{"id":5999,"date":"2026-06-10T13:20:40","date_gmt":"2026-06-10T13:20:40","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=5999"},"modified":"2026-06-10T13:21:25","modified_gmt":"2026-06-10T13:21:25","slug":"paris-eugene-rwamucyo-wakatiwe-imyaka-27-yatangiye-kuburana-ubujurire","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2026\/06\/10\/paris-eugene-rwamucyo-wakatiwe-imyaka-27-yatangiye-kuburana-ubujurire\/","title":{"rendered":"Paris: Eugene Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 yatangiye kuburana ubujurire"},"content":{"rendered":"\n<p>Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rw\u2019ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo, ni &nbsp;nyuma y\u2019uko atishimiye imikirize y\u2019urubanza rwe rwa mbere aho yari yahamijwe ubufatanyacyaha muri jenoside n\u2019ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyokomuntu agakatirwa imyaka 27.<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu munyarwanda wavutse tariki ya 6 Kamena 1959 akavukira i Munanira (ahahoze ari muri komini Gatonde, Perefegitura ya Ruhengeri) akaba yaranabaye Umuyobozi w\u2019ikigo cya Kaminuza y\u2019u Rwanda gishinzwe ubuzima rusange, mu mpera za 2024 yakatiwe igifungo cy\u2019imyaka 27 &nbsp;nyuma yo guhamwa n\u2019ibyaha birimo ubufatanyacyaha muri jenoside n\u2019ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.<\/p>\n\n\n\n<p>Radiyo RFI ivuga ko Eugene Rwamucyo yahinduye abamwunganira mu mategeko, akaba anahakana ibyaha byose aregwa avuga ko ari umwere n\u2019ubwo mu rubanza rwa mbere hari ibimeneyetso byagaragaye bikifashishwa ari nabyo byamuviriyemo guhamwa n\u2019icyaha.<\/p>\n\n\n\n<p>Dr Eugene Rwamucyo ashinjwa kugira uruhare mu gushyingura mu byobo rusange imibiri y\u2019abasivile b\u2019abatutsi biciwe i Butare mu 1994, akanashinjwa nanone ko yategetse kwica bagahorahoza abatutsi bari batarashiramo umwuka bakomeretse ndetse abandi bakanabashyingura bakiri bazima.<\/p>\n\n\n\n<p>Urukiko Gacaca rw\u2019I Ngoma mu Karere ka Huye muri Nzeri muri 2009 rwamuhanishije gufungwa burundu nyuma yo kumuburanisha adahari, rumuhamya gushinga imitwe y\u2019abicanyi, gushishikariza ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside, gutanga ibikoresho byo kwica no gushimuta abagore n\u2019abakobwa b\u2019abatutsi hagamijwe kubafata ku ngufu.<\/p>\n\n\n\n<p>Tariki ya 17 Ukwakira 2009 &nbsp;Dr Eugene yaje guhagarikwa ku kazi k\u2019ubuganga yakoreraga muri centre Hospitalier Sambre Avesnois de Maubeuge maze aza gufatwa nyuma y\u2019inyandiko ya Interpol imushinja kuba yaragize uruhare mu itegurwa rya Jenoside yakorewe abatutsi mu &nbsp;1994. Yaje gufatirwa &nbsp;I Sannois aho yari yagiye gushyingura Jean Bosco Barayagwiza tariki ya 29 Gicurasi 2010. Yaje kurekurwa &nbsp;nyuma y\u2019iminsi 113 nyuma y\u2019uko abacamaza b\u2019urukiko rw\u2019ubujurire rwa Vessailleles banze icyifuzo cyo koherezwa mu Rwanda maze bategeka ko ahita arekurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma muri 2020 abacamanza b\u2019abafaransa baje gukora iperereza ndetse n\u2019urugereko rw\u2019iperereza , maze muri 2022 bategeka ko Dr Eugene Rwamucyo yoherezwa kuburanshirizwa mu rukiko rwa Rubanda (Cour d\u2019Assises) I Paris agakurikiranwaho ibyaha bya Jenoside n\u2019ibyibasiye inyokomuntu. Tariki ya 30 Ukwakira 2024 nibwo urukiko rwa Rubanda &nbsp;rwa Paris rwamukatiye igifungo cy\u2019imyaka 27 ahamwe n\u2019ibyaha &nbsp;birimo ; ubufatanyacyaha muri Jenoside n\u2019ubufatanyacyaka mu byaha byibasiye inyokomuntu.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa kabiri &nbsp;habaye igikorwa cyo gutora inteko y\u2019inyangamugayo izaburanisha &nbsp;no gutangira iburanisha. Uru rubanza rw\u2019ubujurire rurimo abaregera indishyi 530, biteganyijwe ko ruzapfundikirwa ku 17 Nyakanga 2026.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rw\u2019ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo, ni<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":6000,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-5999","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5999","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=5999"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5999\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":6002,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5999\/revisions\/6002"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/6000"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=5999"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=5999"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=5999"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}