{"id":518,"date":"2020-11-20T15:19:04","date_gmt":"2020-11-20T15:19:04","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=518"},"modified":"2020-11-20T15:19:13","modified_gmt":"2020-11-20T15:19:13","slug":"uganda-nu-burundi-mu-guhungabanya-u-rwanda-uko-imigambi-yapfubye-abayicuraga-bakisanga-mu-nkiko","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/11\/20\/uganda-nu-burundi-mu-guhungabanya-u-rwanda-uko-imigambi-yapfubye-abayicuraga-bakisanga-mu-nkiko\/","title":{"rendered":"Uganda n\u2019u Burundi mu guhungabanya u Rwanda: Uko imigambi yapfubye, abayicuraga bakisanga mu nkiko"},"content":{"rendered":"\n<p>Mu mwaka ushize mu mezi abanza, nibwo hacicikanye amafoto yerekanaga abarwanyi bari bagize umutwe wa P5 bavirirana kubera amasasu barashwe n\u2019ingabo za FARDC, ku buryo benshi bari mu mugambi wo gutegura ibitero ku Rwanda batarokotse.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa Kane nibwo abaregwa muri iyi dosiye bose barangije kwiregura, bakazasubira imbere y\u2019urukiko ku wa 7\/8 Ukuboza 2020, Ubushinjacyaha butanga imyanzuro yabwo kimwe n\u2019abaregwa, ari nabwo bazamenyesjwa ibihano basabiwe, ubundi urukiko rukazatangaza igihe urubanza ruzasomerwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubu hari itsinda ry\u2019abantu basaga 31 bari imbere y\u2019inkiko baregwa ibyaha birimo kugirana umubano na leta y\u2019amahanga bigamije gushoza intambara, barimo 25 bafatiwe muri RDC barangajwe imbere na Rtd Maj Habib Mudathiru. Abo bahuriza ku kuba barashyikirijwe u Rwanda ku wa 18 Kamena 2019.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"667\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/Urubanza.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-520\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/Urubanza.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/Urubanza-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/Urubanza-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Kuva muri RDF kugera muri P5<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Muri uru rubanza haregwamo Mudathiru Habib wari major mu Ngabo z\u2019u Rwanda, RDF, ndetse yakunze kugaragazwa nk\u2019umwe mu bari abarimu beza mu masomo ya gisirikare.<\/p>\n\n\n\n<p>Amaze gusezererwa, mu 2013 ngo yerekeje muri Uganda ku mpamvu z\u2019umuryango, ari naho yaje guhurira na Maj Robert Higiro wo muri RNC, amuha ubutumwa bwa Kayumba Nyamwasa ko bafite umutwe wa politiki, ko bashaka no gukora igisirikare cyawo, bityo ko we n\u2019abandi basezerewe mu ngabo bakwishyira hamwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Higiro ngo yamugiriye inama yo gushaka ibyangombwa by\u2019impunzi, ko ari bwo yabona umutekano i Kampala, ndetse arabibona, ajyanwa mu nkambi ya Arua hamwe na Capt Sibo Charles, ari naho imigambi yose yacuriwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Banogeje umugambi wo kujya mu mashyamba ya Congo, ku wa 20 Nyakanga 2017 Sibo na Mudathiru batoroka inkambi bagera i Mbarara, bafashwa n\u2019urwego rw\u2019iperereza rw\u2019igisirikare cya Uganda, CMI, gusohoka muri Uganda baciye ku mupaka wa Kikagati, banyura muri Tanzania batunguka mu Burundi, bagendera ku byangombwa by\u2019ibihimbano.<\/p>\n\n\n\n<p>Nk\u2019uko ubuhamya bwatangiwe mu rukiko bubigaragaza, ku mupaka w\u2019u Burundi bakiriwe n\u2019abasirikare b\u2019u Burundi barimo Colonel Ignace Sibonama ushinzwe iperereza rya gisirikare (Chief J2) na Major Bertin ushinzwe iperereza ryo hanze.<\/p>\n\n\n\n<p>Babagejeje i Bujumbura babaha icumbi muri Hotel Transit, ari naho hacumbikirwaga abantu benshi bajya muri RNC. Nyuma ngo Kayumba yahamagaye Sibo Charles na Major Habib kuri Skype.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"683\" height=\"706\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-3.