{"id":881,"date":"2021-02-04T09:42:06","date_gmt":"2021-02-04T09:42:06","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=881"},"modified":"2021-02-04T09:42:09","modified_gmt":"2021-02-04T09:42:09","slug":"u-bubiligi-bugiye-gusimbuza-ba-ambasaderi-mu-bihugu-bitandukanye-birimo-nu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/04\/u-bubiligi-bugiye-gusimbuza-ba-ambasaderi-mu-bihugu-bitandukanye-birimo-nu-rwanda\/","title":{"rendered":"U Bubiligi bugiye gusimbuza ba Ambasaderi mu bihugu bitandukanye birimo n\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"\n<p>U Bubiligi bwatangaje ko muri uyu mwaka wa 2021 buteganya gusimbuza ba Ambasaderi babyo mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Maroc, u Butaliyani n\u2019ahandi aho i Kigali hazoherezwa Bert Versmessen uzaba utangiye inshingano ze nk\u2019umudipolomate mu mahanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mpinduka zitezwe, harimo zimwe z\u2019ingenzi cyane mu bubanyi n\u2019amahanga bw\u2019iki gihugu cyo ku mugabane w\u2019u Burayi aho muri Kanama uyu mwaka, Pierre-Emmanuel De Bauw azava ku nshingabo ze nka Ambasaderi w\u2019u Bubiligi muri Ireland akajya kureberera inyungu zabwo mu Butaliyani.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ba mbasaderi bashya, harimo bamwe bazaba binjiye muri izi nshingano ku nshuro yabo ya mbere, ni ukuvuga nta handi bigeze bazibamo. Urugero ni Bert Versmessen uzoherezwa guhagarararira igihugu cye mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Yigeze kuba Umuyobozi w\u2019itsinda ryari mu Bubiligi ryafashaga iryari i New York mu gihe iki gihugu cyari kiyoboye Akanama k\u2019Umutekano mu Muryango w\u2019Abibumbye.<\/p>\n\n\n\n<p>Beno\u00eet Ryelandt niwe uheruka nka Ambasaderi w\u2019u Bubiligi mu Rwanda, yatangiye izi nshingano mu 2017 nyuma asubira muri Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga y\u2019u Bubiligi.<\/p>\n\n\n\n<p>Usibye abo, ba Ambasaderi b\u2019iki gihugu mu Buholandi na Rabat muri Maroc nabo bazahindurwa. Byitezwe ko impinduka zizakorwa mu bihugu bigera kuri 60 mu 181 u Bubiligi bufitemo ababihagarariye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntabwo urutonde ntakuka ruremezwa gusa ikinyamakuru Le Soir gihamya ko amavugurura y\u2019ingenzi azakorwa mu bihugu birimo u Rwanda na Canada.<\/p>\n\n\n\n<p>Abadipolomate b\u2019u Bubiligi ubusanzwe bamara imyaka itatu cyangwa ine ku mwanya mu gihugu runaka bahawemo inshingano, kandi iyo umwe amaze nibura kujya mu butumwa mu bihugu bibiri bitandukanye, ategekwa gusubira muri Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga mbere yo koherezwa mu bundi butumwa hirya no hino ku Isi.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"768\" height=\"1024\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/belgique-1-768x1024.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-883\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/belgique-1-768x1024.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/belgique-1-225x300.jpg 225w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/belgique-1.jpg 800w\" sizes=\"auto, (max-width: 768px) 100vw, 768px\" \/><figcaption>Bert Versmessen niwe ugiye kugirwa Ambasaderi w&#8217;u Bubiligi mu Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Source:Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>U Bubiligi bwatangaje ko muri uyu mwaka wa 2021 buteganya gusimbuza ba Ambasaderi babyo mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":882,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-881","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/881","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=881"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/881\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":884,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/881\/revisions\/884"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/882"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=881"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=881"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=881"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}