{"id":646,"date":"2020-12-19T16:47:38","date_gmt":"2020-12-19T16:47:38","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=646"},"modified":"2020-12-19T16:47:42","modified_gmt":"2020-12-19T16:47:42","slug":"federasiyo-yimikino-ngororamubiri-yashyizeho-ba-visi-perezida-batatu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/12\/19\/federasiyo-yimikino-ngororamubiri-yashyizeho-ba-visi-perezida-batatu\/","title":{"rendered":"Federasiyo y\u2019Imikino Ngororamubiri yashyizeho ba Visi Perezida batatu"},"content":{"rendered":"\n<p>Ishyirahamwe Nyarwanda ry\u2019Imikino Ngororamubiri, RAF, ryatoreye imyanya itatu ya Visi Perezida mu rwego rwo kuzuza Komite Nyobozi yayo mu gihe amategeko yahinduwe yateganyaga umwanya umwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020 ni bwo habaye amatora y\u2019iyi myanya itatu mu cyumba cy\u2019inama cya Stade Amahoro i Remera.<\/p>\n\n\n\n<p>Ndejuru Teta watanzwe na Rutsiro Athletics, yatorewe kuba Visi Perezida ushinzwe Ubutwererane na Porogaramu ku majwi 10 kuri 11, Ntubabare Ange Doriane wa Muhanga Athletics atorerwa kuba Visi Perezida ushinzwe Ubuyobozi n\u2019Imari ku majwi 10.<\/p>\n\n\n\n<p>Ndekezi Omer wa Huye Athletics, yatorewe kuba Visi Perezida ushinzwe Amarushanwa n\u2019Iterambere ku majwi icyenda, atsinze Nzigiye Joas watanzwe n\u2019ikipe ya Nyaruguru Athletics, we wagize amajwi abiri.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"667\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-648\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-2.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-2-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-2-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Komite Nyobozi ya RAF yiyongereyemo aba Visi Perezida batatu<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Abatowe bahawe manda y\u2019imyaka ine mu gihe abasanzwe muri Komite Nyobozi ya RAF yatowe muri Mutarama 2018, bazasoza manda yabo muri Mutarama 2022.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida w\u2019Ishyirahamwe Nyarwanda ry\u2019Imikino Ngororamubiri, RAF, Me Mubiligi Fid\u00e8le yavuze ko kongera iyi myanya muri Komite Nyobozi bizafasha iri Shyirahamwe kugeza kuri gahunda ryiyemeje yo guteza imbere umukino imbere.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cGuhera muri 2018 ubwo twagirirwaga icyizere cyo kuyobora Federasiyo, twararebye dusanga abagize Komite Nyobozi ari bakeya dukurikije akazi gahari n\u2019uko bagakora, tujya inama yo kwagura komite hakajyaho baVisi Perezida batatu. Bazakora manda y\u2019imyaka ine, tugira manda imwe ishobora kongerwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cBisobanuye ko komite ya RAF itazajya isoreza manda imwe ku buryo nihagira abagenda, hazajya hasigara abandi bamenyereye. Bizadufasha cyane kuko bari basanzwe bari mu nshingano zitandukanye. Ubufatanye bwa benshi butanga imbaraga.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ndekezi Omer watorewe kuba Visi Perezida ushinzwe Amarushanwa n\u2019Iterambere, yavuze ko kimwe mu byihutirwa bazibandaho ari ukongerera ubushobozi abatoza b\u2019imikino ngororamubiri.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"667\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-preso.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-649\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-preso.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-preso-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/athletisme-preso-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Perezida wa RAF, Mubiligi Fid\u00e8le, yavuze ko abiyongereye muri Komite Nyobozi ari izindi mbaraga zije kubunganira mu iterambere ry&#8217;iyi mikino<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNi umwanya utoroshye, usaba imbaraga kandi turazifite. Ndabyishimiye cyane kuko izo nshingano kuri njye nta gitangaza kirimo. Ingamba zirahari, turateganya guteza imbere imikino ngororamubiri mu buryo bwaguye cyane dushyize imbaraga mu kongerera abatoza ubumenyi kuko batanga ibyo bafite.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Muri gahunda y\u2019imyaka irindwi RAF yihaye harimo gushyiraho uburyo abakinnyi b\u2019imikino ngororamubiri batozwa muri buri murenge wo Rwanda ndetse bagakurikiranwa. Hari kandi gukorana n\u2019amashuri hagamijwe kuzamura impano ndetse no gukoresha amarushanwa atandukanye mu gihugu no hanze y&#8217;igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Source Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ishyirahamwe Nyarwanda ry\u2019Imikino Ngororamubiri, RAF, ryatoreye imyanya itatu ya Visi Perezida mu rwego rwo kuzuza Komite Nyobozi yayo mu gihe<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":647,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-646","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/646","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=646"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/646\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":650,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/646\/revisions\/650"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/647"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=646"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=646"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=646"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}