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-521\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-3.jpg 683w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-3-290x300.jpg 290w\" sizes=\"auto, (max-width: 683px) 100vw, 683px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Yababwiye ko bahabwa imbunda n\u2019amasasu, bakemererwa inzira yo gucishamo amakurutu y\u2019Abanyarwanda bari i Burundi bazabasanga, n\u2019inzira yo kunyuzamo abarwayi igihe badashoboye kuvurirwa mu nkambi yabo. Mu gushyira mu bikorwa ibyo bemerewe, bagenda ngo bahawe SMG 13, LMG 3, MMG 1 n\u2019ibikarito bine by\u2019amasasu ya SMG na sheni eshatu z\u2019amasasu ya NMG.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Imvano y\u2019ifatwa ry\u2019aba barwanyi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Baragiye bagera mu mashyamba ya Bijabo, ndetse Mudathiru yari ashinzwe imyitozo muri uwo mutwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Kayumba yaje guhamagara Major Habib kuri telefoni, amusaba ko bahindura aho bakorera, bakava muri Kivu y\u2019Amajyepfo bakajya ku mupaka wa Uganda, kuko babonaga u Burundi butaha inkunga bihagije, ariko kuri Uganda ngo babonaga inkunga ishobora kuba nyinshi n\u2019abarwanyi bakajya bambuka byoroshye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinjacyaha bwavuze ko muri uwo mugambi, bakoresheje $12000 USD yoherejwe na Ben Rutabana kuri Western Union i Bujumbura.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa 19 Mata ngo nibwo bimutse, mu rugendo &#8220;rutabahiriye na gatoya&#8221; kuko bageze i Masisi bahuye n\u2019ibico byinshi bya FARDC, bararaswa, bamwe barapfa, abandi barafatwa cyangwa bishyikiriza Monusco.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Uko abasirikare ba RDF binjijwe mu mugambi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Mu itsinda riyobowe na Rtd Habib Mudathiru, harimo umusirikare wa RDF watorotse igisirikare witwa Pte Ruhinda Jean Bosco, wasigaye mu mashyamba utarabashije gufatwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu basirikare bafunzwe harimo Pte Muhire Dieudonn\u00e9, Corporal Kayiranga Viateur, Corporal Dusabimana Jean Bosco, Private Igitego Champagnat n\u2019abasivili Muhire Pacifique na Nzafashwanimana Richard.<\/p>\n\n\n\n<p>Abasirikare baregwa gutoroka igisirikare, ubufatanyacyaha mu kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa kubuhirika hakoreshejwe intambara cyangwa izindi mbaraga, kurema umutwe w\u2019abagizi ba nabi no koshya abandi kuwujyamo, no kugira uruhare mu bikorwa by\u2019ishyirahamwe rikora iterabwoba.<\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire ufatwa nk\u2019ukuriye abandi basirikare bari kumwe, yari umusirikare akorera mu kigo cya gisirikare cya Mukamira mu karere ka Nyabihu.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2017 ngo yibye sheki ya mugenzi we Pte Bunani Jean yo muri Unguka Bank, aza guhamagara uwitwa Cyrille Ndizeye bahurira i Musanze, amuha iyo sheki yujujeho miliyoni 1.9 Frw, barayabikuze nyuma baza kuyagabana.<\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire wahise atoroka igisirikare, yageze muri Uganda ahabwa ubutumwa bwo gushaka abarwanyi bashya muri FLN ahereye ku bakoranye muri RDF, akagenda abakangurira kwanga igisirikare.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yakomeje kuvugana n\u2019abandi barimo Corporal Kayiranga Viateur na Pte Igitego Champagnat icyo gihe bari mu butumwa bw\u2019amahoro i Juba muri Sudani y\u2019Epfo, nabobaje gufatwa, ubu bari imbere y\u2019urukiko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yababwiraga ko bazajya bahabwa amafaranga menshi, aho ngo bagombaga guhabwa $5000 yo gusigira imiryango, ndetse ngo yari yarijejwe guhabwa ipeti rya Lieutenant muri FLN.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yaje no kwegera Caporal Dusabimana Jean Bosco, aho hari n\u2019ikiganiro bagiranye, amwizeza ko azaba amutegereje \u201cumunsi uzumva ko ugiye kuza,\u201d ndetse ko nabona n\u2019abandi benshi cyane yazabazana.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iryo jwi hanumvikana abaza Dusabimana ibirindiro bitandukanye by\u2019abasirikare muri Rusizi, Karongi no ku ruganda rw\u2019icyayi, ibintu ubushinjacyaha buvuga ko byari bigamije kumenya aho ibirindiro by\u2019ingabo biri, ngo bayifashishe mu bitero.