{"id":4970,"date":"2025-08-06T17:31:01","date_gmt":"2025-08-06T17:31:01","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4970"},"modified":"2025-08-06T17:31:02","modified_gmt":"2025-08-06T17:31:02","slug":"ni-ubwa-mbere-turirimbanye-indirimbo-the-ben-mc-tino-muri-giants-of-africa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/08\/06\/ni-ubwa-mbere-turirimbanye-indirimbo-the-ben-mc-tino-muri-giants-of-africa\/","title":{"rendered":"Ni ubwa mbere turirimbanye \u00a0indirimbo The Ben MC Tino muri Giants of Africa"},"content":{"rendered":"\n<p>Kasirye Martin uzwi nka MC Tino, umuhanzi, umunyamakuru n&#8217;umushyushyarugamba w\u2019inararibonye mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ko yatewe ishema n\u2019uburyo yahuriye ku rubyiniro na The Ben, baririmbana bwa mbere indirimbo yitwa Plenty yitiriwe Album ya The Ben.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni indirimbo bombi bakoranye, ariko batari bwahure bayiririmbana ku rubyiniro. Ibi byabaye mu gitaramo cy\u2019amateka cyabaye ku wa Gatandatu, tariki 2 Kanama 2025 muri BK Arena, cyasozaga iserukiramuco rya Giants of Africa ryabereye mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>MC Tino ni umwe mu banyuze imbaga y\u2019abantu ibihumbi bari bateraniye muri iyi nyubako y\u2019imyidagaduro n\u2019imikino. Yaje ku rubyiniro yitabye ubutumire bwa The Ben, banahurira kuri iyi ndirimbo yasohotse kuri album \u2018Plenty Love\u2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, MC Tino yagize ati \u201cNagiye nkorana na The Ben mu bitaramo bitandukanye, ariko kuri Giants of Africa byari akarusho. Twaririmbye indirimbo Plenty yitiriye Album ye, kandi ni njye wayitangiye. Byansabye imbaraga nyinshi kugira ngo nyure abari bakurikiye igitaramo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>MC Tino yavuze ko ari The Ben ubwe wamuhamagaye amusaba kuzamubera umushyitsi wihariye muri iki gitaramo, amusaba kuzaboneka ku wa Gatandatu, undi ntiyazuyaza, arabyemera.<\/p>\n\n\n\n<p>Aravuga ati \u201cYarambwiye ati \u2018ku wa Gatandatu uzaba uhari? Ndashaka ko tuzakorana.\u2019 Naramubwiye nti nta kindi kazi mfite, biranshimisha cyane. Urumva ni ibintu yari yateguye neza, kuko yateguye uko indirimbo ze zizakurikirana, uhereye kuri Habibi.\u201d&nbsp;Arakomeza ati \u201cGuhurira na The Ben ku rubyiniro rwa Giants of Africa ni icyubahiro gikomeye\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"576\" height=\"1024\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwanda-2-576x1024.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4972\" style=\"width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwanda-2-576x1024.jpg 576w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwanda-2-169x300.jpg 169w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwanda-2.jpg 720w\" sizes=\"auto, (max-width: 576px) 100vw, 576px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>MC Tino yavuze ko ahagarara kuri \u2018stage\u2019 imwe n\u2019abahanzi bakomeye bo ku rwego mpuzamahanga nka Kizz Daniel, Timaya na Ayra Starr, byasabaga inzira ndende, ariko The Ben yamweretse icyizere gikomeye nk\u2019inshuti ye n\u2019umunyamwuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cThe Ben ni inshuti yanjye, n\u2019ubwo tudahura kenshi. Imyiteguro yagenze neza, kandi nyuma yo kuva ku rubyiniro abantu benshi banshimiye uko nitwaye. Giants of Africa ni igikorwa gikomeye, ntabwo buri wese aba afite amahirwe yo kuhataramira.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimangiye ko ari igikorwa agiye kuzakomeza gufata nk\u2019igisobanuro cy\u2019urugendo rwe nk\u2019umuhanzi n\u2019umunyabigwi mu myidagaduro y\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cBari bankumbuye, iyo mbonetse kuri \u2018stage\u2019 abantu barishima cyane. Sinari natangajwe ku rutonde rw\u2019abaririmba, niyo mpamvu benshi batunguwe. Nanjye naratunguwe kuko ni agaciro gakomeye. Giants of Africa si igitaramo cy\u2019akarere, ni icy\u2019isi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>MC Tino yavuze ko uretse kuba inshuti ye, The Ben ari umwe mu bahanzi bafite igikundiro gihambaye mu Rwanda no mu mahanga, kandi ko ari we ufite idarapo ry\u2019umuziki w\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cThe Ben ntabwo asanzwe. Afite igikundiro gituruka ku Mana, ni wa muntu ukundwa n\u2019ingeri z\u2019abantu bose. Yarenze urwego rw\u2019igihugu. N\u2019iyo ugereranyije n\u2019abandi bahanzi, ntawamugereranya nabo. Niwe muntu uhagarariye u Rwanda neza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4973\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-768x512.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyar-6-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Yavuze ko ubucuti bwabo bwatangiye kuva mu 2008, ubwo bombi bari bagitangira urugendo rwabo mu muziki. The Ben yinjiye mu muziki ari nako Tino yatangira kumva ko ashobora kugera kure muri uyu mwuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimye kandi ko mu gihe yari amaze kwinjira mu itangazamakuru, yagiye ashyira imbere ibihangano bya The Ben, abimenyekanisha mu bitangazamakuru, ku maradiyo no mu birori binyuranye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNashoboye kumushyigikira mu buryo bushoboka bwose. N\u2019umusanzu nishimira kuba naratanze. Kandi iyo bigeze nko ku wa Gatandatu, akakwiyambaza, ukamubera igisubizo, uba wumva waragize uruhare mu rugendo rw\u2019undi muhanzi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>MC Tino yasohotse muri Giants of Africa nk\u2019umwe mu bitwaye neza. Guhurira ku rubyiniro na The Ben, baririmbana indirimbo Plenty, byamubereye igikorwa cy\u2019amateka. N\u2019ubwo amaze igihe kinini mu ruganda rw\u2019imyidagaduro, avuga ko iki gitaramo kizahora kiri mu byamugize.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4974\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-768x512.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4975\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-768x512.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inyarwa-5-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4976\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-768x512.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/inya-4-1-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Ubwanditsi<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kasirye Martin uzwi nka MC Tino, umuhanzi, umunyamakuru n&#8217;umushyushyarugamba w\u2019inararibonye mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ko yatewe ishema n\u2019uburyo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4971,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[10],"tags":[],"class_list":["post-4970","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imyidagaduro"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4970","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4970"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4970\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4977,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4970\/revisions\/4977"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4971"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4970"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4970"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4970"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}