{"id":621,"date":"2020-12-07T13:44:42","date_gmt":"2020-12-07T13:44:42","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=621"},"modified":"2020-12-07T13:44:45","modified_gmt":"2020-12-07T13:44:45","slug":"rtd-major-mudathiru-na-bagenzi-be-bo-muri-p5-ya-kayumba-nyamwasa-basabiwe-gufungwa-burundu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/12\/07\/rtd-major-mudathiru-na-bagenzi-be-bo-muri-p5-ya-kayumba-nyamwasa-basabiwe-gufungwa-burundu\/","title":{"rendered":"Rtd Major Mudathiru na bagenzi be bo muri P5 ya Kayumba Nyamwasa basabiwe gufungwa burundu"},"content":{"rendered":"\n<p>Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye abantu 32 bakurikiranyweho gukorana n\u2019imitwe ya P5 na FLN mu bikorwa by\u2019iterabwoba ku Rwanda, gufungwa burundu, kuko busanga harabayemo impurirane mbonezamugambi ku byaha baregwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu baregwa harimo amatsinda abiri, irya mbere rigizwe n\u2019abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru Habib wahoze mu Ngabo z\u2019u Rwanda, baregwa ibyaha bitanu birimo kwinjira mu mutwe w\u2019ingabo utemewe; kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho; kugirana umubano na Leta y\u2019amahanga bigiriwe gushoza intambara, kurema umutwe w\u2019abagizi ba nabi no gucura umugambi wo gukora icyaha cy\u2019iterabwoba.<\/p>\n\n\n\n<p>Bafatiwe mu mashyamba nyuma y\u2019ibitero bagabweho n\u2019Ingabo za FARDC, bahuriza ku kuba barashyikirijwe u Rwanda ku wa 18 Kamena 2019. Kuri iryo tsinda hiyongeraho Pte Ruhinda Jean Bosco watorotse igisirikare akajya mu mashyamba ya Congo, we yaburanishijwe adahari kuko atarafatwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Hari n\u2019irindi tsinda rifatwa nk\u2019irirangajwe imbere na Pte Muhire Dieudonn\u00e9, rigizwe na Corporal Kayiranga Viateur, Corporal Dusabimana Jean Bosco, Private Igitego Champagnat n\u2019abasivili Muhire Pacifique na Nzafashwanimana Richard.<\/p>\n\n\n\n<p>Baregwa ibyaha byo gutoroka igisirikare (Pte Muhire), ubufatanyacyaha mu kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa kubuhirika hakoreshejwe intambara cyangwa izindi mbaraga, kurema umutwe w\u2019abagizi ba nabi no koshya abandi kuwujyamo, no kugira uruhare mu bikorwa by\u2019ishyirahamwe rikora iterabwoba.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Basabiwe ibihano kuri buri cyaha<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo hatangiraga gutangwa imyanzuro y\u2019Ubushinjacyaha kuri uyu wa Mbere, abaregwa uko ari 31 bari imbere y\u2019urukiko, uretse Private Ruhinda waburanishijwe adahari.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinjacyaha Capt Jacques Rugamba yasabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kwakira ikirego cyatanzwe n\u2019Ubushinjacyaha no kwemeza ko gifite ishingiro, hashingiwe ku bimenyetso byatanzwe, rukemeza ko ibyaha byo kurema umutwe w\u2019ingabo zitemewe, kurema no kujya mu mutwe w\u2019abagizi ba nabi, kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho n\u2019icyaha cy\u2019iterabwoba, bihama abaregwa bose uko ari 32.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko ku cyaha kijyanye no kujya mu mutwe w\u2019ingabo zitemewe, urukiko rwazabahanisha igihano cy\u2019imyaka icumi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje ati \u201cBose uko ari 32, muri bo 30 nibo dusabira igihano cy\u2019imyaka icumi havuyemo Major Rtd Habib Mudathiru na Pte Muhire Dieudonne, bo kuri iki cyaha bagize uruhare mu gufatanya n\u2019abaremye uyu mutwe, kuko Mudathiru yagize uruhare mu kuzana abarwanyi muri P5 no kubigisha uburyo bazarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda. Kuri we ni igihano cy\u2019imyaka 15 hamwe na Pte Muhire Dieudonne.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ku cyaha cyo kugirana umubano n\u2018abakozi ba leta y\u2019amahanga bigiriye gushora intambara, ubushinjacyaha bwasabye ko abantu bari mu itsinda rya Maj Habib Mudathiru uko ari 25, bazafungwa imyaka 25.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku cyaha cyo kurema umutwe w\u2019abagizi ba nabi, ubushinjacyaha bwasabye ko urukiko rwazahanisha abaregwa bose uko ari 32, igihano cy\u2019imyaka 10. Naho ku cyaha cyo gukora ibikorwa by\u2019iterabwoba, Ubushinjacyaha bwasabye ko bose uko ari 32 bazahanishwa igihano cy\u2019imyaka 20.