<\/p>\n\n\n\n<p>Iryo jwi Pte Muhire waganiraga na Caporal Dusabimana nawe ubu uri mu rukiko, yaryoherereje Noble Marara wo muri RNC ashaka kumwereka ko bari kumwe kuko ngo yamukemangaga, undi na we ahita arishyira kuri YouTube.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ijwi ryatanze amakuru akomeye, kuko Corporal Dusabimana ku wa 6 Werurwe 2019 yahise atabwa muri yombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Dusabimana wari wamaze gufatwa yakomeje kuvugana na Pte Muhire, maze aza kumwumvisha ko yaza kumwambutsa umupaka, akora ku witwa Muhire Pacifique wari umumotari muri Uganda (na we ari imbere y\u2019urukiko), baza gutwara mugenzi wabo bagombaga kujyana muri FLN, bahita bafatwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire anashinjwa ko yinjije muri iyo mitwe abandi batabashije gufatwa barimo Pte Ndagijimana Dan na Caporal Mudatenguha Phocas, bo batarafatwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Harimo kandi Pte Igitego Champagnat, ngo yahuye na Muhire kuri Facebook, bahujwe na Caporal Kayiranga Viateur bari kumwe mu butumwa i Juba. Pte Muhire ngo yajyaga anaboherereza amafoto y\u2019abayobozi b\u2019u Rwanda babashushanyije, hasi ari inyamaswa hejuru ari umuntu, mu rwego rwo kubangisha abantu.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyo gihe ngo Pte Muhire yamurangiye umusivili Nzafashwanimana Richard wari umumotari mu karere ka Burera, wagombaga kumucikisha agatoroka igisirikare. Nzafashwanimana ngo ni we wambukije Pte Muhire Dieudonn\u00e9 acika kuko yamukuye mu karere ka Musanze, amugeza muri Uganda baciye iy\u2019ibusamo.<\/p>\n\n\n\n<p>Hari n\u2019abandi basirikare batorotse barimo Nshimiyimana Dan, Mudatenguha Phocas bambukijwe n\u2019uwo mumotari. Ngo yanambukije umugore n\u2019abana ba Private Muhire n\u2019ab\u2019abo basirikare bandi.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ibihugu by\u2019abaturanyi byatunzwe agatoki<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Haba mu kwiregura kw\u2019abaregwa cyangwa mu kugaragaza ibimenyetso, Umushinjacyaha yagaragaje uburyo inzego za gisirikare za Uganda zafashije abaregwa mu gushakisha ibyangombwa bigizwemo uruhare na Major Johnson, kugeza ubwo Mudathiru na Sibo bajyanwe mu nkambi ya Arua guhishwayo bigizwemo uruhare na Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo ngo bikanagaragazwa no kuba mu baregwa harimo Abanya-Uganda batatu; Lubwana Suleiman, Katwere Joseph na Desideriyo Fred.<\/p>\n\n\n\n<p>Leta y\u2019u Burundi nayo ishinjwamo uruhare rukomeye kuko harimo umuyobozi mukuru w\u2019iperereza rya gisirikare wakoranye n\u2019abajya muri P5, kandi u Burundi bwagize uruhare mu kubaha ibikoresho nk\u2019intwaro, kubacumbikira no kubafasha gushaka abarwanyi n\u2019inzira ibageza muri RDC.<\/p>\n\n\n\n<p>U Burundi kandi bufite abantu bane muri 25 baregwa, barimo Ndirahira Jean de Dieu, Nsengiyumva Janvier, Minani Jean na Nsabimana Jean Marie Vianney.<\/p>\n\n\n\n<p>Bigeze no kubwira urukiko ko baramutse barekuwe, bahabwa ubuhungiro mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Byongeye, mu baregwa 25 bafatiwe mu mashyamba, abantu 14 bafashwe bavuze ko binjijwe muri P5 banyuze mu Burundi, umunani baturutse muri Uganda, babiri muri Kenya n\u2019umwe muri Malawi.<\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire ufatwa nk\u2019ukuriye abandi basirikare bari kumwe, yari umusirikare akorera mu kigo cya gisirikare cya Mukamira mu karere ka Nyabihu.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2017 ngo yibye sheki ya mugenzi we Pte Bunani Jean yo muri Unguka Bank, aza guhamagara uwitwa Cyrille Ndizeye bahurira i Musanze, amuha iyo sheki yujujeho miliyoni 1.9 Frw, barayabikuze nyuma baza kuyagabana.<\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire wahise atoroka igisirikare, yageze muri Uganda ahabwa ubutumwa bwo gushaka abarwanyi bashya muri FLN ahereye ku bakoranye muri RDF, akagenda abakangurira kwanga igisirikare.