{"id":814,"date":"2021-01-26T15:30:57","date_gmt":"2021-01-26T15:30:57","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=814"},"modified":"2021-02-04T14:32:49","modified_gmt":"2021-02-04T14:32:49","slug":"rurangirwa-arasaba-ferwafa-kurekura-amafaranga-fifa-yageneye-amakipe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/01\/26\/rurangirwa-arasaba-ferwafa-kurekura-amafaranga-fifa-yageneye-amakipe\/","title":{"rendered":"Rurangirwa arasaba FERWAFA kurekura amafaranga FIFA yageneye amakipe"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida w\u2019Ikipe ya Rugende Women Foot ball Club &nbsp;Rurangirwa Louis yagiranye ikiganiro n\u2019ikinyamakuru brightafrica.rw,agaragaza ikibazo kibangamiye abanyamuryango b\u2019Ishyirahamwe ry\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda FERWAFA, kijyanye no kudahabwa amafaranga bemerewe n\u2019Ishyirahamwe ry\u2019umupira w\u2019amaguru&nbsp; ku isi FIFA.<\/p>\n\n\n\n<p>Rurangirwa yavuze ko abanyamuryango muri rusange bategereje Perezida wa FERWAFA uri muri Cameroun muri iki gihe &nbsp;mu irushanwa rya CHAN, kugirango bazaganire kuri iki kibazo cy\u2019amafaranga bemerewe na FIFA batarahabwa.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: Musanzwe muri abanyamuryango ba FERWAFA. Mwatubwira uko ikibazo &nbsp;nyirizina giteye ?  Ni iki murimo gusaba iri Shyirahamwe ry\u2019Umupira w\u2019amaguru mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: Umwaka ushize twakoranye inama na Ferwafa inshuro 3 batubwira ko twategereza &nbsp;ko ayo mafaranga abitse neza ariko mu by\u2019 ukuri yaje&nbsp; muri iki gihe hari ibibazo bya Covid-19, FIFA yari yatanze amafaranga ku ma Federasiyo&nbsp; yose y\u2019 isi kugirango babafashe kubera izi ngaruka za covid-19 none ubu twakoze inama batubwira ko amafaranga abitse neza kugeza shampiyona itangiye ariko mu by\u2019ukuri ntituzi igihe izatangirira, &nbsp;ishobora no kumara imyaka ibiri ubwo rero kubera ayo mafaranga icyo gihe cyose ntituzi igihe kizarangirira.<\/p>\n\n\n\n<p>Twe twumvaga bayaduha kuko nka 90% dukoresha abanyeshuri , benshi tubarihira amashuri hari byinshi tubatangaho, twumva rero batabivanga n\u2019amafaranga asanzwe kuko aya si aya competition.<\/p>\n\n\n\n<p>Turategereje rero by\u2019umwihariko njye n\u2019ikipe yanjye twatanze ikirego mu kanama nkemurampaka ka Ferwafa igihe cyose baduhamagarira twakwitaba ariko iyo ureze Institutions&nbsp; za hano mu Rwanda&nbsp; usanga hitaba umuyobozi wayo kandi ubu ntawuhari, ari muri CHAN i Cameroun rero ni ugutegereza ni ukumutegereza. Nibyanga ubwo amaherezo ni FIFA, bakayibwira impamvu batayaduha.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: Umunyabangamukuru wa Ferwafaaherutse kuvugira ku ma radiyo y\u2019 uko ubundi amafaranga mugomba kwerekana uburyo azakoreshwa ese n\u2019ibihe bikorwa mugomba kuyakoresha kugirango &nbsp;mubashe kuyabona ?<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: N\u2019ibyo muri izo nama 3 eshatu twakoze, twayikoranye nawe ahari &nbsp;akabitubaza ariko ukabona ari amananiza gusa turemera turabikora. Nk\u2019ibyo navugaga nyine byo kwishyurira abanyeshuri, gusana ibibuga n\u2019ibindi byinshi&nbsp; buri wese atanga ibitekerezo by\u2019 uko azayakoresha. Ibyo rero byaratanzwe, kuba bigarutse bivuga ngo badusabye ahubwo batubwira utarabitabikoze kuko twe byose twabitanze.<\/p>\n\n\n\n<p>Buri gihe iyo badusabye ikintu tugagikora barahindukira bakavuga ko kitarakorwa kandi mu by\u2019ukuri byarakozwe kandi nta n\u2019 indi condition yakwiye kubaho kuko ahandi ayo mafarnag yaratanzwe ingero zirahari, byaba ari mwahiriko wa Ferwafa kutayatanga. Inama twabagira bayasubiza FIFA ndumva aribyo byakoroha.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: Icyi kirego cyo gutanga kuri FIFA kigaragaza ibibazo mwahuye nabyo, kigeze he? Ni ugutegereza uwo muyobozi ko yava Cameroun kugira ngo murebe ko yabakemurira ikibazo akaba aribwo mufata icyemezo?<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis: <\/strong>Ndumva twamutegereza kuko buriya na none umuntu ashobora kwisobanura ko icyo kibazo atakizi kuko atarahari. Ibyiza ni uko yaba ahari tukongera tugatanga amahirwe ya nyuma ubwo bitakorwa &nbsp;akaba ari bwo yabikora kuruta uko umuntu yavuga ko atarahari, &nbsp;nta yandi mananiza yaza bikozwe ahari.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: Kubera iki FERWAFA irinda gutegereza ko bisakuza bikagera mu bitangazamakuru, urumva biterwa n\u2019 iki ahanini?