{"id":81,"date":"2020-09-30T07:35:56","date_gmt":"2020-09-30T07:35:56","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=81"},"modified":"2020-09-30T07:35:59","modified_gmt":"2020-09-30T07:35:59","slug":"rusesabagina-yahishuye-izina-ryuwari-wamutumiye-i-burundi-nicyo-yari-agiye-gukora-2","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/09\/30\/rusesabagina-yahishuye-izina-ryuwari-wamutumiye-i-burundi-nicyo-yari-agiye-gukora-2\/","title":{"rendered":"Rusesabagina yahishuye izina ry\u2019uwari wamutumiye i Burundi n\u2019icyo yari agiye gukora"},"content":{"rendered":"\n<p>Kuva ku wa 31 Kanama ubwo Urwego rw\u2019Igihugu rw\u2019Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanaga Paul Rusesabagina, umunyapolitike ushinjwa ibyaha birimo n\u2019iterabwoba, amakuru yakomeje gucicikana hirya no hino ku Isi, benshi bibaza uburyo uyu mugabo wavugaga ko arwanya leta y\u2019u Rwanda ndetse ashaka kuyikuraho, yatinyutse agahirahira yerekeza i Kigali.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibintu byarushijeho kuzamo urujijo ubwo Perezida Paul Kagame yanyomozaga amakuru y\u2019ibihuha yashinjaga leta y\u2019u Rwanda kwica amategeko mpuzamahanga ubwo yazanaga Rusesabagina i Kigali. Icyo gihe byavuzwe ko yashimuswe, cyangwa indege ye bakayiyobya.<\/p>\n\n\n\n<p>Kagame yavuze ko Rusesabagina ari we wizanye mu Rwanda ku bushake, ndetse ko bisa nk\u2019umuntu wibeshye nimero ahamagaye. Ati \u201cUshobora kwizana ubishaka uzi n\u2019icyo ukora icyo ari cyo, ushobora [no] kwizana wabeshywe ukisanga hano [\u2026] Ariko uwanabwira n\u2019abantu ko ari we wanizanye, ubwo urubanza rwaba ruri hehe? Rwaba ruri kuri nde?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje agira ati \u201cByabaye nko guhamagara nimero ya telefone ukaza gusanga wibeshye nimero wahamagaye. Kandi inzego zabigizemo uruhare zambwiye ko nta nenge yabayemo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma yaho, mu kiganiro n\u2019ikinyamakuru The New York Times, Rusesabagina yavuze ko gahunda ye itari ukuza i Kigali, ahubwo yari ukujya i Bujumbura mu Burundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu mugabo yasobanurye ko yavuye ku Kibuga cy\u2019Indege cya Al Maktoum i Dubai ari mu ndege bwite yo mu bwoko bwa Bombardier Challenger 605 y\u2019isosiyete yitwa GainJet, \u201cyari yakodeshejwe n\u2019umuntu uturuka i Burundi\u201d, ikaza kumugeza i Kigali mu rukerera rwo ku wa Gatanu.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iki kiganiro n\u2019ubundi, Paul Rusesabagina yahishuye ko yari agiye i Burundi ku butumire bw\u2019umuvugabutumwa witwa Bishop Constantin Niyomwungeri.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko yari agiye kubonana n\u2019uwo muvugabutumwa \u2018yise inshuti ye\u2019 mu bikorwa byo kuvuga kuri filime \u2018Hotel Rwanda\u2019 ishingiye ku butwari bwa baringa yitiriwe, aho bivugwa ko yarokoye abantu barenga 1000 bari bahungiye muri Hotel des Milles Collines mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cnari natumiwe n\u2019umuntu nitaga inshuti, wiyita Musenyeri cyangwa intumwa, yari yantumiye kugira ngo nganirize amatorero ye, ngo mbaganirize kuri \u2018Hotel Rwanda\u2019. Izina rye ni Constantin Niyomwungeri\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Rusesabagina yahakanye ko ibi bikorwa hari aho bihuriye na politike, avuga ko byari ibikorwa bisanzwe bijyanye no kuganiriza abantu ku buhamya bwe mu gihe cya Jenoside kandi ko atari ubwa mbere yari abikoze.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNatanze ibiganiro byinshi [bivuga kuri Hotel Rwanda], naganiriye n\u2019abantu benshi batandukanye. Naganirije amashuri, cyane cyane kaminuza. Ariko nanaganirije amatorero. Rero buri wese ushaka kuntumira, arantumira hanyuma nkavuga ku bihe nanyuzemo mu 1994\u201d.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image\"><img decoding=\"async\" src=\"http:\/\/www.oeilafrique.