<\/p>\n\n\n\n<p>Hanyuma ku cyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho, nacyo uko ari 32, Ubushinjacyaba bwasabye ko urukiko rwazabahanisha buri umwe igifungo cya burundu, kuko ari nacyo gikuru mu byaha baregwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Capt Rugamba yakomeje ati \u201cIki cyaha nubwo abari ahangaha batabashije kugaragara mu buryo butaziguye aho abaturage bagiye bicirwa ari Musanze na za Kinigi ndetse no muri Nyungwe, bagenzi babo bakomeje icyo gikorwa bica abaturage.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ku ruhande rw\u2019itsinda ririmo abasirikare ba RDF, harimo Pte Igitego Champagnat we ku byaha aregwa hiyongeraho icyaha cy\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yagisabiweho igifungo cy\u2019imyaka 7 n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda miliyoni imwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku cyaha cyo gutoroka igisirikare, Pte Muhire Dieudonne yasabiwe gufungwa imyaka ibiri hamwe na Pte Ruhinda we waburanishijwe adahari.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinjacyaha yakomeje ati \u201cHanyuma tukaba dusaba Urukiko rukuru rwa gisirikare kuzashingira ku ngingo ya 61 na 62 y\u2019itegeko riteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange, rukemeza ko habaye impurirane mbonezamugambi, hanyuma kuri bose uko ari 32 urukiko rukazabahanisha igihano kirushije ibindi gukomera, igifungo cya burundu kuri bose, buri umwe umwe.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinjacyaha ariko yagarutse ku miburanire, avuga ko harebwe uko iburanisha ryagenze, uwitwa Muhire Pacifique yireguye yemera ibyaha bye anasaba imbabazi kandi asobanura uko ibyaha byakozwe mu mu buryo budashidikanywaho, asaba ko urukiko rwazabisuzuma mu kumufatira imyanzuro.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwavoka wa Muhire yamusabiye ko yagabanyirizwa igihano, agahanishwa igihe kingana n\u2019igihe amaze afunzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinjacyaha yanzuye ko ari ngombwa ko bahabwa ibihano bikomeye biteganywa n\u2019amategeko, ku buryo byanabera isomo n\u2019abagifite imyumvire yo kwifatanya n\u2019imitwe y\u2019iterabwoba, igamije guhungabanya umutekano w\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Abafatiwe muri uyu mutwe bakunze guhuriza ko binjijwe muri uyu mutwe bashukishijwe guhabwa akazi muri RDC, ariko bagerayo bakisanga mu mitwe yitwaje intwaro, bakagerageza gutoroka ariko bikanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma yo gusabirwa gufungwa burundu, abaregwa bakomeje gutakambira urukiko, basaba imbabazi u Rwanda n\u2019abanyarwanda muri rusange, bityo ko bazagabanyirizwa ibihano cyangwa bigasubikwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Bashima uko u Rwanda rwabakiriye, bakavuzwa kandi bakitabwaho.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/urukiko-gisirikare-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-623\" width=\"962\" height=\"721\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/urukiko-gisirikare-1.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/urukiko-gisirikare-1-300x225.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/urukiko-gisirikare-1-768x576.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 962px) 100vw, 962px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye abantu 32 bakurikiranyweho gukorana n\u2019imitwe ya P5 na FLN mu bikorwa by\u2019iterabwoba ku Rwanda, gufungwa burundu,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":622,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-621","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/621","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=621"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/621\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":624,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/621\/revisions\/624"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/622"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=621"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=621"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=621"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}