{"id":90,"date":"2020-09-30T07:45:30","date_gmt":"2020-09-30T07:45:30","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=90"},"modified":"2020-09-30T07:45:34","modified_gmt":"2020-09-30T07:45:34","slug":"ikoranabuhanga-mu-rwanda-serivisi-za-interineti-zihutisha-imikorere","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/09\/30\/ikoranabuhanga-mu-rwanda-serivisi-za-interineti-zihutisha-imikorere\/","title":{"rendered":"Ikoranabuhanga mu Rwanda: Serivisi za interineti zihutisha imikorere"},"content":{"rendered":"\n<p>Umuvuduko w\u2019ikoreshwa ry\u2019ikoranabuhanga urakomeza kwiyongera ku Isi ari nako rikomeza kugenda rihindura byinshi mu mibereho y\u2019abantu haba mu kwihutisha serivisi, guhanahana amakuru, bizinesi, kumenya amakuru yo hirya no hino ku isi, n\u2019ibindi.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo witegereje imibereho muri iki gihe, ukagereranya no mu gihe cyashize, ikoranabuhanga mu itumaho ritarasakara uhita ubona ikinyuranyo kinini.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo bigaterwa n\u2019uko ubu usanga ikoranabuhanga rigenga ibintu byose, ku buryo bitorososhye ko hari umuntu watera imbere atarikoresheje.<\/p>\n\n\n\n<p>Uwizeye Louise, ni umuyobozi w\u2019imwe muri \u2018company\u2019 igurisha amatike y\u2019indege akaba ari na we wayishinze nyuma yo kurangiza amasomo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni umwe mu bagore bazi imikoreshereze y\u2019ikoranabuhanga, aho avuga ko rimworohereza mu kazi ke ka buri munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cIkoranabuhanga rimfasha kwihutisha umurimo kandi mbasha kumenya amakuru yo ku isi yose mu buryo bwihuse. Rituma ntanga serivisi inoze kandi yihuta.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Akomeza ashima Leta y\u2019u Rwanda uburyo yitaye cyane mu gushyira imbaraga ku ikoreshwa ry\u2019ikoranabuhanga, n\u2019abagore n\u2019abakobwa ntibasigare inyuma nk\u2019uko mbere y\u2019uko igihugu kibohorwa basigazwaga inyuma muri byinshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cNdashimira imiyoborere myiza y\u2019igihugu cyacu uburyo hakozwe ibishoboka byose ikoranabuhanga rikatugeraho kuko kuri ubu ryakemuye byose.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ryo ridufasha mu mirimo yacu ya buri munsi kuko iyo umukiliya ari kure ashobora guhamagara cyangwa akakwandikira ubutumwa kuri E-mail yawe ugahita uyibona kuri telefoni, ugahita umenya ibyifuzo afite, ugahita umuha serivisi akeneye kuko hari uburyo nahuje porogaramu dukoreramo na telefoni yanjye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Aha, ngo ashobora kumusubiza kuri E-mail, kuri WhatsApp, Facebook cyangwa ahandi. Ati \u201cUbu, cyane cyane mu birebana na bizinesi, umwanya wari gutakaza wavuyeho kuko ikoranabuhanga riradufasha cyane mu kazi kacu ka buri munsi, turashimira ubuyobozi bw\u2019igihugu cyacu.<\/p>\n\n\n\n<p>Nk\u2019ubu ngereranyije n\u2019ahandi nageze muri bimwe mu bihugu duturanye hari aho biba bitoroshye kuhakorera kubera kubura umuyoboro wa internet ariko aho uri nkora akazi kose nakagombye gukorera iwacu kandi ndi kure bityo akazi kagakomeza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Abagore batandukanye barimo Nyirarukundo Clementine ukorera ubucuruzi mu Karere ka Kicukiro bavuze ko ubu gutunga telefoni igendanwa biba bihagije kugira ngo nyira yo ashobore kubona ibintu bitandukanye yibereye mu rugo.<\/p>\n\n\n\n<p>Bamwe mu bakoresha ikoranabuhanga rya murandasi (Internet connection) baratangaza ko ryakemuye ibibazo byinshi by\u2019ubucuruzi kandi rikabafasha gukoresha neza igihe cyabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Abaganiriye n\u2019Imvaho Nshya bemeza ko isi yabaye umudugudu, kuri bo, kubera amakuru babona kuri internet kandi n\u2019akazi kihuta kurusha uko byari bisanzwe.<img decoding=\"async\" src=\"http:\/\/imvahonshya.co.rw\/wp-content\/uploads\/2019\/08\/Uwizeye-Louise-Umuyobozi-w%E2%80%99imwe-muri-%E2%80%98company%E2%80%99-igurisha-amatike-y%E2%80%99indege-akaba-ari-nawe-wayishinze.jpg\" alt=\"\" srcset=\"https:\/\/imvahonshya.co.rw\/wp-content\/uploads\/2019\/08\/Uwizeye-Louise-Umuyobozi-w\u2019imwe-muri-\u2018company\u2019-igurisha-amatike-y\u2019indege-akaba-ari-nawe-wayishinze.jpg 800w, https:\/\/imvahonshya.co.rw\/wp-content\/uploads\/2019\/08\/Uwizeye-Louise-Umuyobozi-w\u2019imwe-muri-\u2018company\u2019-igurisha-amatike-y\u2019indege-akaba-ari-nawe-wayishinze-300x200.jpg 300w, https:\/\/imvahonshya.co.rw\/wp-content\/uploads\/2019\/08\/Uwizeye-Louise-Umuyobozi-w\u2019imwe-muri-\u2018company\u2019-igurisha-amatike-y\u2019indege-akaba-ari-nawe-wayishinze-768x512.jpg 768w\"><\/p>\n\n\n\n<p>Uwizeye Louise, Umuyobozi w\u2019imwe muri \u2018company\u2019 igurisha amatike y\u2019indege akaba ari nawe wayishinze<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuvuduko w\u2019ikoreshwa ry\u2019ikoranabuhanga urakomeza kwiyongera ku Isi ari nako rikomeza kugenda rihindura byinshi mu mibereho y\u2019abantu haba mu kwihutisha serivisi,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":91,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[8],"tags":[],"class_list":["post-90","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ikoranabuhanga"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/90","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=90"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/90\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":92,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/90\/revisions\/92"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/91"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=90"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=90"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=90"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}