakaza mu guhangana na Covid-19 byo byarazamutse, kuko imibare yerekana ko u Rwanda rumaze gushora arenga miliyari 109 Frw mu guhangana na Covid-19.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo rero byaremye icyuho mu ngengo y\u2019imari kingana na 9.4%, ari nayo mpamvu kugira ngo Leta ikomeze kubona amikora ayifasha gushyira mu bikorwa imigambi migari yayo y\u2019iterambere, yafashe inguzanyo nyinshi ugereranyije n\u2019uko byari bisanzwe mbere, aho ikigero cy\u2019inguzanyo u Rwanda rufitiye amahanga zageze kuri 66% by\u2019umusaruro mbumbe w\u2019igihugu, zivuye kuri 58.1% muri 2019, mbere gato ya Covid-19. Ibi bivuze ko inguzanyo u Rwanda rwafashe mu mwaka ushize ziyongereyeho 6% ugereranyije n\u2019uko byari biteganyijwe, ndetse ibi byatumye u Rwanda rushyirwa mu bihugu bifite umwenda uringaniye (moderate), ruvuye mu bifite umwenda muto (low) ugereranyije n\u2019ubukungu bwabyo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo gikora ubushakashatsi ku myenda ibihugu bifite n\u2019ubushobozi bwabyo bwo kuyishyura, Standard &amp; Poor\u2019s (S&amp;P), cyatangaje ko ubukungu bw\u2019u Rwanda butanga icyizere ku bushobozi bw\u2019igihugu bwo kwishyura imyenda gifite ndetse no gukomeza gutera imbere muri rusange, gusa kivuga ko amezi atandatu ari imbere azerekana neza ubushobozi bw\u2019u Rwanda kuri iyi ngingo, ndetse ko ashobora kugena niba u Rwanda ruvanwa ku inota rya B+ rwahawe umwaka ushize, rugasubizwa ku inota rya B.<\/p>\n\n\n\n<p>Bavuze ko ibi bizagenwa n\u2019uko ubukungu buzaba bwifashe muri uyu mwaka, bati &#8220;dushobora kumanura inota ry\u2019u Rwanda mu mezi atandatu kugera kuri 12 ari imbere, igihe ibyo u Rwanda rwinjiza byakomeza kujya munsi y\u2019ibipimo byateganyijwe. Nk\u2019urugero, ibi bishobora kubaho igihe ibyoherezwa mu mahanga, ubukerarugendo ndetse n\u2019amafaranga yoherezwa mu gihugu byarushaho kugabanuka munsi y\u2019igipimo cyateganyijwe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>N\u2019ubwo bimeze bitya ariko, u Rwanda rufite icyizere cyuzuye cyo kwishyura imyenda rufite ndetse ntirwigeze runasaba ko rufashwa mu guhindura amasezerano y\u2019imyishyurire ku myenda rufite, nk\u2019uko ibindi bihugu biri mu nzira y\u2019amajyambere byabigenje ku bufatanye n\u2019ibihugu bikize, biri mu ihuriro rya G20.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Iminsi iri imbere iteye inkeke<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Uko byagenda kose, ubukungu bw\u2019igihugu buzakomeza kuzahara mu bihe biri imbere. Nk\u2019ubu byitezwe ko n\u2019ubwo ubukungu buzazamuka ku mpuzandengo ya 3.9% muri uyu mwaka, ariko ikigero buzazamukaho kiri munsi ya 12% ugeranyije n\u2019uko bwakabaye buzazamuka iyo icyorezo kitaza kubaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mwaka wa 2025, ubukungu bw\u2019u Rwanda bwitezweho kuzatakaza 15.4% ugereranyije n\u2019uko bwakagombye kuzazamuka iyo icyorezo cya Covid-19 kitabaho. Byitezwe ko icyo kigero gishobora kuzagera kuri 15.6% mu mwaka wa 2030.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bikazaterwa n\u2019uko muri uyu mwaka, umusaruro w\u2019ibyo u Rwanda rwiteguraga kuzinjiza uzagabanuka 8% ugereranyije n\u2019ibyari biteganyijwe iyo Covid-19 itazaba kubaho. Uyu musaruro kandi uzagabanukaho 15.1% mu mwaka wa 2025 na 17.5% mu mwaka wa 2030.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi kandi bizatuma icyuho kiri mu ngengo y\u2019imari nacyo kizazamuka, kuko muri uyu mwaka kiziyongeraho 20.5% ugereranyije n\u2019uko byari biteganyijwe iyo Covid-19 itaza kubaho, kikazagera kuri 27% mu mwaka wa 2025 na 31.7% mu mwaka wa 2030.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>U Rwanda kimwe n\u2019ibindi bihugu byose byo ku Isi, rwagezweho n\u2019ingaruka zikomeye z\u2019icyorezo cya Covid-19. Izi ngaruka zatewe ahanini n\u2019ingamba<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":939,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[7],"tags":[],"class_list":["post-938","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubukungu"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/938","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=938"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/938\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":940,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/938\/revisions\/940"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/939"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=938"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=938"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=938"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}