<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: Uyu mupira waragutse cyane kera amafaranga yarazaga avuye muri FIFA cyangwa ari undi muterankunga uje wumvaga hari induru ngo FIFA yahagaritse umuntu &nbsp;kugeza igihe FIFA yaje gushyiraho site yayo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubu ntawakubeshya ngo amafaranga ntaraza cyangwa ngo mutegereze aba Perezida b\u2019amakipe, amafaranga yazaga kera abantu ntibamenye ko yaje kubera ko byabaga biri ahantu ariko ubu byose birafunguye.<\/p>\n\n\n\n<p>Nta mpamvu rero umuntu yavutswa uburenganzira bwabo niba ayo mafaranga yaraje agomba gutangwa bitaba ibyo&nbsp; bizajya bijya ahagaragara ariko siko byagakwiiye kumera.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: Ikipe y\u2019Igihugu y\u2019abagore urabona ibuze &nbsp;iki kugira ngo ibeho? &nbsp;&nbsp;&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: Niba hari ikintu gihendutse n\u2019 ikipe y\u2019 abagore, ntibashyira imbere amafaranga bakunda gukina nk\u2019uko mujya kumva ngo abahungu bagumutse kubera kubura agahimbazamusyi,<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ikipe yoroshye gutegura ariko na none ntiwategurira muri ibyo bibazo bihoraho, ugasanga bamaze umwaka badakina haza competition bagafata iminsi babatoza bakibagirwa ko bamaze igihe badakina ikibura rero ni uko batitabwaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo haje amarushanwa ukumva ngo amafaranga yabuze kandi ay\u2019 abagabo ntarabura ugasanga ari ikibazo cy\u2019imyumvire.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: Hakenewe ko bavuga koko niba ikipe y\u2019abagore bayishaka bayishyigikire itariho nabwo abantu bayimenye aho kwitwa ngo ikintu kirahari kandi kidahari.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Bright Africa<\/strong>: N\u2019iki wasaba inzego zibishinzwe yaba abafatanyabikorwa, FERWAFA kuko niyo ifata ahanini ibyemezo&nbsp; kugirango&nbsp; rya terambere ry\u2019umupira w\u2019amaguru rigaragare?<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Rurangirwa Louis<\/strong>: Inama nababwira ni ukwegera abantu bazi umupira kuko nkatwe Abayobozi b\u2019amakipe hari ibyemezo bifatwa tutazi kandi twagombye kuba duhari hari n\u2019abandi batekinisiye bo hanze n\u2019abatoza bo mu kiciro cy\u2019abagabo n\u2019abanyakuru&nbsp; ndetse &nbsp;n\u2019izindi nzegozitandukanye byafasha kugira ngo bitere imbere.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"512\" height=\"491\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/sekamana.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-919\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/sekamana.jpg 512w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/02\/sekamana-300x288.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 512px) 100vw, 512px\" \/><figcaption>Rtd Brig. Gen. Sekamana Jean Damascene<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/01\/President-Rurangirwa-Louis-498x1024.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-836\" width=\"498\" height=\"1024\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/01\/President-Rurangirwa-Louis-498x1024.jpg 498w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/01\/President-Rurangirwa-Louis-146x300.jpg 146w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/01\/President-Rurangirwa-Louis.jpg 525w\" sizes=\"auto, (max-width: 498px) 100vw, 498px\" \/><figcaption>Rurangirwa Louis wigize kuba umusifuza mu Rwanda  akaniyamamariza ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, wegukanywe na Rtd Brig. Gen. Sekamana Jean Damascene<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Byakusanyijwe na Karenzi Christopher<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida w\u2019Ikipe ya Rugende Women Foot ball Club &nbsp;Rurangirwa Louis yagiranye ikiganiro n\u2019ikinyamakuru brightafrica.rw,agaragaza ikibazo kibangamiye abanyamuryango b\u2019Ishyirahamwe ry\u2019umupira w\u2019amaguru<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":835,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-814","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/814","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=814"}],"version-history":[{"count":5,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/814\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":921,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/814\/revisions\/921"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/835"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=814"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=814"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=814"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}