{"id":5722,"date":"2026-02-10T12:03:10","date_gmt":"2026-02-10T12:03:10","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=5722"},"modified":"2026-02-10T12:03:10","modified_gmt":"2026-02-10T12:03:10","slug":"uganda-minisitiri-yavuze-ko-nta-cyaha-bobi-wine-yakoze-yamagana-ibitero-ku-rugo-rwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2026\/02\/10\/uganda-minisitiri-yavuze-ko-nta-cyaha-bobi-wine-yakoze-yamagana-ibitero-ku-rugo-rwe\/","title":{"rendered":"Uganda: Minisitiri yavuze ko nta cyaha Bobi Wine yakoze, yamagana ibitero ku rugo rwe"},"content":{"rendered":"\n<p>Igitero cya gisirikare cyagabwe ku rugo rw\u2019umunyapolitiki utavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, Bobi Wine, mu kwezi gushize, avuga ko ari igikorwa kitakwihanganirwa kandi kinyuranyije n\u2019amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo byatangajwe na Minisitiri Ushinzwe itangazamakuru muri Uganda akaba n\u2019Umuvugizi wa Guverinoma, Chris Baryomunsi, akaba yamaganye iki gikorwa.<\/p>\n\n\n\n<p><br>Mu kiganiro yahaye ibiro ntaramakuru Reuters, Baryomunsi yavuze ko Bobi Wine, wamamaye mu muziki mbere yo kwinjira muri politiki, nta cyaha na kimwe yakoze kandi ko afite uburenganzira busesuye bwo gusubira mu rugo rwe igihe abishakiye.<\/p>\n\n\n\n<p>Bobi Wine amaze ibyumweru ari mu bwihisho, nyuma yo kuva iwe mu murwa mukuru Kampala, amasaha make mbere y\u2019uko atangazwa nk\u2019uwabaye uwa kabiri mu matora ya Perezida yabaye ku wa 15 Mutarama, yatsinzwe na Perezida Yoweri Museveni, umaze imyaka irenga 40 ku butegetsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa 24 Mutarama, Bobi Wine yatangaje ko umugore we yajyanywe mu bitaro, nyuma y\u2019uko abasirikare bateye urugo rwabo, avuga ko yakorewe ihohotera, aho bamwe bamwambuye igice cy\u2019imyambaro ye ndetse bakamufata mu muhogo.<\/p>\n\n\n\n<p>Umugaba Mukuru w\u2019Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n\u2019umuhungu wa Perezida Museveni, yabanje guhakana ayo makuru, avuga ko nta musirikare wagiriye nabi umugore wa Bobi Wine. Icyakora, nyuma yaje gutangaza ku rubuga rwa X ko bari bamufashe by\u2019igihe gito bakaza kumurekura.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri Baryomunsi yavuze ko Guverinoma igiye gukora iperereza kuri iki kibazo, ashimangira ko imyitwarire mibi yaba yarakozwe n\u2019abasirikare idashobora kwihanganirwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Baryomunsi yabwiye Reuters ati \u201cNtidushyigikiye na gato imyitwarire mibi ikozwe n\u2019ingabo cyangwa inzego z\u2019umutekano. Gutera urugo rw\u2019umuntu, kurwangiza, gukorera ihohotera umugore we cyangwa undi wese, ni ikosa rikomeye,\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yirinze gutangaza niba abasirikare bazahamwa n\u2019ibyaha bazahanwa cyangwa se bazafatirwa ibindi byemezo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rundi ruhande, umuvugizi w\u2019ishyaka National Unity Platform (NUP) rya Bobi Wine ntiyigeze asubiza telefoni cyangwa ubutumwa yashakishijweho ngo agire icyo atangaza.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"696\" height=\"455\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/bob-wine-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-5724\" style=\"aspect-ratio:1.5296826509160075;width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/bob-wine-2.jpg 696w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/bob-wine-2-300x196.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 696px) 100vw, 696px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                                                                Bob Wine uri hagati<\/p>\n\n\n\n<p>Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko igisirikare kirimo gushakisha Bobi Wine, uvuga ko amatora yabayemo uburiganya. Nubwo bimeze bityo, ntiyigeze atangaza icyaha aregwa cyangwa impamvu nyakuri atumye ashakishwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n\u2019abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bamaze igihe bashinja Guverinoma ya Museveni gukoresha igisirikare mu guhonyora abatavuga rumwe na yo, ibirego Guverinoma ikomeza guhakana.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri Baryomunsi yanavuze ko Uganda idateganya gukura ingabo zayo muri Somalia, aho ziri mu butumwa bw\u2019Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kurwanya imitwe y\u2019iterabwoba, ahakana amagambo aherutse gutangazwa na Gen Muhoozi wavugaga ko bashobora kuzikurayo kubera ikibazo cy\u2019amafaranga.<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeyeho ko amagambo Gen Muhoozi akunze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga akwiye gufatwa nk\u2019ayisanzuye, atagaragaza umurongo wa Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Baryomunsi yasobanuye ati \u201cIbyo atangaza ni amagambo asanzwe, ntabwo ahagarariye politiki ya Leta cyangwa ibyemezo bya Guverinoma,\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Gen Muhoozi azwiho gutangaza amagambo akakaye ku mbuga nkoranyambaga, aho yigeze no gutera ubwoba Bobi Wine, ndetse akavuga ko igisirikare cyishe abarenga 30 bashyigikiye abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, amagambo yakunze no gusiba nyuma.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Igitero cya gisirikare cyagabwe ku rugo rw\u2019umunyapolitiki utavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, Bobi Wine, mu kwezi gushize, avuga ko ari igikorwa kitakwihanganirwa<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":5723,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-5722","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5722","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=5722"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5722\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":5725,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/5722\/revisions\/5725"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/5723"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=5722"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=5722"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=5722"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}