{"id":63,"date":"2020-09-30T07:16:11","date_gmt":"2020-09-30T07:16:11","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=63"},"modified":"2020-09-30T07:16:19","modified_gmt":"2020-09-30T07:16:19","slug":"ibikorwa-bya-siporo-byakomorewe-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/09\/30\/ibikorwa-bya-siporo-byakomorewe-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Ibikorwa bya Siporo byakomorewe mu Rwanda"},"content":{"rendered":"\n<p>Nyuma y\u2019amezi asaga atandatu ibikorwa byose bya siporo birimo imikino itandukanye ihuza abantu benshi bihagaritswe mu kwirinda ikwirakwira ry\u2019Icyorezo cya COVID-19, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko bigiye gusubukurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazo ryo ku wa 26 Nzeri 2020 ryashyizweho umukono na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, rivuga ko ibikorwa bya siporo byemerewe gusubukurwa guhera kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Nzeri 2020.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni icyemezo cyafashwe nyuma yo gusuzuma ingamba zatanzwe n\u2019amashyirahamwe y\u2019imikino itandukanye mu Rwanda yerekana uko yiteguye kwitwara mu gihe cy\u2019isubukurwa ry\u2019imikino mu myitozo no mu marushanwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Rikomeza riti \u201cIshyirahamwe ritegura ingengabihe y\u2019amarushanwa n\u2019imyitozo rirasabwa kubanza kubishyikiriza MINISPORTS ribisabira uburenganzira rikabanza kubuhabwa.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Amashyirahamwe kandi yibukijwe ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zikwiye kubahirizwa mu gihe cyose amakipe agiye gukora imyitozo n\u2019aho bakorera hagashyirwaho ingamba zo kwirinda kugira ngo ubuzima bw\u2019abakinnyi n\u2019abandi bose bubungwabungwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Kimwe n\u2019ibindi bikorwa bitandukanye bihuza abantu benshi, imikino n\u2019amarushanwa byahagaritswe mu Rwanda kuva muri Werurwe kubera icyorezo cya Coronavirus.<\/p>\n\n\n\n<p>Guhera muri Kamena, nibwo imwe mu mikino yatangiye gukomorerwa, hakorwa imyitozo kuri siporo zikorwa abantu bategeranye, ariko hubarizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Coroanvirus. Amarushanwa yo akaba atemewe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibikorwa by\u2019imikino bifunguwe nyuma y\u2019uko Minisiteri ya Siporo iherutse kongera gufungura siporo rusange ya Kigali Car Free Day, yabaye ku wa 20 Nzeri, igakorwa abantu bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus arimo gusiga intera ya metero ebyiri hagati y\u2019umuntu umwe n\u2019undi.<\/p>\n\n\n\n<p>Basketball ishobora kuba umukino wa mbere usubukuye mbere y\u2019iyindi mu Rwanda, ni nyuma y\u2019uko mu kwezi gushize hemejwe ko Shampiyona mu bagabo n\u2019abagore, izaba hagati ya tariki ya 18 na 24 Ukwakira, abakinnyi bose baba bamwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Imyitozo y\u2019amakipe yagombaga gutangira ku wa 25 Nzeri kugeza ku wa 15 Ukwakira, umunsi ukurikiyeho abakinnyi bajye hamwe mu mwiherero, aho bazabanza gupimwa icyorezo cya Coronavirus.<\/p>\n\n\n\n<p>Siporo zari zarabanje gukomorerwa ni izikorwa abantu bategeranye zirimo iyo kunyonga igare, gutwara imodoka, Tennis, Golf, kugenda n\u2019amaguru (Hiking), imikino ngororamubiri, Cricket, Boxing (Iteramakofe), Imikino Njyarugamba (Karate, Kung Fu, Taekwondo, Judo), Skating, Kumasha, Badminton, Aerobic, na Gymnastics.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ngamba zafashwe na menshi mu mashyirahamwe y\u2019imikino harimo ko imikino izasubukurwa ibera mu muhezo mu gihe n\u2019abakinnyi bazajya babanza gupimwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisiteri ya Siporo yateguye gahunda irambuye y\u2019ingamba zizakurikizwa n\u2019amashyirahamwe y\u2019imikino muri iri subukurwa ry\u2019imikino.<\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru dukesha IGIHE ifite ni uko amakipe y\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda, azemererwa gutangira imyitozo guhera tariki ya 1 Ukwakira, ku azaba yujuje ibisabwa.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/www.kigalitoday.com\/IMG\/jpg\/sport_rwanda.jpg\" alt=\"https:\/\/www.kigalitoday.com\/IMG\/jpg\/sport_rwanda.jpg\"\/><\/figure>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyuma y\u2019amezi asaga atandatu ibikorwa byose bya siporo birimo imikino itandukanye ihuza abantu benshi bihagaritswe mu kwirinda ikwirakwira ry\u2019Icyorezo cya<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-63","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/63","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=63"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/63\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":64,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/63\/revisions\/64"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=63"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=63"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=63"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}