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yakomeje kuvugana n\u2019abandi barimo Corporal Kayiranga Viateur na Pte Igitego Champagnat icyo gihe bari mu butumwa bw\u2019amahoro i Juba muri Sudani y\u2019Epfo, nabobaje gufatwa, ubu bari imbere y\u2019urukiko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yababwiraga ko bazajya bahabwa amafaranga menshi, aho ngo bagombaga guhabwa $5000 yo gusigira imiryango, ndetse ngo yari yarijejwe guhabwa ipeti rya Lieutenant muri FLN.<\/p>\n\n\n\n<p>Ngo yaje no kwegera Caporal Dusabimana Jean Bosco, aho hari n\u2019ikiganiro bagiranye, amwizeza ko azaba amutegereje \u201cumunsi uzumva ko ugiye kuza,\u201d ndetse ko nabona n\u2019abandi benshi cyane yazabazana.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iryo jwi hanumvikana abaza Dusabimana ibirindiro bitandukanye by\u2019abasirikare muri Rusizi, Karongi no ku ruganda rw\u2019icyayi, ibintu ubushinjacyaha buvuga ko byari bigamije kumenya aho ibirindiro by\u2019ingabo biri, ngo bayifashishe mu bitero.<\/p>\n\n\n\n<p>Iryo jwi Pte Muhire waganiraga na Caporal Dusabimana nawe ubu uri mu rukiko, yaryoherereje Noble Marara wo muri RNC ashaka kumwereka ko bari kumwe kuko ngo yamukemangaga, undi na we ahita arishyira kuri YouTube.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ijwi ryatanze amakuru akomeye, kuko Corporal Dusabimana ku wa 6 Werurwe 2019 yahise atabwa muri yombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Dusabimana wari wamaze gufatwa yakomeje kuvugana na Pte Muhire, maze aza kumwumvisha ko yaza kumwambutsa umupaka, akora ku witwa Muhire Pacifique wari umumotari muri Uganda (na we ari imbere y\u2019urukiko), baza gutwara mugenzi wabo bagombaga kujyana muri FLN, bahita bafatwa.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p>Pte Muhire anashinjwa ko yinjije muri iyo mitwe abandi batabashije gufatwa barimo Pte Ndagijimana Dan na Caporal Mudatenguha Phocas, bo batarafatwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Harimo kandi Pte Igitego Champagnat, ngo yahuye na Muhire kuri Facebook, bahujwe na Caporal Kayiranga Viateur bari kumwe mu butumwa i Juba. Pte Muhire ngo yajyaga anaboherereza amafoto y\u2019abayobozi b\u2019u Rwanda babashushanyije, hasi ari inyamaswa hejuru ari umuntu, mu rwego rwo kubangisha abantu.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"750\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-4.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-522\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-4.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-4-300x225.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/urub-4-768x576.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Icyo gihe ngo Pte Muhire yamurangiye umusivili Nzafashwanimana Richard wari umumotari mu karere ka Burera, wagombaga kumucikisha agatoroka igisirikare. Nzafashwanimana ngo ni we wambukije Pte Muhire Dieudonn\u00e9 acika kuko yamukuye mu karere ka Musanze, amugeza muri Uganda baciye iy\u2019ibusamo.<\/p>\n\n\n\n<p>Hari n\u2019abandi basirikare batorotse barimo Nshimiyimana Dan, Mudatenguha Phocas bambukijwe n\u2019uwo mumotari. Ngo yanambukije umugore n\u2019abana ba Private Muhire n\u2019ab\u2019abo basirikare bandi.<\/p>\n\n\n\n<p>Source Igihe<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu mwaka ushize mu mezi abanza, nibwo hacicikanye amafoto yerekanaga abarwanyi bari bagize umutwe wa P5 bavirirana kubera amasasu barashwe<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":519,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-518","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/518","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=518"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/518\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":523,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/518\/revisions\/523"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/519"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=518"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=518"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=518"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}