{"id":933,"date":"2021-02-09T15:40:20","date_gmt":"2021-02-09T15:40:20","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=933"},"modified":"2021-02-09T15:40:22","modified_gmt":"2021-02-09T15:40:22","slug":"abanyabigwi-bigeze-gukinira-amavubi-bahaye-umukoro-minisports-na-ferwafa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/09\/abanyabigwi-bigeze-gukinira-amavubi-bahaye-umukoro-minisports-na-ferwafa\/","title":{"rendered":"Abanyabigwi bigeze gukinira Amavubi bahaye umukoro Minisports na FERWAFA"},"content":{"rendered":"\n<p>Abigeze gukinira Ikipe y\u2019Igihugu \u2018Amavubi\u2019 mu myaka yashize, banditse ibaruwa ifunguye y\u2019amapaji atatu bashimira Perezida Kagame uruhare rwe mu guteza imbere siporo, bashimira kandi n\u2019abakinnyi baheruka muri CHAN 2020 mu gihe bagaragaje ibigomba kwitabwaho na Minisiteri ya Siporo na FERWAFA kugira ngo umupira w\u2019amaguru mu Rwanda utere imbere.<\/p>\n\n\n\n<p>Abigeze gukinira Ikipe y\u2019Igihugu \u2018Amavubi\u2019 bibumbiye hamwe mu ishyirahamwe bise FAPA (Former Amavubi Players\u2019 Association) hagamijwe gukomeza gushyigikirana no gutanga inama ku iterambere ry\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ibaruwa ndende banditse, bagize bati \u201cTurashima uko Amavubi yitwaye mu irushanwa rya CHAN 2020, cyane cyane abakinnyi, abatoza n\u2019abandi bose bagize uruhare mu myiteguro yabo. Mwaduteye ishema kandi turabakangurira gukomeza gukora cyane kugira ngo murenge aho mwagarukiye murushaho gutanga ibyishimo Abanyarwanda babategerejeho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Bakomeje bagira bati \u201cTuzi by\u2019umwihariko icyo bivuze n\u2019icyubahiro bitanga kwambara umwenda w\u2019Ikipe y\u2019Igihugu nu gihugu nk\u2019u Rwanda cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ubu kikaba ari igihugu cy\u2019intangarugero mu iterambere biturutse ku miyoborere myiza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Bashimye kandi uruhare rwa Guverinoma y\u2019u Rwanda by\u2019umwihariko Perezida Kagame, mu guteza imbere siporo no gushyigikira umupira w\u2019amaguru.<\/p>\n\n\n\n<p>Bati \u201cTurashima Guverinoma y\u2019u Rwanda inkunga itera umupira w\u2019amaguru by\u2019umwihariko Umukuru w\u2019Igihugu Nyakubahwa Perezida Paul Kagame udahwema gutera inkunga siporo muri rusange n\u2019umupira w\u2019amaguru by\u2019umwihariko akanadufungurira amayira mu mubano mwiza agirana n\u2019izengo ziyobora umupira w\u2019amaguru ku Isi. Uwo ni umusingi ukomeye tugomba kubakiraho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cTurashima kandi abikorera bakomeje gushora imari yabo mu iterambere ry\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Aba bigeze gukinira Ikipe y\u2019Igihugu bagaragaje ko nyuma y\u2019uko u Rwanda rukinnye CAN mu 2004, Igikombe cy\u2019Isi cy\u2019Abatarengeje imyaka 17, CECAFA yo mu 1999 yatwawe na Rwanda B ndetse n\u2019ibikombe bya CECAFA Kagame Cup byatwawe na Rayon Sports, APR FC na Atraco, habayeho icyuho cyo kutubakira kuri ibyo byagezweho.<\/p>\n\n\n\n<p>Bati \u201cNyuma y\u2019aho ntitwashoboye kubakira kuri ibyo bikorwa byiza ngo turusheho gutera imbere mu ruhando rw\u2019ibihugu mu mupira w\u2019amaguru nk\u2019uko bikorwa mu zinzi nzego z\u2019iterambere mu gihugu cyacu. Intsinzi irakorerwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Bavuze ko bashishijwe n\u2019intsinzi y\u2019Amavubi n\u2019iterambere ry\u2019umupira w\u2019amaguru muri rusange kandi biteguye gutanga umusanzu wabo wo guteza imbere umupira Nyarwanda, basaba Minisiteri ya Siporo na FERWAFA kugira ibyo bitaho kugira ngo habeho iterambere rirambye.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu byo bagaragaje harimo \u201cKongera ibibuga by\u2019imyitozo n\u2019ibindi bikoresho by\u2019ibanze nk\u2019imipira yo gukina haba mu mashuri ndetse no hafi y\u2019abaturage, gutegura umupira w\u2019ibanze mu bato ndetse no mu mashuri ku nzego zose, gushyira ubunyamwuga mu miyoborere y\u2019umupira ku nzego zose hifashishwa abahoze bawukina n\u2019ababifitemo ubumenyi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Hari kandi \u201cGutanga amahugurwa y\u2019abakora mu mupira w\u2019amaguru ku nzego zinyuranye nk\u2019abayobozi, abatoza, abasifuzi, abaganga, ndetse n\u2019itangazamakuru rya siporo, gushyiraho uburyo bw\u2019igenga bufite inshingano zo gutegura no kuyobora amarushanwa y\u2019igihugu y\u2019umupira w\u2019amaguru mu byiciro bitandukanye, kwiga ku buryo bwo gushishikariza abafatanyabikorwa kwitabira gutera inkunga ibikorwa bya siporo z\u2019abana ndetse n\u2019abagore ku nyungu y\u2019imibereho myiza y\u2019abaturage.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Basoje bagira bati \u201cNtidushyidikanya ko ibyava muri ibi biganiro na gahunda yashyirwaho byaduha icyerekezo no kumenya inshingano za buri wese kuko dushyize hamwe nta kidashoboka.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cHarakabaho Ikipe y\u2019Igihugu \u2018Amavubi\u2019, harakabaho umupira w\u2019amaguru Nyarwanda\u2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyabigwi 18 basinye kuri iyi baruwa yanditswe ku wa 8 Gashyantare 2021 mu izina ry\u2019abanyamuryango ba FAPA ni Eric Murangwa Eug\u00e8ne, Eric Nshimiyimana, Kayiranga Jean Baptiste, Jimmy Mulisa, Karim Kamanzi, Djabil Mutarambirwa, Mbonabucya Desire, Gatete Jimmy, Kamanzi Michel, Hakizimana Moussa, Karekezi Olivier, Bizagwira L\u00e9andre. Nshizirungu Hubert, Karera Hassan, Nyinawumuntu Marie Grace, Munyaneza Ashiraf, Kalisa Claude na Manamana Elias.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"717\" height=\"478\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/amavubi-2-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-936\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/amavubi-2-1.jpg 717w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/amavubi-2-1-300x200.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 717px) 100vw, 717px\" \/><figcaption>Ku mukino wa gicuti Ikipe y&#8217;u Rwanda yatsinze Uganda 5-3<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abigeze gukinira Ikipe y\u2019Igihugu \u2018Amavubi\u2019 mu myaka yashize, banditse ibaruwa ifunguye y\u2019amapaji atatu bashimira Perezida Kagame uruhare rwe mu guteza<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":934,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-933","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/933","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=933"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/933\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":937,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/933\/revisions\/937"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/934"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=933"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=933"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=933"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}