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/09\/Rusesabagina-yemeje-ko-ari-we-wihitiyemo-abanyamategeko-bamwunganira.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-208\"\/><figcaption>Rusesabagina yemeje ko ari we wihitiyemo abanyamategeko bamwunganira<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Yongeyeho ko ibyo bikorwa byo kuganiriza ayo matorero ya Niyomwungeri nta sano bifitanye na politike, ati \u201cntibyari ibikorwa bya politike, nari ngiye kuvuga gusa ku byambayeho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Rusesabagina yavuze ko kuva yagera mu Rwanda, yafashwe neza \u2018nk\u2019undi muturage usanzwe\u2019. Avuga ko aho afungiye, ashobora kubona buri kimwe cyose ashatse kandi anyuzwe n\u2019uburyo yitaweho.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cyego nyuma y\u2019iyo minsi itatu, nafashwe neza cyane, nta kintu na kimwe nanenga kugeza ubu. Ndya ibyo buri munyarwanda wese arya, mpabwa buri kimwe cyose nshatse. Ubwo rero mfashwe kimwe nk\u2019undi munyarwanda wese\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iki kiganiro, Rusesabagina yaratunguranye ahakana ibyaha byose ashinjwa avuga ko ari umwere nyamara mbere yaho gato, ku munsi wa mbere w\u2019iburanisha rye, uyu mugabo yari yabwiye urukiko ko \u2018yicuza ibikorwa byakozwe na FLN yari ayoboye byo kwica abaturage mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, ndetse ko yabisabiye imbabazi abagizweho ingaruka nabyo n\u2019igihugu muri rusange\u2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Rusesabagina kandi yaboneyeho kunyomoza amakuru yari yatangajwe n\u2019umuryango we ko atahawe uburenganzira bwo kwihitiramo abamwunganira, avuga ko ari we witoranyirije Me Nyambo Emeline na Me Rugaza David bamwunganira.<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimangiye ko anejejwe no gukorana nabo. Ati \u201cNi njye watoranyije abanyunganira kandi nishimiye kuba mbafite. Gusa umuryango wanjye ntabwo wabimenyeshejwe.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ku myaka 66, Rusesabagina wigeze kurwara kanseri, asanganywe ibibazo by\u2019ubuzima birimo umuvuduko w\u2019amaraso Yabwiye The New York Times ko yitabwaho n\u2019abaganga, ndetse bamusura inshuro nyinshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cAbantu benshi baraza bakamvugisha. Banasukura icyumba cyanjye. Bampa ibiryo. Ni abantu beza. Ikintu cyose kimeze neza kugeza ubu\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa kane, Urukiko rw\u2019Ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko Rusesabagina, ukurikiranyweho ibyaha 13, afungwa muri gereza iminsi 30 y\u2019agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje, umwanzuro yahise ajuririra.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Source: Igihe<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuva ku wa 31 Kanama ubwo Urwego rw\u2019Igihugu rw\u2019Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanaga Paul Rusesabagina, umunyapolitike ushinjwa ibyaha birimo n\u2019iterabwoba, amakuru yakomeje<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":82,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[7],"tags":[],"class_list":["post-81","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubukungu"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/81","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=81"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/81\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":83,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/81\/revisions\/83"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/82"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=81"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=81"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=81"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}