{"id":4935,"date":"2025-07-25T15:05:52","date_gmt":"2025-07-25T15:05:52","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4935"},"modified":"2025-07-25T15:11:18","modified_gmt":"2025-07-25T15:11:18","slug":"mu-minota-itatu-amaze-kurohama-umuntu-aba-apfuye-patrick-rukundo-inzobere-mu-koga","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/07\/25\/mu-minota-itatu-amaze-kurohama-umuntu-aba-apfuye-patrick-rukundo-inzobere-mu-koga\/","title":{"rendered":"Mu minota itatu amaze kurohama umuntu aba apfuye&#8217; \u2013 Patrick Rukundo inzobere mu koga"},"content":{"rendered":"\n<p>&#8220;Yabyutse mu gitondo agiye kuroba nk&#8217;uko bisanzwe, imvura yari yiriwe igwa, bigeze nko mu ma saa tanu nibwo batubwiye ko yarohamye agapfa&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Uwo ni Jean Baptiste Nshimiyimana uzwi ku izina rya Bahati wibuka murumuna we Mo\u00efse Rutikanga mu 2017 wari ufite imyaka 20 warohamye agapfa mu rugomero rw&#8217;amazi ruri mu gishanga cya Rugeramigozi hafi ya Kabgayi mu karere ka Muhanga mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Bahati ababazwa n&#8217;uko habuze umuntu utabara Mo\u00efse kugeza ashizemo umwuka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;Kubura umuntu muri ubu buryo atanarwaye kubyumva nk&#8217;ikiremwamuntu biragorana cyane&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Ishami rya ONU ryita ku buzima OMS rivuga ko buri mwaka abantu bagera ku 320,000 bapfa bazize kurohama. Kandi ko nyinshi mu mfu zo kurohama zitabarurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2023 mu Rwanda havuzwe inkuru y&#8217;incamugongo y&#8217;abana b&#8217;abanyeshuri bagera ku 10 bapfuye barohamye mu bwato bwari bubatwaye mu ruzi rwa Nyabarongo.<\/p>\n\n\n\n<p>Imibare yo mu 2024 y&#8217;ikigo cy&#8217;igihugu cy&#8217;ibarurishamibare yerekana ko impfu zivuye ku kurohama zari zigize 1.2% mu mfu zibasiye igitsina-gabo<em>.<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Nubwo imibare yumvikana nk&#8217;iri hasi, hirya no hino mu gihugu hajya humvikana imiryango iri mu gahinda ko gupfusha umuntu warohamye, mu biyaga, imigezi, za &#8216;piscine&#8217;, n&#8217;ingomero zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Patrick Rukundo, ni inzobere mu koga, yabaye umukinnyi w&#8217;ikipe y&#8217;igihugu igihe kirekire. Ubu ni umutoza w&#8217;ikipe y&#8217;igihugu yo koga akaba n&#8217;umwalimu wo koga mu mashuri makuru. Yabwiye BBC Gahuzamiryango ko inshuro nyinshi yatabaye abantu barimo kurohama mbere y&#8217;uko bashiramo umwuka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;Ni kenshi narohoye abantu, mu buryo butandukanye. Bamwe wasangaga atazi koga akisanga ahantu atabasha gukandagira hasi akarengerwa akarohama.<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Ikindi ni igihe umuntu uzi koga ariko akagira ikibazo runaka nk&#8217;umutima, yagera hagati yoga akagira icyo kibazo, nk&#8217;uwo nahuye nawe [ndamurohora].<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Ushobora kugira impanuka iruhande rw&#8217;icyuzi ukaba wagwamo utazi koga, aho naho navanyemo abantu muri ubwo buryo.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mo\u00efse Rutikanga we yari azi koga nk&#8217;uko mukuru we Bahati abivuga, gusa avuga ko batazi neza uko byagenze kuko &#8220;twasanze byarangiye&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Nta makuru arambuye umuryango we wahawe y&#8217;uko byagenze ngo Mo\u00efse apfe arohamye, umuryango we wabaye igihe kinini mu gahinda ko kubura umwana n&#8217;umuvandimwe wabo, nk&#8217;uko abivuga.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>&#8216;Iminota itatu umuntu aba amaze gupfa&#8217;<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Rukundo avuga ko iyo umuntu atazi koga akagera mu mazi maremare akarohama iyo atabonye ubutabazi vuba nta kabuza ahasiga ubuzima.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;Abantu bagira &#8216;resistance&#8217; mu buryo butandukanye ariko iminota itatu mu mazi utazi koga umuntu aba yamaze kurangira, umuntu aba amaze gupfa.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeraho ati: &#8220;Ni yo mpamvu koga ari &#8216;life skill&#8217; cyangwa ubumenyi bukiza buri wese aba akeneye.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Rukundo avuga ko mu Rwanda, cyane cyane mu mijyi, abantu bagenda bitabira kwiga koga, n&#8217;amashuri akabyigisha.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;\u2026bitandukanye n&#8217;igihe cyashize, bivuze ko mu gihe kiri imbere uzasanga hari abantu benshi kurushaho bazi koga.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Inama ku batazi koga<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"441\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/07\/Bbc-2.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-4938\" style=\"width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/07\/Bbc-2.webp 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/07\/Bbc-2-300x165.webp 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/07\/Bbc-2-768x423.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Abantu, barimo n&#8217;abatazi koga, bakunda kuruhukira ahantu hari amazi menshi kubera ubwiza bwaho, umuyaga mwiza, no kwidagadura.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kwirinda impfu zivuye ku kurohama, inama iruta izindi Patrick Rukundo atanga ku bantu &#8220;ni ukugana kwiga koga&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;Iyo uzi koga hari ikintu kinini mu buzima uba wungutse gishobora kugufasha kwitabara, kandi ukaba watabara n&#8217;abandi.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Naho ku muntu utazi koga ati: &#8220;We namugira inama yo kwirinda kwegera amazi menshi, cyangwa yayegera akamenyesha umuntu ushinzwe aho hantu hari amazi kugira ngo uwo muntu amushyireho amaso.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Bahati we kuva yapfusha murumuna we yumva &#8220;ari nk&#8217;ibishoboka byagahagaze abantu ntibicwe n&#8217;amazi&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p>Source: BBC<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>&#8220;Yabyutse mu gitondo agiye kuroba nk&#8217;uko bisanzwe, imvura yari yiriwe igwa, bigeze nko mu ma saa tanu nibwo batubwiye ko<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4937,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[12],"tags":[],"class_list":["post-4935","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imibereho-myiza"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4935","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4935"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4935\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4939,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4935\/revisions\/4939"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4937"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4935"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4935"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4935"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}