{"id":607,"date":"2020-12-02T13:36:33","date_gmt":"2020-12-02T13:36:33","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=607"},"modified":"2020-12-02T13:36:37","modified_gmt":"2020-12-02T13:36:37","slug":"perezida-kagame-yasabye-umuvunyi-kurushaho-kwigisha-abaturage-uburenganzira-bwabo-namategeko-abarengera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/12\/02\/perezida-kagame-yasabye-umuvunyi-kurushaho-kwigisha-abaturage-uburenganzira-bwabo-namategeko-abarengera\/","title":{"rendered":"Perezida Kagame yasabye Umuvunyi kurushaho kwigisha abaturage uburenganzira bwabo n\u2019amategeko abarengera"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Urwego rw\u2019Umuvunyi kongera imbaraga mu kwigisha abaturarwanda uburenganzira bwabo, amategeko abarengera bakayumva kandi bakayamenya, bakamenya n\u2019izindi nzego bashobora kwiyambaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi Umukuru w\u2019Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukuboza 2020 ubwo yakiraga indahiro y\u2019Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, uyu muhango ukaba wabereye muri Village Urugwiro.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kwakira indahiro y\u2019Umuvunyi Mukuru wemeye inshingano zo kuyobora urugamba rwo kurwanya ruswa n\u2019akarengane mu Rwanda afatanyije n\u2019abandi Banyarwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yagaragaje ko izi nshingano atari nshya kuri Madamu Nirere kuko yari amaze igihe ayobora Komisiyo y\u2019Igihugu y\u2019Uburenganzira bwa Muntu, kandi ako kazi akaba yaragakoze neza.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yibukije ko akarengane na ruswa ari bimwe mu bibangamira ubwo burenganzira bwa muntu n\u2019imibanire y\u2019Abanyarwanda, bikanadindiza iterambere ry\u2019Igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cibi rero tugomba kubirwanya kandi dufite inzego zibishinzwe, zibifitiye n\u2019ubushobozi. Turifuza ko bigaragara ko ako kazi gakorwa ku buryo bukwiye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"960\" height=\"718\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/PRESIREP.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-609\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/PRESIREP.jpg 960w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/PRESIREP-300x224.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/PRESIREP-768x574.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 960px) 100vw, 960px\" \/><figcaption>Umukuru w&#8217;Igihugu Paul Kagame<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yasabye ko izo nzego zirushaho kuzuzanya muri urwo rugamba, zigafatanya imirimo yose, nta rwego rusimbuye urundi cyangwa ngo ruruvuguruze kuko icyo zishinzwe ni ukuzuzanya ntabwo ari ukuvuguruzanya, nta n\u2019urukwiye kwinjira mu nshingano z\u2019urundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu kandi yibukije ko Urwego rw\u2019Umuvunyi rugomba gukorana bya hafi n\u2019izindi nzego cyane cyane iz\u2019Ubutabera, n\u2019inzego z\u2019ibanze.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cAho ruswa yagaragaye, n\u2019aho akarengane kabaye, urwo rwego rukamenyeshwa, ababishinzwe na bo icyo gihe tuba tubatezeho kwihutira gukemura ibyo bibazo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p><a href=\"https:\/\/www.kigalitoday.com\/amakuru\/amakuru-mu-rwanda\/article\/nirere-madeleine-yagizwe-umuvunyi-mukuru-asimbura-anastase-murekezi\">Inama y\u2019Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro<\/a>\u00a0iyobowe na Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, ni yo yashyize Nirere Madeleine ku mwanya w\u2019Umuvunyi Mukuru (Ombudsman).<\/p>\n\n\n\n<p>Source Kigali Today<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Urwego rw\u2019Umuvunyi kongera imbaraga mu kwigisha abaturarwanda uburenganzira bwabo, amategeko abarengera bakayumva<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":608,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-607","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/607","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=607"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/607\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":610,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/607\/revisions\/610"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/608"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=607"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=607"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=607"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}