{"id":4954,"date":"2025-08-06T14:23:48","date_gmt":"2025-08-06T14:23:48","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4954"},"modified":"2025-08-06T14:23:49","modified_gmt":"2025-08-06T14:23:49","slug":"minisitiri-amb-nduhungirehe-yagiranye-ibiganiro-na-mugenzi-we-wa-zimbabwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/08\/06\/minisitiri-amb-nduhungirehe-yagiranye-ibiganiro-na-mugenzi-we-wa-zimbabwe\/","title":{"rendered":"Minisitiri Amb Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Zimbabwe"},"content":{"rendered":"\n<p><em><strong>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubutwererane, Amb Nduhungirehe Olivier yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Zimbabwe, Prof. Dr. Amon Murwira, uri i Kigali mu nama ya Komisiyo y\u2019Ubutwererane hagati y\u2019u Rwanda na Zimbabwe.<\/strong><\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubutwererane yatangaje ko abayobozi bombi baganiriye nyuma y\u2019amasezerano yagiye asinywa n\u2019ingendo z\u2019abayobozi b\u2019ibihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Abaminisitiri bombi bagiranye ibiganiro kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025, aho bitabiriye inama ibaye ku nshuro ya Gatatu, ifatwa nk\u2019urubuga rwo kwagura no kongerera imbaraga umubano w\u2019u Rwanda na Zimbabwe.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda na Zimbabwe byashyizeho za Ambasade i Harare n\u2019i Kigali mu mwaka wa 2019, mu rwego rwo kurushaho kwagura ubutwererane mu nzego zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibihugu byombi bifitanye umubano wihariye ushingiye ku kuba bihuje byinshi mu birebana n\u2019ingano y\u2019ubukungu, abaturage intera y\u2019iterambere n\u2019amateka.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/zimbabwe-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4956\" style=\"width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/zimbabwe-2.jpg 1024w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/zimbabwe-2-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/zimbabwe-2-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Nkuko tubikesha imvaho nshya , u Rwanda na Zimbabwe ku wa 23 Ukuboza 2021 bashyize umukono ku masezerano agamije kwimakaza imikoranire mu burezi no guhererekanya ubumenyi hagati y\u2019ibihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ayo masezerano yasinywe hagati y\u2019ibihugu byombi avuga ko Zimbabwe izoherereza u Rwanda abarimu bo kwigisha amasomo y\u2019icyongereza bagenzi babo bigisha mu mashuri abanza, ayisumbuye na Kaminuza.<\/p>\n\n\n\n<p>Abamaze kugera mu Rwanda bashimirwa umusanzu ntagereranywa batanga mu guteza imbere uburezi mu mashuri yisumbuye nderabarezi, Amashuri Makuru y\u2019Imyuga n\u2019Ubumenyingiro (RP), Amashuri Yisumbuye y\u2019Imyuga n\u2019Ubumenyingiro (TVET) na koleji za Kaminuza y\u2019u Rwanda by\u2019umwihriko muri Koleji y\u2019Ubumenyi mu Buvuzi n\u2019Ubuzima.<\/p>\n\n\n\n<p>Abo barimu bafasha n\u2019abandi bakozi mu zindi nzego zikeneye abantu bakoresha Icyongereza kenshi, u Rwanda rukaba rwaremeranyijwe na Zimbabwe ko ruzakira abarimu 477.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ubwanditsi<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubutwererane, Amb Nduhungirehe Olivier yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Zimbabwe, Prof. Dr. Amon Murwira, uri i<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4955,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4954","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4954","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4954"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4954\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4957,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4954\/revisions\/4957"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4955"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4954"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4954"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4954"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}